Ubuyobozi bw’umurenge wa Cyeru, mu karere ka Burera, butangaza ko imiryango itandatu yo muri uwo murenge iturukamo abantu bapfuye bagwiriwe n’urusengero yafashwe mu mugongo bu buryo bushoboka ihabwa ibintu bitandukanye.
Habimana Aloys bakunda kwita Kongwe ukomoka mu Murenge wa Rurambi, Akarere ka Nyaruguru avuga ko amaze imyaka 30 akora akazi ko gusatura ibiti mo imbaho, ako kazi ngo kamugejeje kuri byinshi.
Akarere ka Nyabihu kishimira cyane uburyo kagiye kazamuka mu kwinjiza imisoro n’amahoro mu myaka ine ishize ndetse kakaba karanabishimiwe mu nama ngishwanama ku misoro iherutse kuba muri uyu mwaka dusoza wa 2013.
Nk’uko ibikorwa remezo bitwara ingengo y’imari nini uburambe bwabyo ni inshingano ihurirweho n’abaturage n’ubuyobozi kandi buri ruhande rukuzuza inshingano yarwo kuri iyo ngingo.
Abaturage bo mu karere ka Rubavu bitabiriye ibikorwa byo kwizihiza iminsi mikuru isoza umwaka wa 2013 bavuga ko hari itandukaniro ry’iminsi mikuru ya 2013 na 2012.
Nyuma y’iminsi itatu yari imaze ifunze kubera ikibazo cy’amazi y’umwanda w’igikoni yari yamenetse mu muhanda barimo kuyagabanya, ubuyobozi bw’akarere ka Karongi bwongeye gukingura imiryango ya Golf Hotel kubera ko ubuyobozi bwa Golf bwamaze gukemura bimwe mu byo bwari bwasabwe.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gakenke batangarije Kigali Today ko noheli n’ubunani ubundi basanzwe bafata n’iminsi ikomeye ngo izaba ari iminsi isanzwe kuri bo kuko nta amafaranga yo kuyizihiza bishimisha babonye.
Mu gihe hasigaye iminsi mike ngo iyi minsi mikuru ya noheli n’ubunani igere, bamwe mu batuye mu karere ka Muhanga mu ngeri zitandukanye baratangaza ko batazoroherwa no kuyizihiza kubera amikoro adahagije.
Raporo ijyanye n’imikoreshereze y’umutungo wa Leta mu karere ka Rutsiro mu mwaka ushize wa 2012/2013 igaragaza ko mu bigo 18 habayemo amakosa mu mikoreshereze y’uwo mutungo, abagize inama njyanama y’akarere bakaba bifuza kumenya aho ayo makosa ageze akosorwa.
Abacuruzi bo mu karere ka Rubavu bavuga ko babangamiwe n’izamuka ry’ibiciro by’amafarini n’akawunga kubera imisoro ya TVA yashyizwe kubicuruzwa bikorerwa mu Rwanda, mu gihe byambuka mu mujyi wa Goma bikagura amafaranga macye.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro bwahinduye abagize akanama gashinzwe gutanga amasoko ya Leta mu karere mu rwego rwo gutanga serivisi nziza no kunoza imikorere.
Kuva Ikigega cy’Iterambere Agaciro cyatangijwe ku mugaragaro muri Kanama 2012, Abanyarwanda bo mu gihugu n’abo hanze yacyo biyemeje gutanga miliyari 26 mu rwego rwo kubaka igihugu cyabo none bamaze kugezamo amafaranga agera kuri miliyari 20 na miliyoni 393 ibihumbi 245 na 893.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko imirimo yo kubaka isoko mpuzamahanga rya Cyanika, riri ku mupaka wa Cyanika muri ako karere, izatangirana n’umwaka wa 2014 aho gutangira mu mpera z’umwaka wa 2013 nk’uko byari byarateganyijwe.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere amakoperative RCA (Rwanda Cooperative Agency) cyateguye amahugurwa agamije gusobanurira abayobozi ba SACCO amategeko agenga umukozi ku murimo mu rwego rwo kwirinda ingaruka z’ibyemezo bifatwa hadakurikijwe amategeko.
Umuyobozi w’akarere ka Burera, Sembagare Samuel, asaba abaturage bo muri ako karere kwirinda gusesagura mu gihe cy’iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani ahubwo bakibuka kuzigamira n’igihe kiri imbere.
Inzego zitandukanye za Leta n’iz’abikorera, zashyize hamwe kuri uyu wa gatatu tariki 18/12/2013, mu gutangiza ubukangurambaga busaba Abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira servisi z’imari n’ubwizigame.
Mu gihe hasigaye iminsi irindwi kugira ngo hizihizwe umunsi mukuru wa Noheli, bamwe mu baturage bo mu karere ka Kirehe bavuga ko amafaranga yabuze kuko ubundi wasangaga bishyushye one ubu akaba atari ko bimeze.
Urwego rushinzwe ingengo y’imari muri minisiteri y’imari n’igenamigambi rurasaba buri Munyarwanda kwimakaza umuco wo kwizigamira, bazigama byibura 30% by’ibyo binjiza kuko aribwo bazigira ndetse bagatuma n’igihugu kigera kuri iyo ntambwe.
Ubukungu bw’u Rwanda muri uyu mwaka wa 2013 ngo burakomeza kuzamuka, aho mu mezi atatu ya mbere (igihembwe cya mbere) bwazamutse ku muvuduko wa 6%, mu cya kabiri buzamuka kuri 5.7%, kandi ngo hari icyizere ko imibare y’ibihembwe byakurikiyeho (itaratangazwa) yifashe neza, nk’uko Banki nkuru y’Igihugu (BNR) yabitangaje.
Abacuruzi benshi bo mu karere ka Muhanga bavuga ko badafite imashini zitanga inyemezabwishyu (fagitire) kubera ko zihenze abandi bakavuga ko batabonye amasomo yo kuzikoresha.
Nshimyumuremyi Cephas, umwarimu mu rwunge rw’amashuri rwa Kabaya mu murenge wa Muhoza mu karere ka Musanze yihangiye umurimo wo gukora amavuta yo kwisiga akoresheje ibimera biboneka mu karere akoreramo, none nyuma y’amezi arindwi atangije umushahara we ubu amaze kugira umushinga ubarirwa agaciro k’amafaranga agera kuri (...)
Abaturage 302 babaga muri gahunda yitwa VUP isanzwe ifasha abatishoboye mu murenge wa Mushubi mu karere ka Nyamagabe baratangaza ko bagiye kubaka uruganda rutunganya ibigori rukoramo kawunga kugira ngo ruzabafashe gukomeza kwiteza imbere kuko bemeza ko batagikeneye gufashwa ahubwo bahagurukiye iterambere rirambye.
Abantu bakomeje kwibaza ku hazaza h’isoko rya Bikingi riherereye mu dugudu wa Bikingi, akarere ka Nyabihu, nyuma y’uko ryubatswe ku buryo bwa kijyambere ariko abacuruzi barijyamo ntibabone abakiriya nkuko babyifuzaga.
Gahunda z’ubuyobozi bw’uturere mu Rwanda ngo zigomba gushyirwa mu bikorwa hitawe ku mishinga mpuzamahanga yo kurengera no kubyaza umusaruro amazi y’uruzi rwa Nil, nk’uko byifujwe n’abahagarariye umuryango wo guteza imbere ibihugu bigize ikibaya cy’uruzi rwa Nile hashingiwe ku mazi yarwo(NBI/NELSAP).
Leta y’u Buholandi yahaye u Rwanda miliyari 8.5 z’amafaranga y’u Rwanda azakoreshwa mu guhanga no kwita ku mihanda y’igitaka igera ku mirima mu cyaro, kugira ngo ifashe abahinzi kugeza umusaruro wabo ku masoko.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kayonza burasaba abafite inzuri muri ako karere gushishikarira kwishyura ibirarane by’imyenda bagafitiye bitarenze mu mpera z’uyu mwaka wa 2013. Ako karere gafitiwe imyenda igera kuri miriyoni 349 z’ibirarane by’imisoro ku nzuri yagombaga kuba yarishyuwe kuva mu mwaka wa 2011.
Minisitiri w’umutekano w’igihugu Fazil Harerimana arahamagarira abikorera n’uturere kurushaho kugirana ubufatanye mu bikorwa by’iterambere, ariko agashimangira ko ubwo bufatanye bugomba no kuba hagati y’abikorera ubwabo.
Bamwe mu basoreshwa bo mu karere ka Rulindo bavuga ko uburyo basoreshwa butanejeje kuko ngo bukorwa hadakurikije ibyo baba bakora bibinjiriza.
Abahinzi b’ibirayi bo mu karere ka Burera bavuga ko iyo umusaruro w’ibirayi wabaye mwinshi bibatera igihombo kuko abacuruzi babirangura ku giciro cyo hasi cyane maze bigatuma amafaranga batakaje babihinga batayakuramo.
Urugaga rw’abikorera bo mu karere ka Huye rufatanyije n’ubuyobozi bw’akarere batangiye umwiherero w’iminsi ibiri mu karere ka Karongi ngo barebe aho bavuye n’aho bageze kuva mu 2009 bityo bakarushaho gukaza umurego.