Ndiaga Gueye, uhagarariye FAO muri RDC avuga ko iyi ndwara yitwa Peste des Petits Ruminants ari icyorezo kandi ko hacyenewe ubufasha bwo gutabara ubworozi bw’amatungo y’ihene. Iyi ndwara yibasira ihene kandi ikazica ku kigero cya 86%.
Iyi ndwara iravugwa mu bihugu bituranye na RDC birimo Gabon, Kenya na Tanzania ku buryo ishobora kugera mu Rwanda n’u Burundi.
Abaturage bari guhungisha amatungo yabo kugira ngo adafatwa n’iyi ndwara. Harimo gutegurwa umushinga wakingira ihene zigera ku bihumbi 500 mu gace kibasiwe ndetse no kwigisha abaturage uburyo bwo kwirinda iyi ndwara.
Sylidio Sebuharara
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|