Mu kagari ka Rusura mu murenge wa Busasamana niho umvura irimo urubura n’imiyaga yibasiye imyaka iri mu murima. Iyo myaka igizwe n’ibigori, ibirayi, ibishyimbo bihinze kuri hegitare 40. Iyo mvura kandi yangije ibisenge by’amazu 87 byo muri ako Kagari.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Busasamana, Kazendebe Hertien, avuga ko abaturage bagize igihombo kubera imyaka yabo yangiritse.
Abayobozi batandukanye mu Karere ka Rubavu, barimo umuyobozi wako wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Murenzi Janvier, basuye abaturage bahuye n’ibiza.
Babihanganishije babizeza kubakorera ubuvugizi mu nzego zitandukanye. Harebwa niba haboneka imbuto y’ibigori n’ibishyimbo kugira ngo aba bahinzi bongere bahinge byihuse. Hirindwa ko bazibasirwa n’inzara.
Abaturage bafite amazu yangijwe n’imvura ubu bacuumbikiwe na bagenzi babo.
Ibitekerezo ( 3 )
Ohereza igitekerezo
|
joseph irubavu abaturage batabo naubwisungane mukuvuza
joseph irubavu abaturage batabo ubwisungane mukuvuza
RUBAVU BIHANGANE