Reba ibiro bishya by’Akarere ka Nyamasheke byuzuye bitwaye arenga miliyari

Abayobozi n’abakozi b’Akarere ka Nyamasheke ntibazongera gukorera mu nzu zishaje babyigana kuko batashye inyubako nshya bazajya bakoreramo.

Ibi biro bishya by'Akarere ka Nyamasheke byuzuye bitwaye arenga miliyari imwe
Ibi biro bishya by’Akarere ka Nyamasheke byuzuye bitwaye arenga miliyari imwe

Ibyo biro bishya by’Akarere ka Nyamasheke byatashywe ku mugaragaro na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka kuri uyu wa kane tariki ya 02 Ugushyingo 2017.

Iyo nyubako yuzuye itwaye arenga Miliyari imwe na miliyoni 560RWf. Ifite ibyumba 43 bizakorerwamo n’abakozi 75 bagize inzego zose z’akarere. Ifite kandi ibyumba by’inama bitatu n’ubusitani bwitegeye ikiyaga cya Kivu.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, Kamali Aimé Fabien avuga ko n’ubwo iyo nyubako yatwaye amafaranga menshi agaciro kayo gakomeye ari ibizakorerwamo.

Agira ati “Iyi nyubako itwibukije aho tuvuye n’aho tugeze tugana inshingano zacu. Ni ugusigasira ibyo twagezeho, kwihuta no gukoresha imbaraga, ubwitange no gukunda abo tuyobora mu bufatanye butajegajega.”

Ibyo biro by'Akarere ka Nyamasheke birimo ibyumba 43 bizakorerwamo n'abakozi 75
Ibyo biro by’Akarere ka Nyamasheke birimo ibyumba 43 bizakorerwamo n’abakozi 75

Minisitiri Kaboneka yashimiye ubufatanye bw’abikorera n’ubuyobozi bw’akarere mu kubaka ibiro by’akarere bishya.

Yakomeje yibutsa abakozi b’Akarere ka Nyamasheke ko imikorere yarangwaga mu nzu ishaje igomba guhinduka ikajyana n’ibiro bigezweho bimukiyemo.

Agira ati “Byaba bibabaje gukorera mu nzu nk’iyi ariko serivisi ziyitangirwamo zipfuye. Mujye mutega abaturage amatwi mubahe ibibakwiye.”

Minisitiri Kaboneka niwe watashye iyo nyubako y'ibiro by'Akarere ka Nyamasheke
Minisitiri Kaboneka niwe watashye iyo nyubako y’ibiro by’Akarere ka Nyamasheke

Iyo nyubako nshya y’Akarere ka Nyamasheke yari yaradindiye kuko yatangiye kubakwa mu mwaka wa 2013.

Byari biteganijwe ko yuzura mu mwaka wa 2015 ariko ntibyakunda kuko hari harabuze amakaro yakorewe mu Rwanda.

Iyo nyubako y’akarere ije isanga umuhanda mushya wa kaburimbo wa Kivu Belt uva i Rusizi ukagera i Rubavu.Witezweho gukomeza kuzamura imibereho myiza y’abatuye Akarere ka Nyamasheke.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 10 )

Turashima serivise nziza itangwa.

Niyobuhungiro Aaron yanditse ku itariki ya: 19-06-2019  →  Musubize

Good, looking nice.

VENUSTE yanditse ku itariki ya: 21-06-2018  →  Musubize

turashima service nziza zitangwa nakarere ka Nyamashke birashimishje iyaba abantu bose bakoraga nkuko mukora byaduteza imbere amavuriro arigutanga service zitanoze urugero ivuriro rya ruvumbu

ntakirutimana pierre yanditse ku itariki ya: 20-06-2018  →  Musubize

Turashima inzego zose z’akarere ka Nyamasheke serivisi inoze zitanga.Mukomereze aho!

Niyobuhungiro Aaron yanditse ku itariki ya: 19-06-2019  →  Musubize

Waaaa!!!nibyizacyane nyamasheke nihorekwisonga utunditureretuyigureho! OK vus meya wimiberehomyiZa wakarere kanyamasheke akora,akazi ashinzweneza ndamusuhuje!bakomerezoe aho.

kwizera gilbert yanditse ku itariki ya: 20-12-2017  →  Musubize

Waaaa!!!nibyizacyane nyamasheke nihorekwisonga utunditureretuyigureho! OK vus meya wimiberehomyiZa wakarere kanyamasheke akora,akazi ashinzweneza ndamusuhuje!bakomerezoe aho.

kwizera gilbert yanditse ku itariki ya: 20-12-2017  →  Musubize

Turashimira l’etat y’urwanda kumahirwe ikomeza kutugezaho nk’umuyoboro w’iterambere Umuhanda kivu Berte ndimo kuwukorera inyigo y’uburyo ngomba kuwubyaza umusaruro from Nyamasheke to Rubavu mubijyanye n’ubucuruzi.
kdi nibyiza ko tugira bureau nziza zikinyagihumbi
niba dutaha mu mazu meza
twakanakoreye ahantu heza
nkahariya.

Bizimana Jean Baptiste yanditse ku itariki ya: 2-11-2017  →  Musubize

mbashimiye uburyomukora akazikanyuneza nibyiza twishimiye iterambere turikunjyamo.mukore ubuvugizi umuhanda uva kirengere gafunzo buhanda kirinda gasharimubirambo ugakomezarubingera murakoz nkunda amakurumutugezaho.

tuyisabe claver yanditse ku itariki ya: 2-11-2017  →  Musubize

Ni byiza cyane. ibyiza biri imbere.n’ibitari ibi bizaza.ahasigaye ni ukubyaza umumaro amahirwe yose dufite mu karere kacu. Abaturage bacu bagakirigita ifaranga.

NZEYIMANA ALOYS yanditse ku itariki ya: 2-11-2017  →  Musubize

eh nibyo kwishimira,akarere kacu kabaye nka city tower yo mumugi wa kigaki pee!kamali ni umuntu wumugabo njyewe mwemereye Akantu kava muri BRARIRWA,uwakoze neza abakwiye gushim
irwa ntihagire ugira ishyari,uturere dufite inyubako zitameze neza bajye batwigiraho

JOEL MBONABUCYA yanditse ku itariki ya: 3-11-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka