Bikoreye umuhanda uzabunganira mu buhinzi

Abatuye mu Murenge wa Mahama muri Kirehe biharuriye umuhanda uzaborohereza kugeza ifumbire mu mirima yabo, igikorwa bizera ko kizongera umusaruro.

Uyu muhanda unyura mu Kagali ka Munini na Mwoga, wari warangiritse ku buryo kuwunyuramo byababeraga ikibazo. Ariko bafatanyije n’ubuyobozi barawuharuye barawutunganga, mu muganda wabaye kuwa gatandatu tariki 27 Gashyantare 2016.

Bagiye kujya bifashisha amagare kugezayo ifumbire no gukurayo umusaruro bawugeza ku isoko.
Bagiye kujya bifashisha amagare kugezayo ifumbire no gukurayo umusaruro bawugeza ku isoko.

Uwimana Pascasie avuga ko kuba uwo muganda witabiriwe n’abayobozi byaberetse ko uwo muhanda ufite agaciro batakekaga, yiyemeza ko we na bagenzi be utazongera kubangirikana.

Yagize ati “Ugiye kudufasha ifumbire yari yaraheze mu kimoteri umuntu adashobora kuyitwara ku mutwe ngo ayibashe. None ubu umusaruro ugiye kwiyongera kuko tugiye gufumbira k’uburyo umusaruro n’ubukungu buziyongera.”

Abaturage bari bashishikajwe no kwikorera umuhanda.
Abaturage bari bashishikajwe no kwikorera umuhanda.

Nzeyimana Zacharie na we avuga ko umusaruro uziyongera kuko n’imodoka ziwutwara zizabasha kuhagera.

Ati “Ntitwawukoreshaga. Mu minsi ishize wasaga n’uwapfuye ariko ubu tugiye kujya tweza imyaka tuyishyire hamwe imodoka ize iyipakire. Ikindi ni ikibazo cy’ubwatsi bw’amatungo kuko ntibyashobokaga ko uhanyuza igare none turashubijwe.”

Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Mukeshimana Geraldine, wari wifatanyije n’abaturage muri aka karere afitemo inshingano zo gukurikirana, yavuze ko guhera ubu nta rwitwazo bafite rwo kuvuga ko bishwe n’inzara kandi boroherejwe.

Minisitiri Mukeshimana yasabye abaturage kubyaza ubutaka umusaruro bifashishije imihanda bitunganyiriza.
Minisitiri Mukeshimana yasabye abaturage kubyaza ubutaka umusaruro bifashishije imihanda bitunganyiriza.

Ati “Ntibyumvikana kumva ko hari abaturage bataka inzara kubera kutubahiriza gahunda ya Leta y’imihingire kandi njye Minisitiri w’ubuhinzi mbashinzwe.”

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka