Mukunguri: Hegitari zigera kuri 300 zikenewe gutunganywa

Igishanga cya Mukunguri gihuriweho n’uturere twa Ruhango na Kamonyi gifite hegitari 700, ariko 300 muri zo ntizibyazwa umusaruro kuko zidatunganyijwe.

Iki gishanga gihingwamo umuceri kuri hegitari 400 na Koperative COPRORIZ Abahuzabikorwa ifite abanyamuryango 2750. Izindi hegitari zisigaye ngo ntizihingwa kuko zidatunganyije, ababigerageje imirima yabo ikaba yaratwarwaga n’isuri.

Mukunguri ihingwa kuri ha 400 muri 700.
Mukunguri ihingwa kuri ha 400 muri 700.

Bugingo Celestin, umwe mu bahinga umuceri mu Mukunguri, atangaza ko hari umurima yaretse guhinga bitewe n’uko imvura yagwaga ukarengerwa n’umucanga maze umuceri wose ukarengerwa.

Kuri ubu ahinga aho yatijwe na nyirabukwe ariko yifuza ko ubuyobozi bwatera inkunga koperative yo gutunganya aho hadatunganyijwe.

Abahinzi bashimiwe uko barwanya isuri muri iki gishanga.
Abahinzi bashimiwe uko barwanya isuri muri iki gishanga.

Aragira ati “Icyo nasaba ubuyobozi nuko badutera inkunga na hariya hadahingwa hagatunganywa maze umusaruro wa Koperative ukiyongera kuko bigaragara ko iki gishanga gisigaye gitanga umusaruro ushimishije.”

Mukamusoni Francine, Prezidante wa Koperative atangaza igice gihingwa bagerageza kukirwanyaho isuri basibura imiyoboro y’amazi, ariko ahasigaye ngo hakaba hadahingwa kuko nta mazi ayoboyemo.

COPRORIZ yageze ku iterambere ririmo uruganda rutonora umuceri.
COPRORIZ yageze ku iterambere ririmo uruganda rutonora umuceri.

Avuga ko Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi ibinyujije mu mushinga wa RSSP yatangiye gukora inyigo yo kugitunganya kandi abahinzi biteguye kuzakibyaza umusaruro, kuko kuri ubu bafite umusaruro wa toni 5,8 kuri hegitari.

Ati “Twiteguye ko umunsi igishanga cyatunganyijwe tuzakibyaza umusaruro ku buryo bufatika kuko abahinzi bacu bamaze kubona inyungu mu guhinga umuceri.”

Iyi koperative igira uruhare mu gushyigikira Leta muri Gahunda ya Gira inka.
Iyi koperative igira uruhare mu gushyigikira Leta muri Gahunda ya Gira inka.

Mu ruzinduko umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, Rutsinga Jacques yakoreye muri iki gishanga tariki 5 Ugushyingo 2015, yashimiye abahinzi uburyo barwanya isuri mu gice cy’igishanga bahinga basibura imiyoboro, bagatera imiseke n’imigano ku nkengero.

Yabijeje ko ubwo inyigo yo gutunganya igice gisigaye yarangiye gukorwa, ngo mu ngengo y’imari y’umwaka utaha wa 2016/2017, ibikorwa byo kugitunganya bikazatangira.

Marie Josee Uwiringira

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka