Ubuyobozi bwa RwandAir bwatangaje ko bwahagaritse ingendo zinyura ku kibuga cy’indege cya Entebbe muri Uganda kubera icyorezo cya Covid-19. Ni umwanzuro watangiye gushyirwa mu bikorwa tariki 10 Kamena 2021, ukaba uje ukurikira ubwiyongere bw’icyorezo cya Covid-19 muri Uganda, aho Leta yafunze ibikorwa byinshi mu kurwanya (...)
Umwaka wa 2020 waranzwe n’idindira rya serivise zijyanye n’ubukerarugendo mu Rwanda no ku isi hose, aho ibikorwa binyuranye by’ubukerarugendo byajyaga byinjiriza igihugu amadevise byashegeshwe na COVID-19.
Ambasaderi wa Israel mu Rwanda Ron Adam, yatangaje ko bwa mbere mu mateka, indege ya Kompanyi ya Israel itwara abagenzi mu ndege (Israir), iza kugwa ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kanombe mu Mujyi wa Kigali kuri uyu wa Kane tariki 26 Ugushyingo 2020.
Sosiyete itwara abantu mu ndege, RwandAir, yasubukuye ingendo zayo hagati ya Rusizi na Kigali nyuma y’uko izi ngendo zari zarahagaze biturutse ku cyorezo cya COVID-19.
RwandAir yatangaje ko igiye kongera gukora izindi ngendo zo gucyura Abanyarwanda bari mu Bwongereza bifuza kugaruka mu gihugu cyabo.
Leta y’u Bwongereza yashyize ahagaragara urutonde rw’ibihugu bitarebwa no gushyirwa mu kato igihe abaturage babyo bageze mu Bwongereza.
Inama yahuje ibihugu by’i Burayi yemeje gusubukura ingendo ziza muri ibyo bihugu guhera tariki 01 Nyakanga 2020.
Kompanyi ikora ubwikorezi bwo mu kirere Brussels Airlines yatangaje ko guhera tariki ya 15 Kamena kuzageza muri Kanama 2020, izasubukura ingendo zayo mu byerekezo 59 harimo n’u Rwanda.
Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Ubwikorezi bw’Indege (IATA) ritangaza ko ubwikorezi bw’indege ku mugabane wa Afurika bugiye kujya mu gihombo kubera icyorezo cya Coronavirus.
Minisitiri w’Ubuzima mu Rwanda, Dr Ngamije Daniel, yatangaje ko ingendo zo mu kirere zigiye guhagarikwa mu gihe cy’iminsi 30 mu rwego rwo kugabanya ikwirakwizwa ry’icyorezo cya COVID-19. Uyu mwanzuro uzatangira gushyirwa mu bikorwa mu ijoro ryo ku itariki ya 20 werurwe 2020.
Harabura iminsi itatu gusa, kugira ngo Tour du Rwanda 2020 itangire. Ni isiganwa mpuzamahanga ry’amagare ribera mu Rwanda, kuri iyi nshuro rikazaba riba ku nshuro ya 12. Kuri iyi nshuro rizaba rishimishije cyane, aho abazaryitabira bazagira umwanya wo kureba ubwiza bw’u Rwanda, mu nzira (etapes) umunani abasiganwa bazanyuramo.
Prof Tombola Gustave, umuyobozi mukuru wungirije ushinzwe amasomo muri Kaminuza y’ubukerarugendo, ikoranabuhanga n’ubucuruzi (UTB) asanga abantu cyane cyane urubyiruko bakwiye guhindura imyumvire yahozeho ku bantu bakora ibijyanye n’ubukerarugendo. Ashishikariza urubyiruko kubyiga kuko birimo amafaranga.
Abakora ingendo hagati y’u Rwanda n’u Bushinwa bari bamaze igihe bategereje ingendo za RwandAir zijya mu Bushinwa basubijwe kuko kuva muri iri joro ryo ku wa mbere tariki 17 Kamena 2019, iyi kompanyi y’indege y’u Rwanda iratangiza ingendo zijya mu Mujyi wa Guangzhou mu Bushinwa.
Umubare w’Abanyarwanda basaba uruhushya rwo kujya mu bihugu by’i Burayi (Visa ya Schengen), wariyongereye muri 2018, ugereranyije no muri 2017, imibare ikaba igaragaza ko abenshi bayisaba bagamije kujya mu Bubiligi.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), ku bufatanye na kompanyi yitwa Kigali City Tour batangije ubukerarugendo buzenguruka mu mujyi wa Kigali hifashishijwe imodoka nini (Bus) ikoze ku buryo bugerekeranye (Double decker bus).
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), ku bufatanye na sosiyete ‘Kigali City Tour Ltd’ kuri uyu wa kane tariki 21 Werurwe 2019 batangije ubukerarugendo bwifashisha imodoka igerekeranye (Double – decker bus), izajya ifasha ba mukerarugendo n’abandi bashaka kumenya umujyi wa Kigali.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB) rwakoze amateka rukorana amasezerano n’ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza. Ayo masezerano azatuma Arsenal yamamaza u Rwanda mu gihe cy’imyaka itatu.
Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) cyashyizeho itegeko ry’uko nta kigo cyangwa kompanyi itanga serivisi zifite aho zihuriye n’ubukerarugendo cyemerewe gukora nta cyemezo kibibemerera.
Clare Akamanzi, umuyobozi mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB) yavuze ko abanenze u Rwanda kuba rwararekuye akayabo rukamamaza ubukerarugendo rukoresheje Arsenal hari ibyo birengagiza cyangwa batumva.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB) rwakoze amateka rukorana amasezerano n’ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza,ayo masezerano azatuma iyo kipe yamamaza u Rwanda mu gihe cy’imyaka itatu.
Edouin Sabuhoro ufasha abahoze ari ba Rushimusi gusubira mu buzima busanzwe, avuga ko yabitewe n’ubukene yakuriyemo bituma yiyemeza gufasha abandi.
Kuba Uburundi na Tanzaniya bidakoresha visa imwe n’ibindi bihugu byo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), byagaragajwe nka kimwe mu bidindiza iterambere ry’ubukerarugendo mu karere biherereyemo.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango Oda Gasinzigwa akangurira abagore n’abakobwa kwitabira imirimo ijyanye n’ubukerarugendo kuko ngo itunga abayikora.
Ihuriro ry’Abakora mu bukerarugendo mu karere k’Afurika y’Iburasirazuba (EATP), biyemeje gukomeza kumenyekanisha ubukerarugendo mu rwego kugira ngo inyungu zihava ziyongere.
Kigali Serena Hotel, Hotel y’inyenyeri eshanu ifite amashami abiri mu Rwanda mu Mujyi wa Kigali no mu Mujyi wa Rubavu yahize andi mahoteli yo ku isi yose mu bijyanye no kunoza ibikorwa by’ubukerarugendo inabiherwa igihembo cyiswe ’’ The World Travel Awards’’.
Abahagarariye ibigo bishinzwe ubukerarugendo mu bihugu by’u Rwanda, Kenya na Uganda bihuriye ku muhora wa ruguru (Northern Corridor), basabye abikorera gukangukira kubyaza umusaruro amahirwe yo kuba harashyizweho akarere kamwe k’ubukerarugendo, ndetse no gufasha za Leta kumenyekanisha ibikorwa by’ubukerarugendo.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwihutisha iterambere (RDB) kimaze iminsi gisaba ababa batunze imisambi mu ngo zabo kuyibashyikiriza kugira ngo bayisubize mu ishyamba. Impamvu y’iki gikorwa, ni ukugira ngo isubizwe ku gasozi bityo ibashe kororoka.
Umunyamakuru Marie Chantal Nyirabera yamaze gushyira hanze igitabo kivuga ku byiza bitatse u Rwanda acyita “Rwanda For You”.
Abaturage bo mu karere ka Nyabihu bishimira isuku n’ubwiza busigaye buranga u Rwanda basanga bihera hasi mu nzego z’ibanze. Ibi babihera ku bwiza bw’imbuga itoshye babona aho banyura hose yaba ku biro by’ubuyobozi, ku mihanda, ku bigo by’amashuri, ibigo nderabuzima n’ahandi hatandukanye hahurira abantu benshi.