Beza umuceri ariko ukitirirwa ahandi bawuguze

Abahinzi b’umuceri bo mu Karere ka Nyamasheke baravuga ko umuceri bahinga ugurwa n’abacuruzi bo hirya no hino mu guhugu bakawiyitirira.

Umuceri uhingwa mu Karere ka Nyamasheke.
Umuceri uhingwa mu Karere ka Nyamasheke.

Aba bahinzi bo mu mirenge ya Macuba, Kirimbi n’ahandi bahinga umuceri muri ako karere, bavuga ko bahinga umuceri ubaruhije abashoramari bakaza kuwugura bawusehera mu nganda ziwutunganya hirya no hino mu gihugu bakanawuzitirira.

Bavuga ko babiterwa n’uko Ibyo ngo biterwa nuko ntaruganda rutunganya umuceri rurangwa mu karere kabo kandi uhingwa kubwinshi muri ako karere.

Nyirandikumana Rachel avuga ko basigaye bagira umusaruro w’umuceri uhagije kuko mu gishanga kimwe basarura toni 453. Ariko ngo uwo musaruro wose ujya mu nganda batazi, ikagaruka yanditseho amazina y’ahandi.

Abahinzi b'umuceri mu Karere ka Nyamasheke barifuza ko umuceri wabo utakwitirirwa utundi turere.
Abahinzi b’umuceri mu Karere ka Nyamasheke barifuza ko umuceri wabo utakwitirirwa utundi turere.

Agira ati “Uzi kugira ngo umuntu yiyitirire ibintu bitari ibye, usanga wanditseho, Bugarama, Ruhango! Ni mudufashe.”

Mukasafari Mariyamu we avuga ko babonye uruganda rw’umuceri byarushaho guteza umuhinzi imbere. Ati “Kutarugira bituma abashoramari babahenda, kuko ngo baba babona ko ntahandi bawushyira. Ikindi byadufasha kubonera amatungo yacu ibiryo n’ibindi bagatera imbere.”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi Tony Nsanganira, avuga ko bagiye gufatanya n’abikorera kugira ngo uruganda bifuza ruboneke mu minsi ya vuba.

Umunyamabanga wa Leta muri MINAGRI Tony Nsanganira yizeza abahinzi ba Nyamasheke uruganda rutunganya umuceri.
Umunyamabanga wa Leta muri MINAGRI Tony Nsanganira yizeza abahinzi ba Nyamasheke uruganda rutunganya umuceri.

Ati “Nagira ngo mbizeze ko hari ikintu tugiye gufatanya n’abikorera. Abashoramari ndetse n’ababahagarariye mu ma koperative urwo ruganda rwose rukaba rwaboneka mu gihe cya vuba.”

Yabitangaje tariki 29 Nyakanga 2016, ubwo yagiranagaa ibiganiro n’abaturage bo muri aka karere. Nyamasheke isanzwe ifite ubuso bwa hegitari 800, bweraho toni 4.400 mu bihembwe bibiri.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka