Amakipe yageze ku mukino wa nyuma w’Umurenge Kagame Cup yamenyekanye

Mu marushanwa Umurenge Kagame Cup 2024 amaze amezi ane akinwa mu mupira w’amaguru, umukino wa nyuma uzahuza ikipe y’Umurenge wa Kimonyi ihagarariye Akarere ka Musanze n’Intara y’Amajyaruguru, n’ikipe y’Umurenge wa Rubengera ihagarariye Akarere ka Karongi n’Intara y’Iburengerazuba.

Ikipe ya Rubengera (iburyo) n'iya Kimonyi
Ikipe ya Rubengera (iburyo) n’iya Kimonyi

Ayo makipe yamaze kubona itike yo gukina umukino wa nyuma, atsinze mu mikino ya ½, aho ku itariki 20 Mata 2024 mu mukino wabereye kuri Sitade ya Muhanga, ikipe y’Umurenge wa Rubengera yasezereye iy’Umurenge wa Nyarugenge yari ihagarariye Akarere ka Nyarugenge n’Umujyi wa Kigali muri ayo marushanwa, iyitsinze ibitego 3-0.

Na ho mu mukino wabereye i Shyorongi utangizwa na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice, ikipe ya Kimonyi yo mu Karere ka Musanze ihagarariye Intara y’Amajyaruguru, yatsinze ikipe ya Jabana ihagarariye Akarere ka Gasabo n’Umujyi wa Kigali igitego 1-0.

Umukino wa nyuma uzahuza ikipe y’Umurenge wa Kimonyi (Musanze) n’ikipe y’Umurenge wa Rubengera (Karongi) ku itariki 5 Gicurasi 2024, kuri sitade Umuganda i Rubavu.

Ikipe y'Umurenge wa Rubengera nyuma yo gutsinda iy'Umurenge wa Nyarugenge
Ikipe y’Umurenge wa Rubengera nyuma yo gutsinda iy’Umurenge wa Nyarugenge

Ayo makipe yageze ku mukino wa nyuma, agiye guhura ku nshuro ya gatatu muri iri rushanwa, aho mu mikino y’amajonjora ku rwego rw’Intara, Kimonyi yasuye Rubengera i Karongi iyitsindirayo igitego 0-1, na ho mu mukino wo kwishyura, Rubengera na yo itsindira Kimonyi kuri Sitade Ubworoherane igitego 1-0, hitabajwe penaliti Rubengera ikuramo Kimonyi nyuma yo kwinjiza penaliti 4-2.

Nyuma yo gutsindwa na Rubengera, byabaye ngombwa ko harebwa ikipe yitwaye neza mu makipe yatsinzwe (Best Loser), Kimonyi izamuka ityo.

Kuba ayo makipe agiye guhura ku nshuro ya gatatu, ni kimwe mu bizakomeza uyu mukino, aho abakinnyi b’ikipe ya Kimonyi bakubita agatoki ku kandi, bavuga ko nta kabiri ku mugabo, mu gihe Rubengera ivuga ko abayitsinze ntaho bagiye, ko bazayisubira.

Ubwo Kimonyi yabonaga itike yo guhagararira Intara y’Amajyaruguru ku rwego rw’Igihugu, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kimonyi, Mukasano Gaudence, yabwiye Kigali Today ko Kimonyi ifite ibikombe by’amarushanwa Umurenge Kagame Cup, yatwaye inshuro zigera kuri eshanu yikurikiranya.

Gitifu w'Umurenge wa Kimonyi, Mukasano Gaudence yishimana n'abafana ubwo ikipe ye yari imaze kubona itike yo guhagararira Intara y'Amajyaruguru
Gitifu w’Umurenge wa Kimonyi, Mukasano Gaudence yishimana n’abafana ubwo ikipe ye yari imaze kubona itike yo guhagararira Intara y’Amajyaruguru

Yemeza ko uyu mwaka ari uwo gutwara icyo gikombe ku rwego rw’Igihugu, aho yemeje ko ibanga ryo kwiharira ibyo bikombe ku rwego rw’akarere, ari uguhatana kuranga abakinnyi n’abayobozi baharanira imiyoborere myiza mu murenge wabo, no gushyira umuturage ku isonga nk’uko biri muri gahunda ya Perezida Paul Kagame.

Uwo muyobozi yavuze kandi ko abaturage ba Kimonyi barangwa n’ishyaka, aho ngo ibikorwa bivugwamo izina ry’Umukuru w’Igihugu birinda kujenjeka, buri gihe ngo bagaharanira kuba aba mbere muri icyo gikorwa.

Nk’uko GitiFU Mukasano yabitangaje, ngo intumbero ze ni ugutwara Umurenge Kagame cup ku rwego rw’Igihugu muri uyu mwaka wa 2024, uwo Murenge ukaba wageze ku mukino wa nyuma, aho ku itariki 05 Gicurasi 2024 hazaca uwambaye mu mukino wa nyuma uzabahuza n’Umurenge wa Rubengera w’i Karongi mu Ntara y’Iburengerazuba.

Umurenge wa Kimonyi wabonye itike yo guhargararira Intara y’Amajyaruguru, nyuma yo gustinda Umurenge wa Base wo mu Karere ka Rulindo ibitego 3-1.

Ikipe ya Jabana n'iya Kimonyi bafashe ifoto y'urwibutso hamwe n'abayobozi
Ikipe ya Jabana n’iya Kimonyi bafashe ifoto y’urwibutso hamwe n’abayobozi
Nyuma yo kubona itike ya finali, abafana ba Rubengera bagaragaje ibyishimo bidasanzwe
Nyuma yo kubona itike ya finali, abafana ba Rubengera bagaragaje ibyishimo bidasanzwe
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka