Mu bice bitandukanye by’Igihugu, by’umwihariko mu Mujyi wa Kigali, hamaze iminsi havugwa amakuru y’uko Amadolari ya Amerika yabuze ku isoko. Abavuga ibi babishingira ku kuba bagana za Forex Bureaus zinyuranye bashaka Amadolari ariko bagataha amara masa. Abayacuruza na bo bashimangira ko nta madolari ari ku isoko.
Niragire Gertulde utuye mu Mujyi wa Kigali mu Karere ka Kicukuro, avuga ko gutunganya amacupa yashizemo inzoga za ‘liqueur’ zizwi nk’ibyuma bimaze kuzamura umuryango we wari mu bukene bukabije, ubu akaba ageze ku rwego rwo gukorana n’ibigo by’imari no gukoresha abandi.
Abahinzi b’ingano bo mu Turere twa Nyamagabe na Nyaruguru bavuga ko bakomeje gutegereza ko uruganda rutunganya ingano rwubatswe ahitwa mu Gasarenda (agasantere gaherereye mu Murenge wa Tare mu Karere ka Nyamagabe) rwongera gufungura imiryango.
Muri iyi minsi iyo ugererageje kuganira cyangwa kumva ibiganiro by’abantu benshi, usanga nta kindi kirimo kwibandwaho uretse izamuka ry’ibiciro mu bintu bitandukanye bikenerwa kenshi mu buzima bwa muntu.
Abanyamuryango ba Koperative Umwalimu SACCO mu Ntara y’Amajyepfo barasaba ubuyobozi bwabo kurushaho kubegereza serivisi z’ikoranabuhanga, kugira ngo zijyane n’igihe kuko usanga hari abagikora ingendo ndende bajya gushaka serivisi kuri koperative zabo.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Mpuzamahanga, Dr. Vincent Biruta, yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Brazil, rugamije gutsura umubano mu bucuruzi n’ishoramari.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Dr. Jean Chrysostome Ngabitsinze, yatangaje ko Leta yiteguye gufatira ingamba abacuruza ibikomoka kuri Peteroli bagaragaye banga gutanga lisansi na Mazutu umunsi ibiciro bihindurwa, bagamije kuzayicuruza bukeye ku giciro gihanitse.
Abayobozi b’inama y’Ubutegetsi y’Ikigega cyo Gutera Inkunga Isoko rusange rya Afurika (AfCFTA Adjustment Fund) yemeje igihe icyo kigega kigomba gutangira imirimo yacyo.
Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’abayobozi batandukanye barimo Barry Segal washinze umuryango Segal Family Foundation ukora ibikorwa by’ubugiraneza.
Ku wa Gatanu tariki 15 Nzeri 2023, Banki ya Kigali (BK) yafunguye ishami rya kabiri rya Private Banking, ikazajya iha serivisi abakiriya nk’uko Banki ya Kigali isanzwe ibikora.
Abacururiza mu isoko rya Rugarama, bavuga ko ubuke bw’inyubako zaryo ugereranyije n’umubare w’abarikoreramo, butuma benshi muri bo batandika ibicuruzwa byabo hasi mu kibuga cy’iri soko, ku buryo nk’igihe imvura iguye babura aho babyugamisha bikahanyagirirwa bakabihomberamo.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) iherutse gusohora agatabo gasobanurira abaturage ibijyanye n’Ingengo y’Imari y’Umwaka wa 2023/2024, harimo igice kigaragaza ibicuruzwa byakuriweho amahoro ya gasutamo, byiganjemo ibifasha mu kurengera ibidukikije.
Abaturage bo mu Karere ka Musanze bavuga ko muri iki gihe bagowe no kurya ibirayi bitewe n’uko igiciro cyabyo gitumbagira buri munsi aho ubu mu mirima n’amasoko yo hirya no hino yo muri aka Karere biri kugura hagati y’amafaranga 800 na 1100 ku kilo kimwe.
Abibumbiye muri Nyanza Investment Group Ltd (NIG) bashyizeho uruganda rukora imyenda y’ubwoko butandukanye rukorera i Nyanza, rukaba rumaze guha akazi abiganjemo urubyiruko 70.
Ntawabura kwibaza icyo u Rwanda ruri gukora kugira ngo ibiribwa nk’umuceri, ibigori, ingano, amavuta n’ibindi bikomeze kuboneka mu gihe ibitumizwa hanze byaba bitabonetse, bitewe n’intambara hamwe n’imihindagurikire y’ikirere yibasiye ubuhinzi ku Isi.
Ibigo bigize BK Group byishimira imikorere myiza yabyo, hamwe n’abakiriya bagize uruhare mu kuzamuka kw’inyungu mu mezi atandatu ya mbere y’umwaka wa 2023, yageze ku mafaranga y’u Rwanda miliyari 36 na miliyoni 900Frw.
Mu bikorera bitabiriye imurikagurisha ryo ku rwego rw’Intara y’Amajyepfo, ryabereye i Huye guhera ku itariki ya 16 kugeza kuya 28 Kanama 2023, hari abagaragaje icyifuzo cy’uko imurikagurisha ryo ku rwego rw’Igihugu ryajya rinyuzamo rikabera no mu Ntara.
Impuguke mu bijyanye n’ubucuruzi bushingiye ku ikoranabuhanga muri MINICOM, Rukundo Jean Premier Bienvenu, ubwo yafunguraga ku mugaragaro ishami rya kabiri ry’ikigo cy’urubyiruko, Afri-Farmers, yasabye urubyuruko guhanga udushya dushingiye ku ikoranabuhanga mu buhinzi n’ubworozi, bigatuma umusaruro muri urwo rwego ubona (...)
Umwongereza Adam Bradford umaze umwaka akorera mu Rwanda, ubu arashima uko iki Gihugu cyamwakiriye, akaba yarafashe umwanzuro wo kwagura ibikorwa akorera mu Rwanda.
Minisiteri y’Ishoramari rya Leta, yaherukaga gushyirwaho ku wa 30 Nyakanga 2022, yakuweho, inshingano zayo zimurirwa muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi.
Ku bufatanye bwa Sendika z’abakozi, Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Ikigo cy’Igihugu cy’Imyuga n’Ubumenyingiro (RTB), n’izindi nzego, abakozi bakora imyuga itandukanye ntaho bayigiye uretse mu kazi bagiye gufashwa kubona impamyabushobozi.
Abarobyi bakorera mu kiyaga cya Kivu bavuga ko bafite ikibazo cya Peteroli yabuze ku isoko bakavuga ko bishobora gutuma bahagarika imirimo y’uburobyi ndetse n’isambaza zigahenda.
Abaturiye ikiyaga cya Burera, bavuga ko bamaze imyaka isaga 23 bizezwa ko ku nkengero zacyo hazubakwa ibikorwa remezo nk’amahoteri n’ibindi bikururura ba mukerarugendo; ariko kugeza ubu bategereje ko iyo mishinga ishyirwa mu bikorwa amaso ahera mu kirere.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), burahamagarira ababyeyi kumva ko amata baha abana atwarwa ku magare afite ibibazo, bishobora kugira ingaruka ku buzima bwabo.
Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro(Rwanda Revenue Authority) kirizeza abasora bataramenya Amategeko mashya arebana n’imisoro, ko bagiye kubona amahugurwa nta kiguzi batanze.
Iyahoze yitwa Banki y’Abaturage y’u Rwanda (ubu ni BPR Bank Rwanda) irahamagarira abantu bose bigeze kuyibitsamo amafaranga mbere ya tariki 31 Nyakanga 2007, kujya kuzuza amakuru basabwa kugira ngo bagire uburenganzira ku migabane yabo muri iyo banki.
Leta y’u Rwanda igaragaza ko yiyemeje kurushaho kwita ku rwego rw’ubucuruzi buto n’ubuciriritse, ikemura ibibazo bikigaragara muri uru rwego rufite uruhare runini mu guteza imbere ubukungu bw’Igihugu.
Abagore bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka bashima ubuyobozi bw’inzego zitandukanye ndetse n’abafatanyabikorwa babafashije kureka gucuruza mu kajagari mu buryo butemewe. Bamwe muri abo bagore bagaragaza imbogamizi bahuriragamo harimo no gufatwa bagafungwa.
Mu nama mpuzamahanga ku ikoranabuhanga rikoreshwa mu mabanki n’ibigo by’imari (Inclusive FinTech Forum) yari imaze iminsi itatu ibera i Kigali mu Rwanda, hamuritswe uburyo bwa Chipper Cash bwo kohererezanya amafaranga.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Kamena 2023, Banki ya Kigali (BK) yasinye amasezerano y’ubufatanye n’Ikigo Mpuzamahanga gishinzwe Imari (International Finance Corporation - IFC), agamije gufasha abacuruzi.