Ikigo gishinzwe Iterambere RDB cyararikiye abantu bagejeje ku myaka 15, bavutse tariki 04 Nyakanga, guhatanira gusura ingagi ku buntu.
Abashakashatsi b’Abanyarwanda bakurikiranira hafi ibijyanye n’urusobe rw’ibinyabuzima, bavuga ko kuba nta nzovu zikiba muri Nyungwe bituma ibimera byaho bitakimererwa neza.
Mu rucyerera rwo kuri uyu wa kabiri tariki 9 Gicurasi 2017, u Rwanda rwakiriye inkura umunani zije ziyongera ku 10 zahageze mu cyumweru gishize.
Ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) cyemeza ko kugaruka kw’inkura bizatuma umusaruro w’ubukerarugendo uzamukaho 10% kuko ari inyamaswa zari zimaze igihe zaracitse.
Abanyeshuri 59 barimo abakobwa umunani n’abahungu 51 bahawe impamyabushobozi y’icyiciro cya mbere cya Kaminuza (A1) mu ishuri rikuru y’ubukerarugendo no kurengera ibidukikije (KCCEM).
Abaturage bo muri Musanze baturiye Pariki y’Ibirunga bavuga ko kuva aho barekeye kwangiza iryo shyamba batangiye kugerwaho n’ibyiza byo kuribungabunga.
Ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) cyateguye ibirori byo gushimira umuryango w’Abanyamerika umaze gusura Ingagi zo mu birunga inshuro 100.
Ubuyobozi bwa Parike ya Nyungwe buravuga ko gahunda ya "Tembera u Rwanda" yitezweho kongera umubare w’Abanyarwanda basura za parike.
Abaturage baturiye Pariki ya Nyungwe batangaza ko bashishikajwe no kuyibungabunga kuko umusaruro w’ubukerarugendo buhakorerwa ubageraho bagatera imbere.
Umushinga LAFREC, ushinzwe gusana Pariki ya Gishwati-Mukura, utangaza ko uzayishyikiriza ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) bitarenze umwaka wa 2017.
Abashakashatsi bahangayikishijwe no gucyendera kw’ingagi zo mu misozi, nubwo izo mu Rwanda zikomeje kwiyongera.
Abana bitabiriye igikorwa cyo kwita izina bavuga ko batahanye ishyaka ryo gutsinda, nyuma yo kubona bagenzi babo bashimwa ku mugaragaro.
Kuri uyu wa gatanu tariki 2 Nzeri 2016, mu Karere ka Musanze habereye igikorwa cyo kwita izina abana b’ingagi 22.
Perezida Paul Kagame yavuze ko Kwita Izina Intare byaba indi Intambwe y’iterambere no gusigasira ibyahozeho n’ibiriho mu Rwanda.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yitabiriye ibirori byo Kwita Izina abana b’ingagi 22, byabereye mu Kinigi mu karere ka Musanze, kuri uyu wa 02 Nzeli 2016.
Abitabiriye umuhango wo kwita izina ingagi ku nshuro ya 12, ku mugoroba ubanzirirza igikorwa nyirizina baraye bataramiwe Kinyarwanda.
Umunyamerikakazi Mary Ann McDonald ufotora ibijyanye n’ubukerarugendo, aracyafite amatsiko yo kwitabira Kwita izina nubwo amaze imyaka igera kuri 13 abizamo.
Mu rwego rwo kwizihiza umunsi mukuru wo kwita izina abana b’Ingagi ku nshuro ya 12, hateguwe ibikorwa bitandukanye byo kubimburira uwo munsi mukuru.
Abakozi ba Parike y’igihugu y’ibirunga (Volcanoes National Park), baratangaza ko bamwe mu Banyarwanda bataragira imyumvire ifatika ku bukerarugendo.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe Iterambere (RDB), kivuga ko inyungu ya 4% yiyongera ku bukerarugendo buri mwaka, Abanyarwanda bayigiramo uruhare ruke.
Bamwe mu batuye mu Karere ka Nyabihu bagiraga uruhare mu kwangiza Pariki y’Ibirunga, ni bo basigaye bayibungabunga kubera kugerwaho n’inyungu itanga.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere (RDB) ntikemera ko abaturage bica inyamanswa z’agasozi, bitwaje ko zibangimiye umutekano wabo n’uw’amatungo yabo.
Kubera ubwiza bwa Gishwati, abaturage bayituriye n’ubuyobozi basaba ko hasubizwa hoteli yafasha mu iterambere n’ubukerarugendo kuko n’ubundi ngo yahahoze.
Abanyeshuri babiri bo muri Leta ya Colorado, muri Leta zunze Ubumwe za Amerika bakoze indege itagira umupilote “Drone” izunganira abacunga umutekano muri Pariki y’Akagera.
Imwe mu ntare ziherutse kugezwa muri Pariki y’Akagera yabyaye ibibwana bitatu, bifatwa nk’amateka yaherukaga mu imyaka 20, kuko intare zari zaracitse mu Rwanda.
Abashinzwe Pariki ya Nyungwe batangiye ubushakashatsi bwo kuhagarura inzovu zahozemo ariko zikaza gucika ariko bakavuga ko inzira ikiri ndende ngo bikunde.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yashimye uburyo umutungo uva mu bukerarugendo usaranganywa abaturage.
Ikigo cy’igihugu cy’iterambere RDB cyatangaje ko umubare w’ingagi mu birunga wiyongere cyane mu gihe cy’umwaka umwe ushize.
Mu gikorwa cyo kwakira ku mugaragaro intare zirindwi muri Parike y’Akagera, zikuwe mu gihugu cy’Afurikay’Epfo, uhagarariye African Parks, yavuze ko ari ikimenyetso cy’uko u Rwanda ruza ku isonga muri Afurika mu kwita kuri za parike.
Ubuyobozi bwa Pariki y’Igihugu y’Ibirunga butangaza ko mu mwaka wa 2014 abantu babarirwa muri 30 bafatiwe muri iyo pariki bari gukora ibikorwa bitewe biyangiza byatuma urusobe rw’ibinyabuzima biyituyemo bihura n’ingorane.