Abahinzi bizeye umusaruro kubera imbuto nshya y’ibigori

Abahinzi bahinga ibigori mu kibaya cya Kibugabuga na Ngeruka baratangaza ko bizeye kubona umusaruro babikesha imbuto nshya barimo guhinga.

Mwasiro Anastasie ni perezida w’imwe muri koperative ahinga muri icyo kibaya. Avuga ko ubu biteguye kubona umusaruro mwinshi kubera imbuto nshya y’ibigori babonye isimbura iyo bari basanzwe bahinga.

Mwasiro Anastasi perezida wa koperative y'abahinga mu kibaya cya kibugabuga na Ngeruka, uvuga ko bizeye ko umusaruro uziyongera nta kabuza
Mwasiro Anastasi perezida wa koperative y’abahinga mu kibaya cya kibugabuga na Ngeruka, uvuga ko bizeye ko umusaruro uziyongera nta kabuza

Ati “Turimo guhinga imbuto bita Pannar 53, imbuto itanga umusaruro kuko ubu turateganya ko kuri hegitari tuzajya dukuramo toni 7, kuko ubusanzwe twabonaga toni eshanu gusa kuri hegitari”.

Aba bahinzi ngo iki cyizere bagishingira kubahawe iyi mbuto mbere bayihinze ndetse bikagaragara ko itanga umusaruro nk’uko bivugwa na Ntegamaherezo Daniel umwe mubahinga muri icyo gishanga.

Ati “Nitugira Imana imvura ikaboneka turizera ko tuzagera kuri uwo musaruro nta kabuza. Kuko iki kibaya kirera cyane dore ko mu gihe cy’ihinga gishize twahinzemo amasaka kandi twakuyemo umusaruro mwinshi kandi ufatika”.

Sendege Norbert, umuyobozi w’ikigo gishinzwe iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi (RAB) mu ntara y’iburasirazuba, asaba abo baturage ko hari ibyo bagomba gukora kugira ngo iyo ntego bihaye bayigereho.

Sendege Norbert umuyobozi wa RAB mu ntara y'iburasirazuba, avuga ko abahinzi nibakurikiza amabwiriza n'imvura ikagwa neza, umusaruro uziyongera
Sendege Norbert umuyobozi wa RAB mu ntara y’iburasirazuba, avuga ko abahinzi nibakurikiza amabwiriza n’imvura ikagwa neza, umusaruro uziyongera

Ati “Bagomba gukoresha ifumbire ku kigero tubereka ndetse bagashyiramo ifumbire y’imborera na none imvura ikabakundira ikagwa neza, nta kabuza intego bihaye bazayigeraho kuko n’abandi bayigezeho”.

Ikibaya cya Kibugabuga na Ngeruka gifite hegitari 400, gihingwamo n’amakoperative ane agizwe n’abahinzi 670 bibumbiye mu matsinda icyenda.
Ubusanzwe iki gishanga kikaba cyahingwagamo amasaka, aho mu gihembwe cy’ihinga cyasaruwemo toni 2000.

Egide Kayiranga

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Toni7/ha!ntibishoboka.Si byiza kubeshya abahinzi. Pannar irimo kwamamaza imbuto zayo.
Niba mugira ngo n
dabeshya muzaze kureba umusaruro w’iyi koperative.
pannar53? uzambaze

shyaka yanditse ku itariki ya: 23-09-2015  →  Musubize

Umwaka ushije izuba ryali ryatse ritubuza guhinga none nirigaruka ntirizatwangiriza reka dutegereze

alain yanditse ku itariki ya: 22-09-2015  →  Musubize

iyo mbuto imeze ite ra!niba ari nziza se imvura yinaha ko nsigaye mbona yarabuze, yanagwa ikaza iri nyinshi ikangiza. reka tubitege amaso

Benjamin yanditse ku itariki ya: 22-09-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka