Inkura zizongera 10% ku musaruro w’Ubukerarugendo

Ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) cyemeza ko kugaruka kw’inkura bizatuma umusaruro w’ubukerarugendo uzamukaho 10% kuko ari inyamaswa zari zimaze igihe zaracitse.

Inkura 10 zagejejwe muri Pariki y'Akagera
Inkura 10 zagejejwe muri Pariki y’Akagera

Byatangajwe na Belise Kariza, ukuriye ishami ry’ubukerarugendo muri RDB, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, cyibanze ku igaruka ry’inkura mu Rwanda nyuma y’imyaka 10 zitaharangwa, kuri uyu wa 4 Gicurasi 2017.

Uwo muyobozi avuga ko ubwiyongere bw’abasura Pariki y’Akagera bwazamutse cyane kuva yakongerwamo inyamaswa nshya.

Yagize ati “Muri 2016 abasura Pariki y’Akagera bariyongereye cyane, n’umubare w’Abanyarwanda warazamutse baba 54% by’abayisuye bose.
Ibi byatewe ahanini n’uko twagaruye intare muri iyi Pariki.

Pariki y’Akagera ngo yinjije miliyoni 300Frw muri 2015, ngo hakaba hari hariho inyongera ya 10% ugereranije n’umwaka wa 2014.

Umuyobozi wa Pariki y’Akagera, Jes Gruner, yavuze ko bashyizeho ingamba zizatuma izi nyamaswa zitongera gucika.

Abayobozi mu kiganiro n'abanymakuru
Abayobozi mu kiganiro n’abanymakuru

Ati “Twiteguye gukurikirana ubuzima bw’izi nkura ku buryo buhagije kuko tuzazisura kenshi gashoboka, tuzisuzuma buri cyumweru haba hari ifite uburwayi ikavurwa.
Twashyizeho uburyo bw’ikoranabuhanga bwo kuzikurikirana ndetse hari na kajugujugu izajya iba iri hejuru ya Pariki icunga ko nta kizihungabanya”.

Ikindi ngo ni uko mu Rwanda hari itegeko rirengera ibinyabuzima harimo n’izi nyamaswa, bikaba ari byo bituma ba rushimusi batazongera kuzibasira.

Yongeraho ko Pariki y’Akagera ari ishyamba ryiza ririmo ibyo inkura zikunda kurya ku buryo ngo hari icyizere ko zizororoka zikaba nyinshi.

Izi nkura 10 z’umukara ziri muri Pariki y’Akagera, zageze mu Rwanda ku itariki ya 2 Gicurasi 2017 ziturutse mu gihugu cya Afurika y’Epfo, ubu ngo zose zikaba zimeze neza nk’uko ubuyobozi bw’iyi Pariki bubyemeza.

Abanyamakuru batandukanye bitabiriye ikiganiro
Abanyamakuru batandukanye bitabiriye ikiganiro

Ubu buyobozi kandi buvuga ko umushinga wo kuzana izi nkura watwaye miliyoni ebyiri z’Amadorari ya Amerika.

Biteganijwe ko mu byumweru bibiri biri imbere, ikindi cyiciro cy’inkura z’umukara 10 na zo zizagezwa mu Rwanda.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Byumwihariko ndashimira reta yurwanda kubufatanye na afrika yepfo mukugarura inkura muri park ya Akagera, nkimwe muri big 5, ubundi muri big 5 hari 3 batuzanira intare ziba 4,none imwe yaburaga nayo bayizanye zibaye 5, ,inzovu,imbogo, ingwe,Intare, inkura,ntakabuza rwose umusaruro uziyongera ndetse kurenga 10%.Banyarwanda,banyarwandakazi mureke dusure Kandi tumenye ibyiwacu kdi tubibungabunge, congratulations to Akagera national park.

kary yanditse ku itariki ya: 12-05-2017  →  Musubize

Tourism izana amafranga menshi mu bihugu byinshi.Igira uruhare kuli National Budget.Izi nkura (rhinoceros) zinyibukije Paradizo dutegereje ivugwa muli 2 Petero 3:13.Isi yose izahinduka nk’Ubusitani bwa EDEN (Eden Garden).Muli iyo si nshya,tuzaba dukina n’inyamaswa zose (intare,inzoka,etc...) nkuko tubisoma muli Yesaya 11:6-8.Nubwo abantu nyamwinshi bakeka ko "twaremewe kuzajya mu ijuru"kubera ko aribyo bigishijwe,ntabwo ari byo.
Ku munsi w’imperuka uri hafi,imana izarimbura abantu bose batayikorera,ahubwo bakibera mu byisi gusa.Isigaze abantu bake bayumvira kandi bakayikorera.Abo bazatura mu isi izahinduka Paradizo (Imigani 2:21,22).Ariko hali abantu bazajya mu ijuru,bagerayo bakazayobora isi nshya.Bible ibita ABERA (Daniel 7:27).
Nubwo pastors na padiri batajya babyigisha,ahubwo bakigisha gusa ko tuzajya mu ijuru,PAWULO na YESU bigishaga isi ko abantu beza bazatura mu isi nshya.Soma Matayo 5:5 na Abaheburayo 2:5.Tandukanya Ijuru rishya n’Isi nshya.Kuba umukristu nyawe,bisaba kwiga Bible neza,warangiza ugakora ibyo ivuga.Biriya byo kujya kurya ukarisitiya cyangwa guha pastor icyacumi abanje kugucurangira,ntabwo aribyo bukristu.Kuko biriya bidatuma umenya neza ibyo Bible yigisha.Urugero,aya masomo mbahaye,abenshi ntabwo mwali muyazi.Nyamara mumaze imyaka myinshi mujya mu nsengero!!!

MAZIMPAKA Andrew yanditse ku itariki ya: 5-05-2017  →  Musubize

GAHUNDA ZA LETA Y’ UMBUMWE BW’ ABANYARWANDA TURAZISHIMI KANDI TURAZISHYIGIKIYE.

ANACLET yanditse ku itariki ya: 5-05-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka