Nyamasheke: Babangamiwe n’inyamaswa zibonera imyaka

Abaturage bo mu Murenge wa Cyato mu Karere ka Nyamasheke babangamiwe n’inyamaswa ziva muri Pariki ya Nyungwe zibonera zikabasiga iheruheru.

Aba baturage batuye mu nkengero za Pariki ya Nyungwe bavuga ko bahora bahingira mu gihombo kuko ntacyo basarura kubera ko bonerwa n’inyamaswa ziganjemo inkende, impundu, ibyondi n’izindi.

Inyamaswa za Pariki ya Nyungwe zibamereye nabi zibonera imyaka.
Inyamaswa za Pariki ya Nyungwe zibamereye nabi zibonera imyaka.

Ayingeneye Christine avuga ko nta myaka bahinga itonwa n’inyamaswa zo muri Pariki ya Nyungwe kandi kubera ubwinshi bwazo ngo zirya umurima zikawumara umuhinzi agatahira aho

Aba baturage basaba ubuyobozi kubavuganira ku buyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) kigacunga inyamaswa zikajya kubonera.

Nyiramwiza Ange ati ”Biduteza ikibazo cy’inzara kubera ko niba uba wahinze umurima w’imyumbati zikaza zikawujyamo zigahita ziwumara biba ikibazo inzara ihita itera kandi wari wayirwanyije.”

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Mukandasira Caritas, yabijeje ko agiye kubakorera ubuvugizi kugira ngo ibyabo byonwe n’inyamaswa byishyurwe kuko bigaragara ko bonerwa.

Yagize ati” Ni byo koko kubera ko urabona ko uyu murenge ukikijwe n’ishyamba! Inkende zirabonera pe ariko bashobora kuba batazi icyo itegeko riteganya, hari komite iriho kuva ku midugudu ni bo bakora raporo bakayijyana mu kigo cy’ingoboka ariko ndakora ubuvugizi ku nzego zibishinzwe.”

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka