Nizeyimbabazi Jean de Dieu, Umukozi ushinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi mu Karere ka Burera, avuga ko kuri ubu barimo kugenda basobanurira abaturage kugira ngo hatazongera kugaragara umuturage wahinze amasaka ahagenewe guhingwa ibihingwa byatoranyijwe.
Akomeza avuga ko bizeye ko abaturage bazabyubahiriza ariko ngo utazabyubahiriza hari ingamba zizamufatirwa zirimo no kwamburwa ubwo butaka.
Agira ati “Itegeko ryo kubungabunga ubutaka rirahari, umuturage udakoresha ubutaka bw’iwe ashobora kuba abwambuwe by’agateganyo bukaragizwa abandi bantu, amakoperative, babasha kubukoresha bityo akaba yigishwa uburyo yabukoresha, nyuma akabusubizwa.”
Ubusanzwe, ibihingwa byatoranyijwe guhingwa mu Karere ka Burera ni ibirayi, ibigori, ibishyimbo ndetse n’ingano. Bihingwa ku buso bw’ubutaka bwahujwe ubundi amasaka n’ibindi bihingwa, bigahingwa ku bundi butaka busigaye.
Ubuyobozi bw’ako karere ntibuhwema gusobanurira abaturage ko bagomba kubahiriza gahunda yo guhinga ibyo bihingwa byatoranyijwe kuko ari byo bitanga umusaruro mwinshi utuma batakwibasirwa n’inzara. Ariko usanga bamwe mu bahinzi batabyubahiriza.
Amasaka yerera amezi ari hagati y’atandatu n’arindwi. Abaturage bahamya ko nubwo atinda mu butakagusarurwa atanga umusaruro mwinshi bityo bakabona n’amafaranga. Bahamya ko ahavuye ibiro 70 by’ibigori, hava ibiro 100 by’amasaka.
Ikindi ngo ni uko ikilo cy’ibigori gishobora kugura amafaranga y’u Rwanda ari hagati ya 100 na 150, mu gihe icy’amasaka kigura 300.
Kubura imbuto kubera ubushobzi buke nabyo ngo bituma bahinga amasaka. Bavuga ko ahantu hatewe imbuto y’ibirayi ingana n’ibilo 100 hashobora kujya ibiro nka bitatu by’amasaka. Ikilo kimwe cy’imbuto y’ibirayi kigura amafaranga 400 mu gihe icy’amasaka kigura amafaranga 300.
Uwineza Theogene, umwe muri abo bahinzi, agira ati “Babura imbuto rero bakavuga bati ‘ese noneho turaraza umurima! Aho kuwuraza reka dushyiremo udusaka”.
Ubuyobozi bw’Akarere buvuga ko hasanzweho gahunda ya nkunganire ku mbuto z’ibigori n’ibishyimbo ariko ngo no ku birayi bari gushaka uburyo yajyaho.
Ibitekerezo ( 4 )
Ohereza igitekerezo
|
haaaaa,umunyamakuru yarahageze ariko ntabwo akora inkuru with logical consistancy! uziko kuriyo Nkuru yokwamagana arahinga AMASAKA kubutaka bwagenewe guhinga ibihingwa byatorabyijwe byarinda abaturage inzara,yagiye yongeramo ibitekerezo bishimangira kandi bishyigikira arahinga AMASAKA!uwasoma atitonze yagirango numuyobozi wubuhinzi wabishyigikiye!!!!!!
mwajyaga kugaragara mubika amagambo buri wese yagiye avuga,!noneho yenda na comments zanyu!
@Konde watanga gihamya cy’ibyo uri gushimangira? ahubwo wowe jya ugerageza gushishoza wirinde kuvuga ibitajyanye!
Uyu murima mu nkuru y’ubushize wari mu Karere ka Musanze mu Murenge wa Muhoza none muri iyi nkuru wimutse ujya i Burera...iyi ni tekinoloji yimura ubutaka bukambuka ikiyaga... mujye mugerageza mutange amakuru nyayo pls