Ubuhinzi bwitezweho kuzamura ubukungu kugera kuri 11.5% muri 2020

Ministeri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), iravuga ko igifite gahunda yo gufasha ubukungu bw’igihugu kuzamuka ku rugero rwa 11.5% muri 2020.

MINAGRI iteganya ko ubuhinzi buzafasha u Rwanda kugera ku kigero cy'ubukungu cya 11.5% muri 2020.
MINAGRI iteganya ko ubuhinzi buzafasha u Rwanda kugera ku kigero cy’ubukungu cya 11.5% muri 2020.

Umunyamabanga wa Leta muri MINAGRI, Tony Nsanganira abyizeza mu gihe igihembwe cya mbere cya 2016 cyarangiye ubukungu bw’u Rwanda buzamutse ku rugero rwa 7.3%.

Kuri uyu wa gatanu tariki 19 Kanama 2016, ubwo yatangizaga urubuga rufasha abacuruzi gusaba ibyangombwa byo kohereza no gutumiza mu mahanga ibijyanye n’ubuhinzi n’ubworozi, Nsanganira yavuze ko ubuhinzi buzifashisha ikoranabuhanga bukagira uruhare rungana na 8.5% mu kuzamuka k’ubukungu ku rugero rwa 11.5% mu mwaka wa 2020.

Yagize ati “U Rwanda rurashaka kuzamura umusaruro w’ubukungu ku rugero rwa 11.5% mu rwego rwo kugera ku ntego z’icyerekezo 2020; ubuhinzi bukaba bugomba kubigiramo uruhare rungana na 8.5% hifashishijwe ikoranabuhanga, haba mu bucuruzi no mu buhinzi nyirizina.”

Umunyamabanga wa Leta muri MINAGRI, Tony Nsanganira.
Umunyamabanga wa Leta muri MINAGRI, Tony Nsanganira.

Yavuze ko kugira ngo ubuhinzi bugire uruhare rungana rutyo mu bukungu bw’Igihugu, bisaba kuzamura umusaruro w’ibyoherezwa mu mahanga bikomoka kuri bwo ku rugero rwa 28% buri mwaka, bikaruta ibitumizwa hanze bingana na 17%.

Nsanganira yashimiye uruhare urubuga RALIS ruzagira mu gufasha abacuruzi gusaba ibyangombwa byo kohereza mu mahanga no gutumizayo ibikomoka ku buhinzi, kuko ngo rukuyeho gusiragira mu nzego kw’abacuruzi hamwe n’igihombo cy’amafaranga byabateraga.

Muri Mata 2016, Ministiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb Claver Gatete, yari yavuze ko ubukungu bubangamiwe n’igabanuka ry’ibiciro ku masoko mpuzamahanga. Icyo gihe yari imbere y’Inteko Ishinga Amategeko, asobanura imbanzirizamushinga y’ingengo y’imari y’imyaka itatu iri imbere.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka