Ibihumyo bigiye gukemura ikibazo cy’imirire mibi

Bamwe mu baturage batuye mu byaro by’Akarere ka Rusizi baravuga ko igihingwa cy’ibihumyo kizabafasha kugabanya imirire mibi iboneka mu bana.

Babivuze nyuma yo guhabwa imigina y’ibihumyo n’umushinga wa World Relief ndetse no kwigishwa kubihinga mu rwego rwo kurwanya imirire mibi yibasira abana n’abagore batwite.

Abaturage barimo guhinga ibihumyo
Abaturage barimo guhinga ibihumyo

Kamatari Leandre, umuturage wo mu Murenge wa Nyakarenzo, avuga ko badakunze kubona inyama kubera ko zihenze, bityo ibihumyo ngo bikaba bizabafasha kubona intungamubiri kuko ngo bifite izingana n’iz inyama.

Yagize ati "Urabona ko mu giturage iwacu akenshi ntidushobora kubona ibintu byerekeranye kuko bihenze ariko noneho ibi bihumyo bifite intungamubiri imwe n’inyama ku buryo bizadufasha ubuzima bwacu bukazamuka neza”.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Gashonga
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gashonga

Uzamushaka Mwanaidi wo mu Murenge wa Bugarama, we avuga ko umurenge wabo ukize ariko ngo hari ababyeyi barwaje bwaki kubera kutamenya uburyo bwo kurwanya indwara zikomoka ku mirire mibi, ariko ngo hari icyizere cyo kuyirandura hifashishijwe ibihumyo.

Aba baturage bavuga ko amikoro make n’ubumenyi budahagije mu gutegura amafunguro biri mu byatumaga badashobora kurandura imirire mibi.

Umuhuzabikorwa w’umushinga wa World relief mu Karere ka Rusizi, Byabagabo Justin, avuga ko iyi gahunda yo kwigisha abaturage guhinga ibihumyo ndetse n’uturima tw’igikoni igamije kurwanya imirire mibi kuko bigira intungamubiri itagira amakemwa.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gashonga, Uwambaje Aime Sandrine ,avuga ko ibihumyo bigiye kubafasha kwesa umuhigo wo kurandura ikibazo cy’imirire mibi by’umwihariko ku bana 40 bari bafite icyo kibazo muri uwo murenge.

Yagize ati “Abaturage batagira uburyo bwo kubona inyama nabagira inama yo kurya ibihumyo kuko bizamura ubuzima bwabo n’imibereho y’abana babo vuba cyane”.

Abana 801 ni bo barwaye indwara zikomoka ku mirire mibi mu Karere ka Rusizi. Abagera kuri 366 ngo bashobora gukurikiranwa bagakira mu gihe abasigaye bo ngo bagwingiye.

Musabwa Euphrem

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka