Byinshi ku muryango w’Abanyamerika umaze gusura Ingagi inshuro 100

Ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) cyateguye ibirori byo gushimira umuryango w’Abanyamerika umaze gusura Ingagi zo mu birunga inshuro 100.

Joe yari yambaye nk'umwami naho Ann yambaye nk'umwamikazi
Joe yari yambaye nk’umwami naho Ann yambaye nk’umwamikazi

Uwo muryango ugizwe na Joe McDonald n’umugore we Mary Ann McDonald, batuye mu mujyi wa Pennsylvania muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, bakorewe ibyo birori tariki ya 18 Ugushyingo 2016.

Bambaye imyambaro ya Kinyarwanda, bakiriwe babyinirwa n’itorero Inganzo Ngari banavugirizwa ingoma ndetse banakata umutsima (Gateau/Cake) mu birori byabereye mu Kinigi mu Karere ka Musanze.

Muri ibyo birori hatangajwe ko abo bakerarugendo bageze mu Rwanda bwa mbere mu mwaka wa 2003 baje gusura ingagi ariko ngo nta gahunda yo kugaruka bari bafite.

Ariko ngo uburyo bahabonye n’uburyo bakiriwe byatumye bafata icyemezo cyo kuzakomeza baza kandi kenshi gashoboka.

Mu gushimira Joe na Mary bakase umutsima (Gateau)
Mu gushimira Joe na Mary bakase umutsima (Gateau)

Umuyobozi wa Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, Uwingeri Prosper avuga ko uwo muryango wihariye kuko ubafasha kumenyekanisha ubukerarugendo bw’u Rwanda mu mahanga bakanazana n’abandi bamukerarugendo.

Agira ati “Uko baje baza ari babiri ariko bakazana n’abandi banyamahanga batandatu, buri gihe baba bari itsinda ry’abantu 8. Mu nshuro 100 zose urumva ko bamaze kutuzanira ba mukerarugendo 600.”

Uwo muryango niwo uza ku isonga mu gusura ingagi inshuro nyinshi. Bakurikirwa n’Umwongereza utatangajwe amazina, umaze gusura ingagi inshuro 50 nyuma ye hakaza umaze kuzisura inshuro 20.

Ibirori byo kubashimira byateguwe ku bufatanye n’abashoramari mu bukerarugendo Paul Muvunyi na Birori Joseph ari nabo bakorana bya hafi iyo baje mu Rwanda.

Joe na Mary mu birunga bari gufotora Ingagi mu birunga. Bamaze kuhaza inshuro 100
Joe na Mary mu birunga bari gufotora Ingagi mu birunga. Bamaze kuhaza inshuro 100

Joe Mc Donald yasobanuye ukuntu abo bamenyaniye mu bukerarugendo basigaye babafata nk’abavandimwe babo. Ahita ahamya ko nyuma y’iwabo ntahandi bakwishimira kuba atari i Rwanda.

Agira ati “Byaturenze. Turi ba mukerarugendo basanzwe, bazana andi matsinda ya ba mukerarugendo gutembera.

Ntitwibaza impamvu mudushimira bigeze aha; biraturenga. Kuruhande rwacu ntituzi uburyo tuzabashimira.”

Mary Ann we yavuze ko yishimiye kuba uyu mwaka wa 2016 yaratoranyijwe mu bise izina ingagi. Yise izina umwana w’ingagi wo mu muryango wa Kwitonda. Yamwise “Ntamupaka”.

Yongeyeho kandi ko ashimishijwe no kuba umugabo we Joe nawe yaratoranyijwe mu bazita izina abana b’ingagi mu biriro byo Kwita Izina byo mu mwaka wa 2017.

Umuyobozi wa Pariki y'Ibirunga avuga ko umuryango wa Joe na Mary uzana abandi bakerarugendo
Umuyobozi wa Pariki y’Ibirunga avuga ko umuryango wa Joe na Mary uzana abandi bakerarugendo

Joe McDonald n’umugore we Mary Ann McDonald ni bagafoto babigize umwuga. Bafotora inyamaswa n’ibindi byiza nyaburanga bitatse isi.

Bamara igihe kinini buri mwaka basura ahantu hatandukanye muri Afurika n’ahandi ku isi, bafata amafoto.

Joe yatangiye gufotora mu mwaka wa 1966 naho Mary we yatangiye umwuga wo gufotora mu mwaka wa 1999.

Amafoto bafotora ndetse n’ibyo bandika baba babonye aho basuye babishyira mu bitabo bitandukanye. Ibyo bituma bahabwa ibihembo.

Andi mafoto

Barafotora bakanandika ibitabo
Barafotora bakanandika ibitabo
Bagize n'umwanya wo kwiga kuvuza ingoma za Kinyarwanda
Bagize n’umwanya wo kwiga kuvuza ingoma za Kinyarwanda
Bagize n'umwanya wo gusabana no gufata amafoto y'urwibutso n'abatangiye babafasha mu bukerarugendo ariko ubu bakaba barabaye nk'abavandimwe babo
Bagize n’umwanya wo gusabana no gufata amafoto y’urwibutso n’abatangiye babafasha mu bukerarugendo ariko ubu bakaba barabaye nk’abavandimwe babo
Bakiriwe banataramirwa n'itorero Inganzo Ngari
Bakiriwe banataramirwa n’itorero Inganzo Ngari
Baranakimbagiye
Baranakimbagiye
Barataramiwe biratinda
Barataramiwe biratinda
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Erega Ingobyi yacu isusurutsa n’abatayihekwamo! Ahubwo nk’Abanyarwanda ntidukwiye kurushwa n’Abanyamahanga gukunda ibyiza bitatse iyo ngobyi.

Mbonizanye Cypridion yanditse ku itariki ya: 22-11-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka