PSF igiye kumurika ibikorwa byayo by’ubuhinzi

Urugaga rw’abikorera (PSF) rugiye kumurika ibikorwa by’ihuriro ry’abahinzi-borozi mu rwego rwo kugaragaza umusaruro.

Abahinzi borozi bazamurika umusarueo wabo
Abahinzi borozi bazamurika umusarueo wabo

Iki gikorwa giteganyijwe ku itariki ya 2 kugeza ku ya 5 Ukuboza 2016. Kizitabirwa n’abahinzi n’aborozi bibumbiye mu rugaga, aho bazaba bamurika bimwe mu byo basaruye.

Kizitabirwa kandi n’impuguke zitandukanye mu buhinzi n’ubworozi, abikorera ndetse na bamwe mu bayobozi bakuru b’igihugu.

Abayobozi bakuru bazatanga ibiganiro bikubiyemo ubutumwa butandukanye bujyanye n’icyakorwa kugira ngo ubuhinzi bukomeze gutera imbere bunagirire akamaro ababukora.

Christine Murebwayire, Umuyobozi w’ihuriro ry’abahinzi-borozi muri PSF, avuga ko iki ari igihe cyiza cyo gutekereza ku mwuga w’ubuhinzi.

Agira ati “Uru ni urubuga tubonye rwo kuganira ku bintu bitandukanye bijyanye n’ubuhinzi, kugira ngo tubuteze imbere bityo n’ubukungu bw’igihugu buzamuke”.

Murebwayire avuga ko kwerekana ibyo ihuriro ry'abahinzi borozi muri PSF rikora bigamije kwimakaza umuco wo gukorera mu mucyo
Murebwayire avuga ko kwerekana ibyo ihuriro ry’abahinzi borozi muri PSF rikora bigamije kwimakaza umuco wo gukorera mu mucyo

PSF ivuga ko mu bizaganirwaho muri iyi minsi ine (4)harimo gushishikariza abahinzi kongera imbaraga mu guhingisha imashini, guhangana n’imihindagurikire y’ikirere, cyane cyane bita kuri gahunda zo kuhira imyaka ku buryo abahinzi batajya bategereza imvura gusa kugira ngo bahinge.

Murebwayire avuga kandi ko mu gihe iki gikorwa kizaba kirimo kuba, abantu bazaba bemerewe gusura aho PSF ikorera.

Ati “Muri iki gikorwa,aho dukorera hazaba hafunguye ku buryo abantu bazinjiramo bakaba babaza ku mikorere y’urugaga rw’abikorera”.

Muri iyi gahunda kandi ngo biteganyijwe ko hari amashyirahamwe y’abahinzi borozi azahugurwa ku bijyanye no gutegura gahunda y’imikorere yo mu gihe kiri imbere (Strategic Plan) ndetse n’uburyo bwo gukora igenzura ry’umutungo.

Iki gikorwa ngo kizabera i Gikondo mu Mujyi wa Kigali, ahasanzwe habera imurikagurisha, abahinzi-borozi bazacyitabira bazamurika bimwe mu byo bejeje ku buryo n’umuntu uzashaka kugira icyo agura azihahira.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka