Ni muri urwo rwego kuri uyu wa 29 Kanama 2017 mu Murenge wa Gishari, ingabo z’ u Rwanda zahaye amakoperative y’ubuhinzi agera kuri 11, imashini 15 zuhira imyaka zifite agaciro ka 2,850,000 Frw.
Izo mashini ngo zizafasha abo bahinzi kuhira imyaka,bityo babone umusaruro uhagije mu gihe cy’impeshyi bihaze mu biribwa,banasagurire amasoko.
Munyemana Frederic uhagarariye Koperative "Urumuri" ikorera mu Murenge wa Musha, nyuma yo guhabwa imashini ebyiri, asanga ingabo z’u Rwanda zitarinda umutekano w’Abanyarwanda gusa ,ahubwo zinita ku mibereho muri rusange ibagirira akamaro.
Ati “ Mbere ya 1994 Abanyarwanda ntawegeraga ingabo za Habyarimana akiri ku butegetsi, ariko ubu ingabo zacu zidushakira ibyiza”.
Col Rutikanga Jean Bosco uyubora ingabo mu Turere twa Nyagatare, Gatsibo, Kayonza na Rwamagana waruhagarariye icyo gikorwa, yabasabye ko bagomba gufata neza izo mashini bakazikoresha icyo baziherewe, kuko ngo zizabafasha kwihuta mu iterambere.
Ati “Mwibuke ko gahunda yacu nk’Abanyarwanda ari ugukora cyane kuko ari byo bituma umuntu atera imbere”.
Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana Mbonyumuvunyi Radjab, yibukije abaturage ko bagomba kubyaza umusaruro amahirwe bafite yo kugira ibiyaga ndetse n’imigezi bihagije, bakabyaza umusaruro izo mashini bahawe buhira imyaka, bikabafasha mu kongera umusaruro.
Yashimiye ingabo z’u Rwanda ubufatanye zibagaragariza,anabemerera ko ako karere kazagira umusaruro mwinshi mu bikomoka ku buhinzi, kuko ngo bagiye gufatanya n’abaturage kubyaza umusaruro izo mashini.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|