Mukamigera Sipeciose, umwe muri aba bahinzi avuga ko ubuhinzi bw’umuceri bwamuteje imbere dore ko ngo yatangiye guhinga umuceri na mbere y’uko abahinzi bahinga mu gishanga cya Ntende bibumbira muri Koperative ibahuje ya COOPRORIZ Ntende.
Cyakora avuga ko imbogamizi agifite mu buhunzi bwe, ari amazi make atuma atazamuka ngo agree ku musaruro mwinshi uzamufasha kugera ku ntera yisumbuyeho mu kwiteza imbere.
Agira ati “N’ubwo tugeze kuri byinshi ariko turacyafite ikibazo cy’amazi adahagijeni yo kuhira umuceri. Nk’ubu hamwe na hamwe umuceri uragenda wuma kandi utarageza igihe cyo kwera ngo dusarure, nibikomeza tuzagwa mu gihombo.”
Ushinzwe ubuhinzi muri Koperative ya COOPRORIZ Ntende Isabane Etienne, asobanura ko ikibazo cy’amazi make muri iki gishanga giterwa n’uko ubuso buhingwaho umuceri bwiyongereye, mu gihe ingomero zari zisanzwe zikoreshwa mu kuhira umuceri zitiyongereye.
Ku ruhande rw’ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo, Umuyobozi wungirije w’aka karere ushinzwe ubukungu, Manzi Theogene, avuga ko bagiye kuvugana n’inzego zibishinzwe zirimo Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi binyuze mu mushinga wa RSSP mu rwego rwo gushakira umuti iki kibazo.
Ati “Ikibazo cy’aba bahinzi twarakimenye, ubu icyo tugiye gukora ni ubuvugizi n’abafatanyabikorwa b’akarere kugira ngo turebe niba hakonerwa izindi damu (ingomero), bityo aba bahinzi ntibazagwe mu gihombo.”
Koperative y’abahinzi b’umuceri ya COOPRORIZ Ntende, ihuriwemo n’abahinzi barenga ibihumbi bine bakorere mu mirenge itatu yo mu karerere ka Gatsibo ariyo Rugarama, Rwimbogo na Gitoki.
Benjamin Nyandwi
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
Ubuyobozi niburebe uko bubikemura nahubundi bazahomba hatabonetse amazi.