Umuyobozi wa Banki ya Kigali, Dr Diane Karusisi, yasabye abaturage b’Akarere ka Nyagatare kwifashisha amahirwe bahawe bakaka inguzanyo z’ubuhinzi n’ubworozi kuko kuba bari ku kigero cya 0.3% ku nguzanyo zatswe mu Gihugu cyose ari nk’igisebo mu gihe Akarere gakungahaye mu buhinzi n’ubworozi.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ibyoherezwa mu mahanga bikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB), kigaragaza ko icyayi cyiza ku isonga mu bihingwa u Rwanda rwohereza hanze byinjiriza Igihugu amadovise menshi.
Abikorera mu Turere tune tw’Intara y’Iburasirazuba barasaba Banki ya Kigali (BK) kurushaho kubegera kugira ngo barusheho kubyaza umusaruro amahirwe aboneka mu Ntara.
Ubuyobozi bw’ikigega gitera inkunga imishinga y’iterambere (BDF) bwatangaje ko bugiye guhagarika ishoramari nterankunga ku mishinga mito n’iciriritse (SMEs) nyuma yo gusanga ubwo buryo butarimo gutanga umusaruro neza.
Mu cyanya cyahariwe inganda mu Kagari ka Rutaraka, Umurenge wa Nyagatare, hashize amezi atatu hatangijwe uruganda rukora ifu ya kawunga, ariko kubera kutagira imashini yumisha umusaruro, ntirukora buri munsi.
Abenshi mu batuye Akarere ka Nyabihu, by’umwihariko abo mu Murenge wa Mukamira n’indi iwukikije, bamaze imyaka 12 mu rujijo, nyuma y’uko uruganda rwa Maiserie Mukamira rufunzwe, ariko ubu rukaba rugiye kongera gukora.
Ubuyobozi bw’uruganda rukora sima rwa (Angia Cement Prefabricated) rurimo kubakwa mu Karere ka Muhanga, buratangaza ko imirimo igenda neza kandi ko n’ibikoresho bikorwamo bizakenerwa bizaboneka kuko hari n’ibizajya biva mu bihugu bituranyi by’u Rwanda.
Urwego rw’ubukerarugendo n’ibijyanye no kwakira abantu, rushobora kuba rugiye kubona andi maboko, nyuma y’uko abashoramari bo muri Turkey bibumbiye mu kitwa ‘Turkish Doğuş Group’, bagaragaje ko bifuza gushora imari yabo mu Rwanda.
Madamu wa Perezida wa Repubulika Jeannette Kagame yashimye ibikorwa by’Ikigo Inkomoko, avuga ko ari impano ku bantu bose, anasaba abagenerwabikorwa bayo kwaguka mu bitekerezo no mu byo bakora.
Ibigo bigize BK Group byatangarije abanyamigabane babyo hamwe n’abakiriya muri rusange, ko byungutse miliyari 28 na miliyoni 300 z’amafaranga y’u Rwanda mu gice cya mbere cy’umwaka wa 2022.
Banki ya Kigali (BK) yatangije ishami rishinzwe gutanga amahugurwa no kongerera ubumenyi abakozi bashya ndetse n’abari basanzwe mu kazi, (BK Academy). Ni ishami rizafasha mu gukemura ikibazo cy’imishinga imwe n’imwe itahabwaga inguzanyo, bitewe n’ubumenyi buke bw’abakozi ba Banki kuri bimwe mu byiciro binyuranye birimo (...)
Nyuma yo gusanga ubuhinzi n’ubworozi ari bimwe mu bikenerwa na benshi mu mibereho ya buri munsi, ikigo cy’imari giciriritse cyitwa Iwacu Finance, kivuga ko cyiyemeje gukorana n’abantu batandukanye mu kubaha inguzanyo, muri bo hakaba harimo n’abakora ubuhinzi n’ubworozi.
Kompanyi y’Igihugu y’ubwikorezi bwo mu kirere, RwandAir, irateganya gutangira gukorera ingendo zijya i Paris mu murwa mukuru w’u Bufaransa, ibintu abantu batandukanye bakora ‘business’ bafata nk’amahirwe adasanzwev mu ishoramari.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’ibihugu bivuga Igifaransa (La Francophonie), Louise Mushikiwabo, yasabye abashoramari b’Abanyarwanda kubyaza umusaruro amahirwe ari mu bihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa. Ibyo yabivugiye mu kiganiro n’Abanyamakuru ubwo yari mu nama ya ‘La Francophonie’ ivuga ku bukungu n’ubucuruzi (...)
Urubyiruko rw’Abanyarwanda baba mu mahanga barishimira serivisi zo kubitsa no kubikuza bashyiriweho na BK, kuko zizabafasha mu buzima bwa buri munsi mu gihe bari mu Rwanda cyangwa bari mu mahanga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro n’abafatanyabikorwa bako, batashye inyubako yazamuwe ahahoze Sonatubes mu Murenge wa Kicukiro. Yitwa Silverback Mall ikazakorerwamo ibikorwa bitandukanye by’ubucuruzi n’ibiro.
Ubuyobozi bw’uruganda rwa CIMERWA rukora sima, buratangaza ko mu gice cya mbere cy’umwaka w’imari, ni ukuvuga mu mezi atandatu yarangiye tariki 31 Werurwe 2022, urwo ruganda rwacuruje Miliyari 44 z’Amafaranga y’u Rwanda, hakaba harimo inyongera ya 45% bagereranyije n’ayo bacuruje mu gihe nk’icyo mu mwaka wabanje.
Banki ya Kigali (BK) ifatanyije n’ikigo cyitwa Inkomoko bateguye irushanwa rizwi nka ‘BK-Urumuri’ rigiye kuba ku nshuro ya gatandatu, rigamije gushakisha ba rwiyemezamirimo 25 bahanze udushya bakazahabwa inguzanyo zizishyurwa nta nyungu.
Banki ya Kigali (BK) yahawe igihembo cya banki ihiga izindi mu Rwanda muri 2022, mu bihembo ngarukamwaka bitangwa na Global Finance, bikaba bihabwa amabanki n’Ibigo by’imari ku isi, iki kikaba gitanzwe ku nshuro ya 29.
Nyuma y’ibiganiro bagiranye n’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), bamwe mu bashoramari bari mu Rwanda baturutse mu Bubiligi, bavuga ko u Rwanda ari igihugu cyiza cyorohereza abashoramari ndetse ko biteguye gushora imari yabo mu bijyanye n’ubwubatsi bugezweho.
Ubu bufatanye bushya buzafasha Smart Africa Alliance, nk’urwego rukuru ku mugabane rushinzwe gushyiraho gahunda y’ikoranabuhanga muri Afurika, gukorana na AfricaNenda. Uyu muryango nyafurika washyizweho mu rwego rwo kwihutisha iterambere ry’uburyo bwo kwishyurana byihuse kandi bunoze, winjiye muri ubwo bufatanye i Kigali (...)
Kuri uyu wa Gatanu tariki 04 Werurwe 2022, Banki ya Kigali(BK Plc) yafunguye Ikigo(Mortgage Center) kiri i Remera (hafi ya Sitade Amahoro) kizajya cyakira abantu bifuza kugura inzu zishyurwa gake gake (buri kwezi).
Ubuyobozi bwa Banki ya Kigali bwijeje abakiriya kuborohereza serivisi babagezaho hakoreshejwe ikoranabuhanga, bubasaba kwirinda kugendana amafaranga kuko bigira ingaruka.
Mu ruzinduko Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali (BK), Dr Diane Karusisi, yagiriye mu Ntara y’Amajyaruguru, asura amashami y’iyo Banki akorera muri iyo Ntara, yijeje abakiriya bayo Serivisi nshya zibafasha gukoresha neza igihe.
Twahirwa Ludovic wamenyekanye cyane ku izina rya Dodo yavukiye mu Majyaruguru ya Uganda ahagana mu 1960, akaba yaravutse ku mpunzi z’Abanyarwanda. Avuga ko yakuze abona inka nk’ikintu cy’ingenzi kuko avuka mu muryango w’abatunzi wari ufite inka nyinshi, aho nta bundi buhanga byamusabye ngo ajye kwiga bwo kuba mu buzima (...)
Abanyamuryango ba Koperative Umwalimu SACCO bo hirya no hino mu gihugu bahuguwe n’iyo koperative ifatanyije n’Ikigo cy’igihugu cy’amahugurwa y’amakoperative, ba rwiyemezamirimo, n’ibigo by’imari iciriritse (RICEM) ku bijyanye no kumenya gutegura no gucunga neza imishinga y’iterambere bakora cyane cyane bifashishije (...)
Mu rwego rwo kwihutisha iterambere hashyigikirwa ishoramari, Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe ingufu (REG) ku bufatanye n’abandi baterankunga batandukanye, bashyizeho gahunda yo korohereza abashoramari bifuza gutangiza ibikorwa byabo mu Rwanda aho bahabwa umuriro nta kiguzi. REG ibubakira umuyoboro w’amashanyarazi kugeza ku (...)
Ubuyobozi bw’ikigega gifasha abashaka inguzanyo kubona ingwate (BDF), buravuga ko bamaze gufasha imishinga hafi ibihumbi 45 mu myaka 10 bamaze bakora.
Abantu batandukanye bakora mu rwego rw’amakoperative bavuga ko basanga hakenewe kongera imicungire n’imiyoborere myiza muri Koperative zo mu Rwanda, kugira ngo zishobore gutera imbere mu bijyanye no gucunga bizinesi, zibe ibigo bibyara inyungu kandi bikora kinyamwuga.
Ubuyobozi bw’uruganda rwa CIMERWA bwagaragaje uko ibikorwa byabo by’ubucuruzi byagenze mu mwaka w’ingengo y’imari ushize (guhera mu kwezi k’Ukwakira 2020 kugeza muri Nzeri 2021), bugaragaza ko muri rusange babonye inyungu ishimishije.