Rwamagana: Hagiye kubakwa Gare nshya izatwara asaga miliyoni 789RWf

Ku bufatanye bw’Akarere ka Rwamagana, n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe gutwara abagenzi RFTC, mu Karere ka Rwamagana hatangiye kubakwa Gare nshya, izatwara akayabo ka 789,124,162 Frw.

Mu gihe cy'imvura,abakoresha iyo baburaga aho bugama
Mu gihe cy’imvura,abakoresha iyo baburaga aho bugama

Iyo Gare yatangiye, kubakwa ngo ni igikorwa cy’iterambere, ariko kije no gukemura ikibazo cy’izuba ndetse n’imvura yanyagiraga abagenzi kubera kubura aho bugama, nk’uko bamwe mu bagenzi babitangarije Kigali Today.

Nikuze Anisie yagize ati”Tugiye kubona aho dutegera hisanzuye kandi hajyanye n’igihe, kandi tuzanabona aho kwicara mu gihe dutegereje imodoka.”

Sinzinkayo Emmanuel ucuruza amatike muri iyo Gare, avuga ko iyo Gare ije ari igisubizo, ngo kuko iyo imvura yagwaga byababeraga imbogamizi kubona aho bugama, ndetse ngo n’ibikoresho bakoresha byangirikaga cyane.

Muri iyo Gare wasangaga ibidendezi by'amazi areka imvura ihise
Muri iyo Gare wasangaga ibidendezi by’amazi areka imvura ihise

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana Mbonyumuvunyi Radjab atangaza ko iyo Gare izubakwa mu byiciro bibiri birimo, icyiciro cyo kubaka inyubako ziciriritse zikubakwa mu mezi atatu gusa , noneho inzu y’igorofa izakorerwamo ubucuruzi n’indi mirimo itandukanye ikubakwa nyuma.

Ati “Mu masezerano twagiranye na RFTC twabahaye ubutaka, bo bagomba gushyiramo inyubako. Iyi nyubako ikaba izongera byinshi mu iterambere ry’akarere, kuko umujyi uzaba usa neza, kandi ibikorwa by’ubucuruzi biziyongera”.

Bamaze gutegura amabuye yo kuvugurura Gare
Bamaze gutegura amabuye yo kuvugurura Gare

Aho bateganya kwagurira ibikorwa bya Gare hatangiye gutunganywa, abari bahatuye bamaze guhabwa ingurane, ku buryo mu mezi atatu ngo zimwe mu nyubako ziciriritse zizaba zatangiye kuzura zikorerwemo.

Aho bazagurira Gare hamaze gutunganywa n'abaturage bamaze guhabwa ingurane z'ubutaka bwabo
Aho bazagurira Gare hamaze gutunganywa n’abaturage bamaze guhabwa ingurane z’ubutaka bwabo
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka