Bibukijwe kwibumbira mu matsinda y’ubuhinzi ngo bizamure

Abahinga mu gishanga cya Kiryango mu karere ka Ruhango bakanguriwe kwibumbira mu matsinda kugira ngo babashe kuzamura umusaruro wabo.

Ibi bakaba babisabwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuzima Dr Ndimubanzi Patrick, ubwo yifatanyaga n’abaturage bo mu murenge wa Kinihara bahinga mu gishanga cya Kiryango, mu gutangiza igihembwe cy’ihinga cya A 2016, tariki ya 13/10/2015.

Yishimiye uko igishanga cyatunganyijwe
Yishimiye uko igishanga cyatunganyijwe

Ubwo basozaga igikorwa cyo gutera imbuto y’ibigori muri iki gishanga, Umunyamabanga wa Leta aganira n’abaturage, akaba yabasabye kugira umuco wo kwibumbira mu matsinda ndetse n’amakoperative, kuko abishyize hamwe bagahuza imbaraga ngo bagera kuri byinshi.

Ati “Ni byiza kwishyira hamwe, mugahuza imbaraga, kuko nibwo muzagera ku musaruro ushimishije, mugateza igihugu imbere, namwe mugatera imbere”.
Akaba yakomeje abasaba kandi kwita ku bihingwa byabo, bahangana n’isuri, basibura imigende y’igishanga.

Yasabye abaturage kwibumbira mu matsinda
Yasabye abaturage kwibumbira mu matsinda

Abaturage bakaba bishimiye ko mu bihe nk’ibi abayobozi bakuru bamanuka bakaza kwifatanya nabo, kuko ngo bibongerera imbara zo gukora cyane.

Rwigena Gabriel uhinga muri iki gishanga, akaba yavuze ko bishimiye kwifatanya na

Minisitiri, gusa amusaba ko bakongererwa ifumbire bagenerwa ku gihe cy’ihinga, anasaba ubuyobozi bw’Akarere kujya bubaba hafi mu bihe by’imvura, kuko hari ubwo amazi aba menshi akarenga ubushobozi bwabo akangiza iki gishanga.

Umunyamabanga wa Leta yifatanya n'abaturage
Umunyamabanga wa Leta yifatanya n’abaturage

Igishanga cya Kiryango kikaba gihingwamo n’abaturage b’Imirenge ya Mwendo na Kinihira, bakaba bagihingamo umuceri n’ibigori, gusa abahinzi bagasaba ko cyajya gihora gitunganywa neza, kuko mu gihe cy’imvura gikunze kuzura amazi kikangirika.

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka