U Rwanda rugiye gukuba kabiri amafaranga rugenera icyaro

Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Tony Nsanganira, yatangaje ko u Rwanda ruzakuba kabiri ingengo y’imari rugenera icyaro bitarenze mu myaka itanu iri imbere.

umunyamabanga wa Leta muri MINAGRI, Tony Nsanganira, yasobanuri ye impuguke mpuzamahanga zitabiriye inama ya AFRACA ku ishoramari mu buhinzi ko u Rwanda rwiteguye gukuba kabiri ingengo y'imari rugenera icyaro.
umunyamabanga wa Leta muri MINAGRI, Tony Nsanganira, yasobanuri ye impuguke mpuzamahanga zitabiriye inama ya AFRACA ku ishoramari mu buhinzi ko u Rwanda rwiteguye gukuba kabiri ingengo y’imari rugenera icyaro.

Yabitangaje mu nama y’AFRACRA iteraniye i Kigali, avuga ko ingengo y’imari ingana na 10% igihugu kigenera icyaro ngo izaba yikubye kabiri mu gihe kingana n’imyaka iri hagati y’ibiri n’itanu iri imbere.

Yasabye kandi inzego zishinzwe imari mu gihugu kwishakamo ubushobozi kugira ngo zibashe kumenya umwihariko wa buri gace k’icyaro no kugateza imbere.

Umunyamabanga wa Leta muri MINAGRI yavuze ko hari byinshi ibihugu bishobora kubyaza icyaro mu gihe byaba byitaye ku iterambere ryacyo.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Yego nyene igihe icyaro kitazaba kiratera imbere biragoye kuzagera kw’iterambere rirambye.

che yanditse ku itariki ya: 1-08-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka