Abahagarariye amakoperative y’uburobyi mu kiyaga cya Kivu, bavuga ko imicungire mibi y’uburyobyi yatumye umusaruro w’isambaza ugabanuka cyane, kuko ubu zabaye nkeya ku isoko.
Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, Umwali Denyse, avuga ko kororera mu biraro no gushyira ibiryo by’amatungo ku makusanyirizo y’amata, aborozi bakabihabwa ku ideni bakazishyura ku mafaranga akomoka ku mukamo ujyanwa ku ikusanyirizo, aribyo bizongera umukamo w’amata.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu butangaza ko ikibazo cy’umuhanda wa Gishwati umaze igihe ukorwa, ushobora kurangira mu mpera z’umwaka wa 2023.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, arasaba aborozi guhindura imyumvire bakava mu bworozi bushingiye ku muco n’urukundo, ahubwo bakorora bagamije ubucuruzi.
Aborozi bo mu Karere ka Bugesera barasabwa kuvugurura ubworozi bugatanga umusaruro urenze uwo babona, kuko isoko ryawo rihari kandi rihagije kuri buri wese utuye muri ako karere.
Bamwe mu borozi mu Karere ka Kayonza bahitamo kugurisha amata y’inka zabo mu dusantere tw’ubucuruzi na resitora, aho kuyajyana ku makusanyirizo, ahanini kubera imicungire mibi y’amakoperative ndetse no kwamburwa na ba rwiyemezamirimo bayabagurira.
Amagweja ni udusimba twororwa, tukagaburirwa ibibabi by’ibiti byitwa iboberi, tukazatanga indodo zikoreshwa mu nganda zikora imyenda.
Umwarimu witwa Christine Kayirangwa avuga ko muri Kanama 2022 yafashe inguzanyo ya miliyoni ebyiri n’ibihumbi 500Frw muri banki, ayashora mu bworozi bw’inkoko zitanga inyama.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) kiratangaza ko nyuma y’uko ibiryo by’amatungo bikomeje guhenda, cyatangiye kwigisha aborozi uburyo bwo kugaburira amatungo yabo bitabahenze.
Akarere ka Ngoma mu Ntara y’Iburasirazuba n’aka Gicumbi mu Ntara y’Amajyaruguru, batangiye kugirana umubano wihariye ugamije kungurana ubumenyi buganisha ku kuzamura umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi.
Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda barasaba Guverinoma gukemura ikibazo cy’amakusanyirizo y’amata, kuko hari aho aborozi bagihendwa ku giciro cy’amata n’aho ba rwiyemezamirimo bambura aborozi.
Aborozi b’Akagari ka Mucucu Umurenge wa Murundi muri Kayonza, bavuga ko ikorwa ry’umuhanda Mucucu-Kageyo ryatumye biruhutsa, kuko batabashaga kugemura amata yabo ku ikusanyirizo rito ryabegerejwe ndetse abandi ngo amata yabo akaba yatwarwaga n’abacunda, bageneraga iminsi ibiri mu cyumweru nyiri inka.
Umuryango GAERG w’abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside, woroje abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bageze mu zabukuru batuye mu Murenge wa Ntarama mu Karere ka Bugesera, aho wabahaye inkoko mu rwego rwo kugira ngo bashobore kuzamura imibereho myiza binyuze mu bworozi bw’ayo matungo magufi.
Umworozi w’Ingurube akaba n’Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’abazorora mu Rwanda, (Rwanda Pig Farmers Association/RPFA), Jean Claude Shirimpumu, atangaza ko ingurube yatumije i Burayi, mu gihugu cy’u Bubiligi, zigiye kuvugurura ubworozi bwazo mu Rwanda kuko zirimo izibwagura nibura ibibwana 18.
Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco, avuga ko muri Werurwe 2023, imirimo ya mbere y’uruganda ruzakora foromaje mu mata y’inyambo izaba yatangiye.
Aborozi bagemura amata ku ikusanyirizo ryayo rya Rwimbogo mu Karere ka Gatsibo, barishimira ko amata yabo atazongera kwangirika kubera ko babonye imashini zikoresha imirasire y’izuba mu kuyakonjesha.
Umuyobozi mukuru wungirije w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), ushinzwe Ubworozi, Dr. Solange Uwituze, arashishikariza ba rwiyemezamirimo gukora ubworozi bw’amafi ku bwinshi hagamijwe umusaruro wayo ukarenga uboneka mu burobyi kuko ukiri 10%.
Amakoperative akora uburobyi bw’isambaza mu kiyaga cya Kivu yongeye gufungurirwa uburobyi tariki 13 Ukwakira 2022, igiciro cy’isambaza kigura amafaranga 2500 mu mujyi wa Gisenyi, mu gihe mu Karere ka Rutsiro cyaguze amafaranga 1300.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buratangaza ko aborozi bagiye gutangira guhabwa imbuto y’ubwatsi bw’amatungo ku buntu, ariko bukanasaba aborozi kubutera ku bwinshi kugira ngo abakeneye imbuto bayibone bitabagoye.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) igaragaza ko hari impungenge z’umukamo udahagije uboneka nyamara habura amezi atatu gusa ngo uruganda rutunganya amata y’ifu rutangire gukora.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango burasaba aborozi kwirinda kugurisha inyana zivuga ku nka zatewe intanga, kuko baba bagurishije inka zifite imbaraga kandi zat=ri kuzatanga icyoror cyiza ku bifuza ubworozi bugezweho.
Abafashamyumvire mu bworozi bo mu Karere ka Musanze, bahamya ko igihe kigeze, ngo akajagari kagaragara mu kugeza umukamo ku masoko no mu bucuruzi bwayo gahagarare, mu kwirinda ingaruka zituruka ku ruhererekane rw’amata rutuma yangirika, abaguzi bakayanywa yatakaje umwimerere.
Urwego rw’ Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB), rworoje imiryango 23 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi itishoboye yo mu Karere ka Ruhango, mu rwego rwo kuyifasha kwiteza imbere.
Abaturage bo mu miryango 20 itishoboye, bo muri imwe mu Mirenge igize Akarere ka Burera, barahamya ko kuba borojwe inka, ari imbarutso yo kwikura mu bukene bwari bumaze igihe bwarabadindije, ubu bakaba bagiye kwihutana n’abandi mu iterambere.
Umuryango w’abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi biga ku ishuri ryisumbuye rya Gahogo Adventist Academy), AERG Ngira Nkugire, boroje inka uwarokotse Jenoside utishoboye wo mu Murenge wa Cyeza, basaba n’ibindi bigo by’amashuri kubigiraho.
Ikigo gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), kirasaba aborozi bose mu Gihugu kwitabira gukingiza inka, ihene n’intama zimaze byibura amezi atatu zivutse kandi zidahaka, gufuhera umuti urwanya imibu kabiri mu cyumweru, ndetse no kuvuza izarwaye ubuganga bwa ‘Rift Valley Fever’, byose bikaba birimo gukorwa ku buntu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buvuga ko uko umubare w’Inka uzajya wiyongera, ari nako hazajya hongerwa umubare w’Ibikomera (Amasoko y’inka), ibishaje nabyo bikavugururwa hagamijwe kugabanya ingendo z’inka n’aborozi.
Ubuyobozi bw’ikigo OVG gishinzwe gukurikirana imihindugurikire y’ibirunga, cyatangaje ko amafi yabonetse hejuru y’amazi mu kiyaga cya Kivu yapfuye ntaho ahuriye na gazi iboneka mu kiyaga cya Kivu nk’uko benshi babiketse, ahubwo ngo ashobora kuba yarishwe n’ibindi bintu bitahise bimenyekana.
Ubuyobozi bw’Agace ka Minova muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwatangaje ko tariki ya 3 Kamena 2022 batunguwe no kubona amafi n’isambaza mu kiyaga cya Kivu byapfuye bikareremba hejuru y’amazi, bakeka ko byishwe na Gaz iri mu Kiyaga cya Kivu.
Abavuzi b’amatungo bigenga 30 baturuka mu Turere twa Nyamagabe, Nyaruguru na Nyanza, bahuguwe ku gutera inka intanga none banabiherewe ibikoresho bazajya bifashisha, bakemeza ko bagiye kuvugurura icyororo aho bakorera, bityo umukamo wiyongere.