Urwego rw’igihugu rw’iterambere (RDB) ruratangaza ko ubukerarugendo bukorerwa muri Pariki y’igihugu y’ibirunga butigeze buhungabanywa n’igitero giheruka kugabwa mu karere ka Musanze kigahitana abantu 14.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) ruratangaza ko ibikorwa by’ubukerarugendo muri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga bikomeje.
Pariki y’igihugu ya Gishwati-Mukura, ubu yashyizwe mu nshingano z’Urwego rw’igihugu rw’iterambere (RDB), ikazatangira kwakira ba mukerarugendo.
Urwego rw’igihugu rw’iterambere (RDB) ruri kuganira n’abaturage ku buryo bashobora guturana n’inyamaswa ubusanzwe zitabana n’abantu, kandi bakabana mu mahoro.
Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente, avuga ko Leta y’u Rwanda imaze gutera inkunga imishinga 647 y’abaturage baturiye pariki z’igihugu kuva muri 2005, kugira ngo biteze imbere banarusheho kuzibungabunga.
Mu muhango wo ku wa 06 Nzeri 2019 wo Kwita Izina ingagi 25 ziherutse kuvuka, Perezida Paul Kagame yeretse abari bitabiriye uwo muhango inyungu ziri mu kwita kuri Pariki y’Ibirunga n’ingagi ziyituyemo.
Mu ijambo rya Perezida Paul Kagame, yashimiye abaturage uburyo bakomeje kugira uruhare mu kubungabunga Pariki y’Ibirunga, abaturage bamwizeza ko bagiye kurushaho gufata neza Pariki kugira ngo irusheho kugira uruhare mu guteza imbere ubukungu bw’u Rwanda.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasabye abaturage baturiye Pariki y’igihugu y’Ibirunga kurushaho gufatanya no gufata neza iyi Pariki n’ibikorwa by’ubukerarugendo biyishamikiyeho, mu rwego rwo kugira ngo irusheho kuzana abakerarugendo benshi n’inyungu nyinshi ku gihugu no kuri bo ubwabo.
Abaturage bo mu karere ka Musanze by’umwihariko abaturiye Pariki y’igihugu y’Ibirunga, baremeza ko kuba akarere kabo gacumbikiye ingagi zo mu Birunga bibateza imbere, bakabifata nk’akarusho kuko buri mwaka baba bizeye gusurwa n’Umukuru w’igihugu mu muhango wo Kwita Izina.
Abaturage bo mu mirenge ituriye Pariki y’Igihugu y’Ibirunga baravuga ko hari impinduka mu buryo bw’imibereho n’ubukungu bwabo babikesha umusaruro uturuka mu bukerarugendo bukorerwa muri iyi Pariki (Revenue sharing).
Umuhango wo Kwita Izina muri uyu mwaka uratanga icyizere cyo kugenda neza kurusha imyaka yashize biturutse ku bikorwa Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwateguye bibanziriza umunsi nyirizina.
Abaturiye ahitwa ku Kirenge mu Kagari ka Kirenge Murenge wa Gasiga mu Karere ka Rulindo, ahahoze ikirenge cy’umwami Ruganzu ll Ndoli, barasaba ubuyobozi kubagarurira icyo kirenge nk’ikimenyetso ndangamateka kibitswe mu ngoro ndangamurage i Huye.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), ruravuga ko rwashyizeho ingamba zihamye zo kurwanya ubushimusi n’ibindi bikorwa bitemewe muri za Pariki z’igihugu, harimo no gukoresha indege zitagira abapilote (drones).
Umuyobozi ushinzwe Ubukerarugendo mu Rwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), Belise Kariza arasobanura ko u Rwanda rwafashe ingamba zo kurinda ingagi gufatwa n’icyorezo cya Ebola.
Umuyobozi ushinzwe Ubukerarugendo mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere(RDB), Belise Kariza atangaza ko ibyamamare mu mupira w’amaguru hamwe n’abahanzi, barimo kwitegura kuza mu Rwanda ku itariki 06/9/2019.
Assomption ni umunsi Abagatolika b’isi yose bizihiza ijyanwa mu ijuru rya Bikiramariya nyina wa Yezu Kristu.
Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) cyatangaje ko cyamaze gusinya amasezerano n’Ikigo cyo mu Bufaransa ‘Vivendi Group’ gisanzwe kibarizwamo Canal +, yo kubaka no kubyaza umusaruro umudugudu w’umuco ‘Kigali Cultural Village (KCV)’, uherereye ku I Rebero mu karere ka Kicukiro mu mujyi wa Kigali.
Prof Tombola Gustave, umuyobozi mukuru wungirije ushinzwe amasomo muri Kaminuza y’ubukerarugendo, ikoranabuhanga n’ubucuruzi (UTB) asanga abantu cyane cyane urubyiruko bakwiye guhindura imyumvire yahozeho ku bantu bakora ibijyanye n’ubukerarugendo. Ashishikariza urubyiruko kubyiga kuko birimo amafaranga.
Mu minsi ishize, umukobwa wa Perezida wa Repubulika, Ange I. Kagame n’umugabo we Bertrand Ndengeyingoma baherutse gukora ubukwe, bemeje ko bagiriye ukwezi kwabo kwa buki mu Rwanda.
Hagati y’1990 n’1994, Parike nkuru y’Akagera yaracecetse cyane. Nta mitontomo y’intare yongeye kuhumvikana. Birashoboka ko zari zarahumuriwe ikibi cyendaga kuzana icurabundi mu Rwanda.
Kuri uyu wa mbere tariki 09 Nyakanga 2019, igihugu cya Kenya cyashyizeho ingamba zigamije kubungabunga inyamaswa ziba mu misozi zo mu bwoko bw’isha zizwi nka Montain Bongo, nyuma y’uko bigaragaye ko ziri gukendera cyane kuko hasigaye izitarenga 100 muri Kenya, ari naho honyine ziri ku isi.
Abakora ibikorwa by’ubukerarugendo ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu hazwi nka Kivu Belt bavuga ko bari gutegura ubukerarugendo bwa Moto nini mu kumenyekanisha ubwiza bw’u Rwanda.
Mu rukerera rwo ku wa 25 Kamena 2019, zishagawe na Polisi y’u Rwanda, inkura eshanu zifite amazina ya Jasiri, Jasmina, Manny, Olomoti na Mandela, zahagurutse ku kibuga cy’indege i Kanombe zerekeza muri Pariki y’Igihugu y’Akagera.
Kuva mu ijoro ryo kuri uyu wa 25 Kamena 2019 ku i saa sita n’igice, Abanyarwanda n’abaturarwanda bakunda gusura ubutaka butagatifu muri Israel barasubizwa kuko RwandAir, ikompanyi y’u Rwanda ikora ingendo rusange, itangira ingendo zerekeza i Tel Aviv muri Israel.
Inkura eshanu zaturutse ku mugabane w’u Burayi zageze mu Rwanda mu rukerera rwo kuri uyu wa mbere tariki 24 Kamena 2019 ziturutse muri Repubulika ya Tchèque.
U Rwanda rugiye kwakira izindi nkura eshanu ziturutse muri Repubulika ya Tcheque muri pariki yitwa ‘Dvůr Králové’ aho zari zarahurijwe guhera mu Kwezi k’Ugushyingo 2018.
Abakora ingendo hagati y’u Rwanda n’u Bushinwa bari bamaze igihe bategereje ingendo za RwandAir zijya mu Bushinwa basubijwe kuko kuva muri iri joro ryo ku wa mbere tariki 17 Kamena 2019, iyi kompanyi y’indege y’u Rwanda iratangiza ingendo zijya mu Mujyi wa Guangzhou mu Bushinwa.
Mu Ntara y’Uburengerazuba hatangijwe Destination Kivu Belt ikigo gifite inshingano yo guteza imbere ubukerarugendo ku mukandara w ikiyaga cya Kivu kuva mu Karere ka Rubavu, Rutsiro, Karongi, Nyamasheke na Rusizi.
Abaturage b’imirenge ikora ku ishyamba rya Nyungwe barasaba ko iyi parike yazitirwa cyangwa se bakajya bishyurwa imyaka yabo yonwa n’inyamaswa, ikibazo kimaze igihe kinini nk’uko aba baturage babivuga.
Ku cyumweru tariki 19 Gicurasi 2019, wari umunsi udasanzwe ku badipolomate bakorera mu Rwanda, ubwo basuraga Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, bakishimira bimwe ibyiza nyaburanga bahabonye.