Barashishikarizwa guhinga no kongera ubwiza bwa Kawa

Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibikomoka ku buhinzi bijyanwa mu mahanga kirasaba abahinga Ikawa mu Karere ka Rutsiro kongera ubwinshi n’ubwiza bwayo.

Abayobozi ba NAEB babitangaje kuri uyu wa kabiri tariki 20 Ukwakira 2015, ubwo mu Ntara y’iburengerazuba hatangirizwaga gahunda yo gutera ifumbire mvaruganda ya NPK 20-6-12 mu ma Kawa, umuhango wabereye mu Murenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro.

Kawa ngo iyo ikorewe neza ikitabwaho yera imbuto zitari ibihuhwe.
Kawa ngo iyo ikorewe neza ikitabwaho yera imbuto zitari ibihuhwe.

Abahinzi ba Kawa bibukijwe ibyiza bya Kawa aho bibukijwe ko yinjiza amadovize ari nayo avamo bimwe mu bikorwa remezo, NAEB ibasaba kongera ubwinshi bwayo kandi ubwo bwinshi bukajyana n’ubwiza hatajemo ibihuhwe.

Kayisinga Jean Claude umuyobozi wungirije wa NAEB yagize ati “Twibukije abaturage ko dushaka umusaruro mwinshi wa kawa kandi izo kawa zikaba ari nziza niyo mpamvu bagomba kuzikorera neza.”

Abaturage basobanuriwe ingano y'ifumbire mvarugannda batangira kuyitera ku biti bya Kawa.
Abaturage basobanuriwe ingano y’ifumbire mvarugannda batangira kuyitera ku biti bya Kawa.

Abahinzi ba Kawa batangaje ko impanuro bahawe bazazishyira mu bikorwa ku buryo bazabishyira u bikorwa nk’uko Ndacyayisenga Jean Nepomuscene umwe mu bahinzi ba Kawa yabitangaje.

Ati “Njyewe maze imyaka ine ndi mu bijyanye n’ubuhinzi bwa Kawa ariko ubutumwa duhabwa byanze bikunze ubunararibonye batuzanira tuzabubyaza umusaruro duhinga Kawa.”

Mukeshimana Valerie umaze imyaka 15 ahinga Kawa ati “Nsanzwe mpinga Ikawa kuko maze imyaka 15 njye n’umugabo duhinga kawa ubu twumvise impanuro, kuko nk’ubu ndumva hari ikigomba kwiyongera mu mihingire yanjye kandi nkanabikangurira abandi.”

Abaturage barimo abahinzi ba Kawa basobanuriwe akamaro ka Kawa.
Abaturage barimo abahinzi ba Kawa basobanuriwe akamaro ka Kawa.

Ushinzwe ubuhinzi mu karere yavuze ko Kawa ikunda guhura n’indwara cyane cyane y’umugese ujya ku mababi, utuma ikawa itagira imbuto n’utundi dukoko dutuma kawa imungwa ariko ngo abahinzi bafashwa kurwanya izo ndwara.

Abazihinga bagaragaje imbogamizi z’inganda bagemurira zigatinda kubishyura cyangwa zimwe zikanabambura.

Umuyobozi w’akarere Gaspard Byukusenge, yabijeje ko ubuyobozi bugiye gukurikirana ibyo bibazo aho ngo bazegera ba nyir’inganda bakihanangirizwa.

Ibikomoka ku gihingwa cya kawa byoherezwa mu mahanga kugeza ubu bingana na toni ibihumbi 14, mu gihe ngo muriuyu mwaka wa 2015-2016 NAEB ifite intego yo kuzagemura toni ibihumbi 20.

Mbarushimana Cisse Aimable

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka