Umukecuru w’inshike witwa Mukaremera Marie Therese wo mu kagari ka Nyabagendwa mu Murenge wa Rilima mu karere ka Bugesera arishimira ko agiye kubona icumbi ryo kubamo nyuma y’uko ntaho yagiraga ahubwo yirirwaga asembera mu baturanyi be.
Ibiciro ku masoko mu Rwanda bikomeje kwiyongera kuko mu mijyi ibiciro byiyongereyeho 3,68 % mu kwezi kwa Kamena 2013 ugereranyije na Kamena 2012, mu gihe mu kwezi kwa gatanu (Gicurasi 2013) byari ku kigereranyo kingana na 2,98 %.
Ikigo cy’gihugu gishinzwe kwihutisha iterambere (RDB) kiratangaza ko mu gice cya mbere cy’uyu mwaka cyashoboye kwinjiza amafaranga agera kuri miliyari imwe na miliyoni 254 z’amadolari ya Amerika, amafaranga yavuye ahanini mu bikorwa by’ishoramari n’imishinga byanditse mu bitabo by’iki kigo.
Mu gihe mu turere tumwe na tumwe mu gihugu turi kugenda tuvugurura amastade yatwo tugashyiramo amatapi yabugenewe, turasabwa noneho ko twashaka ahandi hantu hashobora guteranira abantu barenze nibura ibihumbi 100.
Abakozi bubaka ahazajya hakorerwa imyuga n’ubukorikori (Agakiriro) mu murenge wa Huye,akarere ka Gisagara, barinubira itinda ry’imishahara yabo, ndetse naho iziye bagahembwa ibice ntibayahabwe yose.
Ubuyobozi bw’uruganda rukora isukari rwa Kabuye burasaba Leta kwita kuri gahunda yo guteza imbere isukari ikorerwa mu gihugu, kugira ngo ikureho igihombo cya buri mwaka kibarirwa muri miliyoni 60 z’amadolari ya Amerika, agendera mu gutumiza isukari mu mahanga.
Ubwo hatahwaga ku mugararo umurenge SACCO wa Rurenge tariki 28/06/2013 , umuyobozi w’akarere ka Ngoma, Nambaje Aphrodise, yatangaje ko n’indi mirenge SACCO itaratahwa bitarenze ukwezi kumwe iraba yarangije gutahwa.
Urubyiruko rwo mu mujyi wa Nyamata rubifashijwemo n’ikigo cy’urubyiruko cya Bugesera rwahuriye mu marushanwa yo kwidagadura, hanaremerwa bamwe muri rwo bari barangije inyigisho z’imyuga y’ubudozi no gutunganya imisatsi.
Umuyobozi w’akarere ka Muhanga, Yvonne Mutakwasuku, aratangaza ko umujyi w’akarere ayoboye bari gushyiramo ingufu ngo ube umujyi wa kabiri mu gihugu kandi ube umujyi ukomeye w’ubucuruzi.
Imyubakire y’ikiraro kiri kubakwa ku mupaka wa Rusumo uhuza u Rwanda na Tanzania yari igeze ku kigero cya 43.1% mu mpera z’ukwezi kwa Kamena 2013.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyarugenge bufatanije n’itorero UCKG (The Universal Church of the kingdom of GOD)bahurije hamwe abadamu barenga 400 ba rwiyemezamirimo mu rwego rwo kubashimira no kubatera akanyabugabo mu bikorwa biyemeje birimo kwihangira imirimo bakava mu bukene.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero burashimira abayobozi n’abakozi b’umurenge wa kageyo ko babashije kugaruza amafaranga agurizwa abaturage muri gahunda ya VUP mu mwaka ushize wa 2012/2013.
ku nshuro ya gatanu yikurikiranya, umurenge wa Kabaya wongeye kuza kumwanya wa mbere mumirenge 13 igize akarere ka Ngororero. Nyuma y’igenzurwa ry’ishyirwa mubikorwa ry’imihigo byakozwe n’itsinda ryashyizweho mu karere, ndetse no kugaragariza abayobozi n’abaturage ibyo bagezeho mumwaka w’2012-2013.
Ikibazo cya barwiyemezamirimo bapatana amasoko baba baratsindiye ariko bakayata mu nzira ataruzura neza gikomeje kugaragara mu karere ka Rusizi kuko hari n’abambura abaturage bakoresheje.
Ba Rwiyemezamirimo banditse muri TVA barasabwa gukora by’umwuga kugira ngo igihe bakorana n’ababaha serivisi bajye bashishoza bamenye ko banditse mu buyobozi bw’imisoro bityo biborohere kwishyurwa TVA batanze kuri servisi bahawe.
Umuyobozi w’intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwali, aratangaza ko mu mwaka w’ingengo y’imari 2012-2013, abaturage b’iyi ntara bagera hafi ku bihumbi 100 binjijwe mu mirenge sacco nk’abanyamurwango bayo.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere (RDB) kizakira inama mpuzamahanga y’ihuriro ry’abashoramari muri za servisi, tariki 08-09/07/2013; aho abo bashoramari n’abagena za politiki bitezweho kureba niba bashinga ibikorwa byabo mu Rwanda, bakazatanga n’inama zatuma igihugu kigera ku ngamba z’iterambere.
Mu rwego rwo kwizihiza isabukuru yo kwibohora ku nshuro ya 19, yabaye tariki 04/07/2013, ubuyobozi bw’ingabo mu karere ka Karongi bworoje abantu babili batishoboye mu kagari ka Kibirizi, umurenge wa Rubengera.
Abagize koperative MAGNIFICENT ikora ibintu bitandukanye mu ifarini ikorera ahitwa Nyarusiza mu murenge wa Kamegeri bavuga ko bamaze kugera kuri byinshi bakesha umwuga wabo haba buri muntu ku giti cye ndetse na koperative ubwayo.
Banki Nyarwanda itsura Amajyambere (BRD), yakiriye inkunga y’amafaranga agera kuri miliyoni 620 (miliyoni 10 z’amadolari ya Amerika), yagenewe na Banki y’Afurika y’Iburasirazuba y’Iteramberre (EADB). Amafaranga azakoreshwa mu bikorwa bitandukanye by’iterambere no kuzamura imishinga.
Ishyirahamwe ry’abarwara abagenzi bibumbiye muri Rwanda Federation of Transport (RFTC) bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, batanga inkunga y’amazu 6 yagenewe abacitse ku icumu batishoboye bimuwe ku musozi wa Rubavu bagatuzwa ahitwa Kanembwe mu karere ka Rubavu.
Urubyiruko rwibumbiye mu ishyirahamwe DUHANGE UMURIMO riri mu karere ka Gicumbi mu murenge wa Byumba batangaza ko bamaze kwiteza imbere babikesha ubukorikori bwo kuboha ibikoresho bitandukanye babikuye mu birere by’insina.
Ahereye ku mihanda yakozwe ariko hakongera gusabwa amafaranga yo kongera kuyikora, umuyobozi w’inama njyanama y’akarere ka Rusizi, Kamanzi Symphorien, avuga ko hari amafaranga apfa ubusa kubera abakozi badakurikirana neza inshingano zabo.
Ishuri rikuru ryo guteza imbere amategeko (ILPD) rifite icyicaro mu karere ka Nyanza tariki 02/07/2013 ryagurishije muri cyamunara ibikoresho byaryo byo mu nzu, ibiro no mu gikoni birimo n’imbabura zishaje.
Mukamabano Angelique wo mu karere ka Kayonza avuga ko yahingiraga abandi kugira ngo abone ikimutunga, ariko ubu na we ngo asigaye ashyira abakozi mu murima bakamuhingira akabahemba, abikesha inkunga yahawe n’umuryango Women for Women.
Abakozi basaga 150 bakorera sosiyete yubaka inyubako zo kwagura isoko ry’akarere ka Ngoma yitwa “ELITE GENERAL CONTRACTORS” baravuga ko bamaze igihe gisaga umwaka bakora badahembwa bakaba basaba ko barenganurwa bagahembwa amafaranga yabo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro buvuga ko hariho gahunda yo kongera ibikorwa remezo birimo imihanda, amahoteli ndetse no gutunganya ahantu nyaburanga mu rwego rwo gukomeza guteza imbere ubukerarugendo n’ishoramari muri ako karere.
Ingengo y’imari akarere ka Rulindo kazakoresha mu mwaka 2013-2014 izaba izaba ingana na miliyari 9, miliyoni 130, ibihumbi 870 n’amafranga 204 nk’uko byemejwe n’inama njyanama y’ako karere tariki 30/06/2013.
Ku cyumweru tariki 30/06/2013, Inama njyanama y’akarere ka Nyamagabe yarateranye yemeza ingengo y’imari aka akarere kazakoresha mu mwaka wa 2013-2014, iyi ngengo y’imari ikaba ingana na miliyari 10 miliyoni 805 ibihumbi 998 n’amafaranga 139.
Koperative yo kubitsa no kuguriza Duterimbere-COPEDU Ltd, tariki 29/06/2013, yahaye abapfakazi inka eshanu zifite agaciro ka miliyoni hafi eshatu z’amafaranga y’u Rwanda bo mu Murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera.