Yasezeye ku kazi yinjira mu bworozi bumwinjiriza miliyoni 50Frw ku mwaka

Shirimpumu Jean Claude uhagarariye aborozi b’ingurube ku rwego rw’igihugu, yafashe icyemezo asezera ku kazi ka Leta ayoboka ubworozi bw’ingurube.

Ubworozi bw'ingurube abumazemo imyaka irindwi
Ubworozi bw’ingurube abumazemo imyaka irindwi

Uwo mugabo uvuka mu Murenge wa Kageyo mu Karere ka Gicumbi, avuga ko mu myaka irindwi amaze ari rwiyemezamirimo yorora ingurube. Avuga ko kuba umworozi w’ingurube bitamuteye ipfunwe nyuma yo gusezera mu kigo gishinzwe kwita ku buzima.

Yaretse akazi kamuhembaga umushahara uri hagati y’ibihumbi 800Frw na 900Frw ku kwezi, amafaranga yemeza ko abantu benshi batasiga ngo bajye mu bworozi.

Agira ati “Nari nsanzwe nkorana na Guverineri Gatabazi mu kigo cy’igihugu cy’ubuzima mpembwa amafaranga menshi ariko ndeka ako kazi njya kwikorera. Ntabwo banyirukanye ninjye wifatiye icyo cyemezo.”

Yemeye kureka akazi ka Leta yita ku bworozi bw'ingurube
Yemeye kureka akazi ka Leta yita ku bworozi bw’ingurube

Avuga ko buri kwezi agurisha ingurube zisaga ijana akagira ingurube 600 zihoraho ubu zikaba zimaze kumugeza kuri byinshi.

Ati“buri kwezi ngurisha ingurube zisaga 100 kandi nkagira ingurube 600 zihoraho. Niba mu mwaka ngurisha ingurube 1200 ku mafaranga ari hagati y’ibihumbi 30 na 50 murumva ko ibyo byonyine ntabaze ibindi nzikuramo, bimpa amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyoni 50.”

Avuga ko ubworozi bw’ingurube butamugora kuko ingurube yororoka cyane ishobora kubyara iziri hagati ya 60 na 80. Ibi bikaba byaratumye ageze ku rwego rwo guhemba bamwe mu bakozi akoresha amafaranga angana n’ayo yakoreraga muri Leta.

Ati “Mfite abakozi 10 bahoraho hafi ya bose barangije kaminuza aho mbahemba aruta ayo nahembwaga ngikorera Leta. Mfite n’umudogiteri Veterineri.”

Avuga ko mu mwaka ingurube ishobora kororoka izigera muri 80
Avuga ko mu mwaka ingurube ishobora kororoka izigera muri 80

Shirimpumu avuga ko icyororo cy’ingurube agikura mu mahanga akavuga ko ikibwana kimwe cy’ingurube kimugeraho gihagaze agera ku bihumbi 900Frw.

Ingurube imaze gukura ayigurisha ku biro, aho agurisha ikiro kimwe ku 3.000Frw ku yo korora. Naho iyo ari ingurube yabagiye abashaka kugura inyama zo kurya ikiro akigurisha 2.500Frw.

Avuga ko mu byo ingurube zamugejejeho adashimishwa n’imitungo n’ubwo nayo ayifite irimo imodoka zirenze imwe n’inzu yiyubakiye. Avuga ko yashimishijwe no kwirihira kaminuza akabasha no kurihira umugore we ubu ufite akazi.

Shirimpumu arakangurira urubyiruko kugana ubworozi bw'ingurube
Shirimpumu arakangurira urubyiruko kugana ubworozi bw’ingurube

Ariko ikiruta byose kuri we ni uko yashoboye gufasha abandi. Kuri ubu arihira abana batatu arera amashuri ya kaminuza , hakiyongeraho abe batatu nabo arihira amashuri yisumbuye.

Mu mitungo afite harimo isambu akoreramo ubworozi yaguze miliyoni 25Frw, akaba no mu nzu yaguze miliyoni 40Frw.

Akangurira urubyiruko kumugana akarufasha kwihangira imirimo mu bworozi bw’ingurube, aho afite ingamba zo guhaza inyama amasoko yose y’u Rwanda agasagurira n’amahanga.

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Gatabazi Jean Marie Vianney wakoranye na Shirimpumu aramushima ku iterambere amaze kugeza mu Ntara y’Amajyaruguru, agasaba abaturage kumwigiraho baharanira kwiteza imbere.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 15 )

Contact zanjye ni 0788590416. Kandi mwarakoze ku bitekerezo byiza byubaka mwatanze.

Jean Claude SHIRIMPUMU yanditse ku itariki ya: 13-12-2018  →  Musubize

NIBYIZA TURABASHIMYE

MUHOZA yanditse ku itariki ya: 12-05-2018  →  Musubize

mwadufasha tukabona address ze gute? mwaba mukoze cyane

Niyomufasha Deborah yanditse ku itariki ya: 8-01-2018  →  Musubize

Muraho neza mwese!! yego yayanditse neza ariko ari utwamucitse:
1. mu bakozi 10nkoresha 2 nibo barangije kaminuza
2. n’utundi tutayobya uyisoma.
Ariko igikuru n’uko kwikorera ari byiza kdi bigirira ubikoze n’abandi benshi.
Contact ni 0788590416 na [email protected]

jean claude shirimpumu yanditse ku itariki ya: 16-11-2017  →  Musubize

nishimiye kumenyako hari iryohuriro ise hari nabahagarariye aborozi b’ingurube i rubavu

JEAN PIERRE SIBOMANA yanditse ku itariki ya: 7-08-2019  →  Musubize

Ndi umwe mu baherutse kugura icyororo kwa Shirimpumu ingurube ze ni nziza nabashishikariza kumuguraho icyororo
Umpamagaye kuri 0787510331 nagufasha kumubona

Adriel yanditse ku itariki ya: 16-11-2017  →  Musubize

Byizacyne kuri shirimpumu Ariko dufite ikibazo cyo kumubona cg tukabona adresse akagusobanurira bihagije murakoze

Hesron yanditse ku itariki ya: 15-11-2017  →  Musubize

nyirangiza kwiza nakoze umushinga wubworozi bw’ingurube kubera ubumenyi buke bwuko bikorwa zagendaga zipfa,zikarwara bityo umusaruro ukaba mucye.ngendeye kuko nange nabigerrageje ingurube zigiramu umusaruro uhagije.turifuza cantact kugirango atubwire uko bikorwa murakoze.

samuel yanditse ku itariki ya: 15-11-2017  →  Musubize

Muduhe contact ziwe e_mail cg telefone

Twagirumukiza Protogene yanditse ku itariki ya: 15-11-2017  →  Musubize

Iyi ni nkuru nziza , mwaduha contact za Shirimpumu Jean Claude, kugirango atugire inama,Hari inama nziza zafasha urubyiruko.
murakoze

Sandra yanditse ku itariki ya: 15-11-2017  →  Musubize

Muduhe nimoroze atugire inama

chady yanditse ku itariki ya: 14-11-2017  →  Musubize

Mwamfasha nkabona address ye ko mukeneye ngo ampe icyororo

kan yanditse ku itariki ya: 14-11-2017  →  Musubize

Mpamagara kuri 0727496094 nguhuze na we

Alias yanditse ku itariki ya: 16-11-2017  →  Musubize

Turabashimira inkuru z’iterambere ribereye umunyarwanda.
Byaba byiza muturangiye neza uko ushaka kumwigiraho yamugeraho vuba.
Mugire amahoro!

Alias yanditse ku itariki ya: 14-11-2017  →  Musubize

Ni vyiza gose natwe abari iburundi turabisoma bikatunezera,natw turipfuza kuza kumwigirah ubumeny kuko nintwari

Ernest yanditse ku itariki ya: 19-01-2019  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka