Burera: Hagiye gutangira uruganda rw’imyenda ruzaha akazi abantu 600

Abakunda kurimba, bambara imyenda myiza itari caguwa bagiye gusubizwa kuko mu Karere ka Burera hagiye gutangira uruganda rukora imyenda y’ubwoko butandukanye.

Urwo ruganda rw'imyenda rukorera mu gakiriro ka Burera kari mu murenge wa Rugarama
Urwo ruganda rw’imyenda rukorera mu gakiriro ka Burera kari mu murenge wa Rugarama

Urwo ruganda rwitwa "Burera Garment" biteganijwe ko ruzatangira ku mugaragaro muri Mutarama 2018. Ruzatangira rutwaye Miliyari imwe na Miliyoni 350RWf.

Kuri ubu, urwo ruganda rwubatse mu Murenge wa Rugarama, rwatangiye igerageza ku buryo hatangiye gukorwa imyenda irimo amashati, amakoti n’imipira yo kwambara.

Rurimo imashini 280 zikora imirimo itandukanye irimo kudoda, gukata ibitambaro no gutera ibifungo ku myenda imaze kudodwa.

Nirutangira gukora neza ngo ruzaba rurimo imashini 380, rukoresha abakozi 600 bakora amanywa n’ijoro ku buryo ngo ku mwaka bazaba bafite ubushobozi bwo gukora imyenda miliyoni eshanu.

Zimwe mu mashini zidoda imyenda
Zimwe mu mashini zidoda imyenda

Niyonzima Jean Marie, umuyobozi wa "Burera Garment" avuga ko kuri ubu bari guhugura abakozi bazajya bakoresha izo mashini ku buryo ngo nibatangira gukora hazaboneka imyenda myinshi y’ubwoko butandukanye.

Agira ati “Ubwoko bw’imyenda dushobora gukora harimo ‘Jeans’, amashati meza ya Cotton, dushobora gukora imyenda ya siporo, amakote y’imbeho n’ibindi.

Ubwo bushobozi imashini zirabufite kandi n’abakozi turimo kwigisha barimo kubishobora ku buryo imyenda tuzaba twakoze hano izaba ntaho itaniye n’iyo mu Burayi n’ahandi. Ku buryo tuzasimbura caguwa mu buryo butaruhanije.”

Akomeza avuga ko iyo myenda izajya icuruzwa mu Rwanda ndetse no hanze ya rwo aho bayikeneye hose.

Ngirabakunzi Didas, umuyobozi wa koperative y’abadozi ikorera muri urwo ruganda avuga ko bafite imashini zifite ubushobozi bwo gukora imyenda myiza kandi ikomeye.

Agira ati “Kuko n’ubumenyi n’ubushobozi tubifite, izi mashini tuzazibyaza umusaruro kandi mu gikorwa cya ‘Made in Rwanda’ tuzajya imbere.”

Iyi shati yakorewe muri urwo rugandaa rw'imyenda rwo muri Burera
Iyi shati yakorewe muri urwo rugandaa rw’imyenda rwo muri Burera

Uzamuranga Caritas uboha imipira avuga ko nk’abatuye Intara y’Amajyaruguru bajyaga gushaka imipira mu bihugu bituranye n’u Rwanda basubijwe.

Agira ati “Ubu natwe kubera ko twabonye imashini zigezweho turakora iyo mipira ku buryo nta muntu uzongera kuva mu Rwanda agiye muri Uganda gushakayo imipira.”

Gusa ariko urwo ruganda rufite imbogamizi zo kutabona ibitambaro byo gukoramo imyenda kuko babikura hanze y’igihugu.

Bahamya ko iyo ibyo baguze bishize bitaborohera guhita babona ibindi, bigasaba ko akazi kaba gahagaze bagategereza ibindi. Ariko ngo ibyo bizagenda bikemuka.

Iyi mashini ikora akazi ko gutera ibipesu gusa
Iyi mashini ikora akazi ko gutera ibipesu gusa
Wandika umubare w'imyenda ushaka muri iyi mashini ubundi igahita iyigukorera
Wandika umubare w’imyenda ushaka muri iyi mashini ubundi igahita iyigukorera
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

yes umusaza rwenderanya

augustin yanditse ku itariki ya: 16-09-2017  →  Musubize

urwo ruganda niterambere ryiza cyane, kandi twizeyeko bazadukorera imyenda myiza ibereye umunyarwanda .

Nidufashe Olivier yanditse ku itariki ya: 16-09-2017  →  Musubize

Mwiriwe neza kubijyanye nikibazo bafite jyewe nabafasha kubijyenye nibitambaro iyombogamizi igashira kandi ibitambora byiza equality nziza nibabishoboka mwaduhuza banyuruganda twavugana tugateze imbere ibyiwacu.murakoze Imana

Mwiseneza yanditse ku itariki ya: 16-09-2017  →  Musubize

Mwiriwe neza nibyiza kumva uruganda mwatanga akazi kubenegihunga bangana kumubare ungana uko.so kubijyanye nikibazo bafite jyewe nabafasha kubijyenye nibitambaro iyombogamizi igashira kandi ibitambora byiza equality nziza nibabishoboka mwaduhuza banyuruganda twavugana tugateze imbere ibyiwacu.murakoze Imana ibagirire neza

Mwiseneza yanditse ku itariki ya: 16-09-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka