Hari abatanywa Kawa bayifata nk’ikinyobwa cy’abazungu

Bamwe mu bahinzi ba Kawa bo mu Karere ka Rusizi bavuga ko badashishikarira kuyinywa kuko baba bishakira amafaranga ayivamo gusa.

Abahinzi ba kawa biyemeje kujya bumva uburyohe bwayo mbere yo kuyigemura ku masoko yose
Abahinzi ba kawa biyemeje kujya bumva uburyohe bwayo mbere yo kuyigemura ku masoko yose

Aba bahinzi bakomeza bavuga ko hari abatayinywa kuko bayifata nk’ikinyobwa cy’abazungu.

Abandi bakavuga ko bayifata nk’igisindisha kuburyo ngo ishobora no gutera ibibazo by’umutima; nkuko Nyiranzeyimana Enatha umwe muri abo abisobanura.

Agira ati “Harimo abavuga ko barwaye umutima ko iyo bayinyweye bituma umutima ukubitaguriza.

Njyewe ntarayinywa numvaga ko ikawa ishobora kunywa abantu b’abagabo ko umuntu iyo ayinyoye azengurira mbega nkayifata ko isindisha umuntu.”

Abayobozi batandukanye batangije gahunda yo gukangurira abaturage kunywa kawa
Abayobozi batandukanye batangije gahunda yo gukangurira abaturage kunywa kawa

Iyo myumvire yatumye abahinzi bo mu mirenge itandukanye yo mu Karere ka Rusizi, batangiza ubukangurambaga bwo kunywa Kawa; tariki ya 03 Uguhyingo 2016.

Tabaro Theobar, Perezida w’abahinzi ba Kawa bibumbiye muri koperative yitwa COCAGI, asobanura ko abahinzi bazanaga Kawa yose ku ruganda ntibasigarane na nke yo kunywa kandi yongera imbaraga.

Akomeza avuga ko babashyiriyeho icyumba cyo kunyweramo Kawa izabafasha kongera umubare w’abaturage bayinywa.

Abahinzi ba kawa biyemeje kujya banayinywaho
Abahinzi ba kawa biyemeje kujya banayinywaho

Nyiramahoro Theopiste, umuyobozi w’impuzamakoperative y’abahinzi ba Kawa mu Rwanda ashimira abo bahinzi ba Kawa kuko aribo abandi mu gukangurira abaturage kunywa Kawa.

Agira ati “Reka dushimire COCAGI n’akarere ka Rusizi kuri iki gikorwa cyiza gitangijwe niho hambere hatangijwe uyu mushinga wo gukangurira abaturage kunywa ikawa.”

Nyiramahoro Theopiste umuyobozi w'impuzamakoperative y'abahinzi ba kawa mu Rwanda ashimira koperative Cocagi
Nyiramahoro Theopiste umuyobozi w’impuzamakoperative y’abahinzi ba kawa mu Rwanda ashimira koperative Cocagi

Abo bahinzi bagera ku 1075, ubwo iyo gahunda yo gushishikariza abaturage kunywa Kawa, boroje bagenzi babo bakennye inka 10, batangira ubwisungane mu kwivuza abatishoboye 75.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka