Uyu mushinga watangijwe n’umuhinzi-mworozi witwa Ruzibiza Jean Caude ukora ubuhinzi bwa Kijyambere muri Green House akanakoresha ikoranabuhanga, watashywe na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, kuri uyu wa kabiri 25 Ugushyingo 2015.
Ruzibiza uhagarariye uyu mushinga akaba ari nawe wawutangije, yavuze ko umaze hafi imyaka 20. Avuga ko afite imashini y’ingengabihe igenzura ikirere imiyaga, ubushyuhe n’imvura.
Yavuze ko nyubako y’ubuhinzi yitwa Green House, ikoreshwa na Mudasobwa ariyo iyigenera igipimo cy’amazi akenewe, ifumbire n’ibindi byangombwa, ikaba yanabikora ubwayo uyikoresha adahari.
Yagize ati “Ihagaze agaciro ka Miliyoni 40Frw, yitezweho umusaruro ungana na Toni 16. Geen House gusa zose hamwe, zikaba zihagaze miliyoni 46Frw, ariko hatarimo ubuhinzi bukorerwa hanze ya Green House ndetse n’ubworozi bw’inkoko ze zisaga ibihumbi 15.”
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuhinzi Toni Nsanganira, yavuze ko Minagri yifuza ko abandi bamwigiraho kuko ubuhinzi bwe ari icyitegererezo.
Yavuze ko ibyo yakoze bigaragaza ko ntakwitwaza ngo ubutaka ni buto, kuko iyo ubuhinze kijyambere butanga umusaruro mwinshi, kurusha ubutaka bunini buhinze nabi.
Ati “Mu Rwanda dutumiza indabo hanze, ahubwo natwe tuzohereze zunganire ibyo igihugu cyohereza hanze byiyongere kubimenyerewe nka Kawa, n’Icyayi, bityo amadevise nayo yiyongere.”
Umuyobozi w’Akarere ka Rulindo Kangwagye Justus, yavuze ko uwo rwiyemezamirimo atarebye inyungu ze gusa, ahubwo ko yabaye igisubizo mu baturage batuye mu Karere ka Rulindo kuko hari benshi yahaye akazi, abo ahugura n’abo aha ifumbire ituruka ku bworozi bw’inkoko.
Yanashishikarije abandi bifuza gushora imari ko bamwigiraho bagakora ubuhinzi bukoresha ikoranabuhanga bagakataza mu iterambere.
Marie Solange MUKASHYAKA
Ibitekerezo ( 3 )
Ohereza igitekerezo
|
Mu Rwanda dufite amahirwe menshi mu buhinzi. Ntitukitwaze izuba kuko dufite ibishanga binini kandi byahingwa ibihe byose. Muzasure inkuka y’Akagera kuva ku kiraro gihuza umurenge wa Gashora (Bugesera) n’uwa Rukumberi (Ngoma) mukurikire Akagera muzahasanga inkuka nini ikeneye kuba exploité.
ni muturangire aha hantu tujye kwiga.Inama natanga nuko abayobozi buturere bakwiye gushyiraho uburyo bwo kureshya ba rwiyemezamirimo bafite amafaranga gushora amafaranga mubuhinzi Atari ukwicara gusa ngo bazizana.erega niyo mihigo!!!!za nyobozi zuturere ziba zikwiye gukora nka kuriya president ajya hanze kureshya ba rwiyemezamirimo, nabo bafata abacuruzi nabandi bantu mukarere bakajya aho babona abashoramari bakabereka amahirwe ari iwabo.ikibazo nuko abenshi nabo bataba bayazi kandi ariho bayobora
umuntu ushaka gusura uyu mushinga yakura hehe contact za RUZIBIZA hehe?? ndifuza kumutemberera nanjye nkawiga mfite ubutaka nifuza kubyaza umusaruro