U Rwanda rugiye kuzana intare n’inkura zivuye muri Afurika y’Epfo
Kubera ko intare n’inkura biri mu nyamaswa zirimo kuzimira bitewe na barushimusi ndetse n’intambara, u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kuzajya kuzicirira muri Afrika y’Epfo umwaka utaha.
Rica Rwigamba, ushinzwe ubukerarugendo mu kigo cy’igihugu gishinzwe iterambere, avuga ko ubu mu Rwanda hari inkura imwe iri muri parike y’Akagera, naho intare zo nta n’iy’umuti wahabona. Ibi byatewe nuko nyuma ya Jenoside yo mu 1994 hari Abanyarwanda batahutse bagatura muri bimwe mu bice byari bigize parike.
Rica Rwigamba yongeraho ko hafashwe ingamba kugirango izi nyamaswa zindi bagiye kuzana zizarindwe bihagije, gusa ntiyatangaje umubare w’ izo bazazana.
Yagize ati “ubu twatangiye kuzitira parike kandi twizera ko tuzaba twarangije bitarenze ukwezi kwa 2 umwaka utaha. Nyuma y’aho tuzihutira kuzana izo nyamaswa zizava hanze.”
Uretse ingagi, u Rwanda rufite ibindi byiza nyaburanga mu gihugu birimo inyoni z’amoko atandukanye ndetse n’amashyamba ya kimeza.
Marie Josee Ikibasumba
Inkuru zijyanye na: Inkura
- Urugendo rutoroshye inkura zakoze zitahuka mu Rwanda (Amafoto)
- Inkura eshanu zaturutse i Burayi zageze mu Rwanda amahoro (Amafoto)
- U Rwanda rugiye kwakira izindi nkura eshanu
- U Rwanda rugiye kwakira izindi Nkura ziturutse i Burayi
- Imwe mu Nkura yabyaye nyuma y’amezi ane zigaruwe mu Rwanda
- Izindi nkura 8 zagejejwe mu Rwanda
- Inkura zizongera 10% ku musaruro w’Ubukerarugendo
- Inkura 10 zageze mu Rwanda nyuma y’imyaka 10 zicitse
- Hagiye koherezwa inkura muri Pariki y’Akagera
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
Niba,irya,ibyatsi,mwayishira,mubirunga,gishwati,nyungwe,iramutse,idakora,guhiga,izindinyamaswa,yangani,amayaga,cg,amahumbezi,