Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline, arahumuriza abanyamuryango ba Koperative (KOPARWAMU) ihinga mu gishanga cya Rwansamira mu Murenge wa Nyamabuye, kubera kwamburwa icyo gishanga kigahabwa umushoramari uzagicukuramo ibumba, akavuga ko kitazacukurirwa icyarimwe.
Abanyamuryango ba Koperative itubura imbuto y’ibirayi yo mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Nyaruguru (KAIMU), bavuga ko batumva impamvu babura imbuto y’ibirayi batubura nyamara harashyizweho uruhererekane rw’itubura.
Akarere ka Burera kiyemeje kwita ku gihingwa cy’ibigori nk’icyera cyane muri ako karere, aho mu gihembwe cy’ihinga 2024A, bagiye kubihinga ku butaka buhuje bungana na hegitari 15,200.
Mu gihe Akarere ka Rubavu ko mu Ntara y’Iburengerazuba bw’u Rwanda gafatwa nka tumwe mu duce dushobora kweza imboga nyinshi zagera kuri benshi mu Banyarwanda, bamwe mu bahinzi bazo bo muri ako gace bakomeje gutaka kugarizwa n’uruhuri rw’ibibazo muri ubu buhinzi. Iki kibazo kiramutse kitabonewe umuti kikaba cyagira (...)
Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo (MINICT), ishima amarushanwa yateguwe n’Umuryango mpuzamahanga urwanya ubukene n’inzara (Heifer International), kuko arimo gutuma udushya mu buhinzi duhangwa n’urubyiruko tumenyekana.
Koperative (COAGI) y’abahinzi b’ibigori bo mu Murenge wa Ruli, irashimira Koperative y’abahinzi ba Kawa yitwa Dukundekawa Musasa, ku nkunga yabageneye ya miliyoni eshanu z’amafaranga y’u Rwanda (5,000,000 FRW) yo kugura imashini itunganya kawunga.
Urubyiruko rwarangije kaminuza mu by’ubuhinzi no kongerera agaciro ibibukomokaho ndetse rukaba ubu ruri mu buhinzi, ruvuga ko rwiteze umusaruro utubutse ku bihingwa byahinduriwe uturemangingo (GMO), mu gihe bizaba byemewe gukoreshwa mu Rwanda, bityo n’ikibazo cy’inzara kikagenda nka nyomberi.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), Dr Jean Chrysostome Ngabitsinze, arizeza abahinzi inguzanyo ihendutse bazajya bahabwa na Banki zisanzweho, batagombye gushyirirwaho iyabo yihariye.
Ihuriro Nyafurika riteza imbere Ubuhinzi (AGRA), ririzeza Guverinoma y’u Rwanda n’urubyiruko ruri mu buhinzi rugera ku bihumbi 132 rwiganjemo abagore bato n’abakobwa, igishoro kingana na Miliyoni 50 z’Amadolari ya Amerika, kuva muri 2023-2027 (asaga Miliyari 60Frw).
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Ildephonse Musafiri, arasaba abahinzi kwitegura neza igihembwe cy’ihinga cyo mu kwezi gutaha kwa cyenda, ntihagire aho basiga badahinze, kuko ubundi ari cyo gihembwe cyera imyaka myinshi.
Abaturage bo mu Karere ka Ruhango bagaragaza ko imbuto n’amafumbire bibageraho bitinze, kandi hari imiryango n’abashoramari bita ku buhinzi bakwiye kuba babibagezaho kare, bagasaba ko iki gihembwe cy’ihinga 2024A kigiye gutangira, izo mbogamizi zaba zitakiriho.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Kamana Olivier, arizeza abahinzi ko imbuto n’ifumbire bizabagereraho igihe, ahubwo ko bakwiye gutegura imirima hakiri kare.
Abaturage bo mu Mirenge ya Kabaya na Muhanda baciriwe amaterasi y’indinganire mu Karere ka Ngororero, bahamya ko yatumye bazamura umusaruro, kuko isuri yabatwariraga ifumbire mu butaka itakibangiriza.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) yatangaje ko u Rwanda rugeze ku kigero gishimishije mu gutubura imbuto, ku bihingwa by’ingenzi bikoreshwa mu gihugu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buvuga ko bugiye gushyira imbaraga mu buhinzi bwa kawa aho hamaze kuboneka kompanyi zizafasha abahinzi kuyikwirakwiza mu Mirenge itahingwagamo ariko hanashakwa imiti irwanya ibyonnyi byayo.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), cyagiranye amasezerano y’ubufatanye n’umushinga Hinga Wunguke, ukorana n’abahinzi barenga ibihumbi 800, hagamijwe kubafasha kongera umusaruro bityo bakiteza imbere.
Abanyamuryango b’Ihuriro ry’Amakoperative ahinga umuceri ahahoze ari muri Perefegitura ya Butare (UCORIBU), bishimira kubona inguzanyo mu buryo bworoshye mu kigo cy’imari bishyiriyeho ari cyo COOPEC-Impamba.
Abahinzi baravuga ko biteze kuzabona ubumenyi bakuye mu Kigo cy’icyitegererezo gitanga serivisi ku bahinzi n’aborozi (Farm Service Center) gikorera mu turere dutandukanye, buzabafasha kongera umusaruro.
Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi, RAB, ushinzwe imbuto, Rwebigo Daniel, avuga ko imbuto z’ibigori zituburirwa hanze y’Igihugu zidatanga umusaruro kurusha izituburirwa mu Rwanda, ahubwo abazizana ku isoko ry’u Rwanda ngo bashakisha uburyo basebya izatuburiwe mu Rwanda.
Abajyanama b’Ubuhinzi 397 bo mu Karere ka Burera, babaye indashyikirwa mu kwesa imihigo y’umwaka wa 2022-2023 mu buhinzi, bahawe telefone ngendanwa (smart phones), basabwa kuzifashisha mu kwagura iyamamazabuhinzi, kugira ngo iterambere ry’ubuhinzi rirusheho gushinga imizi.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 22 Nyakanga 2023, Perezida wa Repubulika ya Congo, Denis Sassou-Nguesso, yasuye Ishuri Rikuru ry’Ubuhinzi n’Ubworozi butangiza ibidukikije (Rwanda Institute for Conservation Agriculture, RICA) riri mu Karere ka Bugesera.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru burasaba abahinzi b’icyayi kucyitaho bakurikije amabwiriza bahabwa, kugira ngo bajye babasha kweza cyinshi ku buso butoya.
Abahanga mu ikoranabuhanga rijyanye n’ubuhinzi, bahamya ko mu gihe ibihugu byose by’Isi byakwemera ibihingwa byahinduriwe uturemangingo, ikibazo cy’inzara n’imirire mibi cyugarije benshi, cyane cyane mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere n’u Rwanda rubarirwamo, cyaba amateka.
Abahinzi b’ibigori mu Karere ka Nyagatare bavuga ko batakiri abahinzi baciriritse, ahubwo basigaye bambara neza nk’ikigori kubera uruganda rwongerera agaciro umusaruro wabo, rwanatumye babona igiciro cyiza ku bigori.
Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, Mapambano Nyiridandi Cyriaque, avuga ko mu rwego rwo guhangana n’ihindagurika ry’ikirere, ubu moteri 400 zifashishwa mu kuhira imyaka, zimaze guhabwa abaturage mu buryo bwa nkunganire, bakishimira ko basigaye bahinga badakangwa n’impeshyi.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), kiratangaza ko kigiye gufatanya n’ikigo gihugura ku buhinzi bubungabunga ibidukikije cya Caritas ya Diyosezi ya Kabgayi, mu guteza imbere ubuhinzi butangiza ibidukikije (CEFOPPAK).
Abahinzi bahize abandi mu kuzamura umusaruro mu Turere twa Gisagara na Nyanza mu Ntara y’Amajyrpfo bakanabihemberwa, barasabwa kurushaho gukurikiza inama bagirwa kugira ngo barusheho kweza byinshi ku buso buto.
Leta y’u Rwanda irateganya gukoresha ingengo y’imari irenga miliyari 173 na miliyoni 600Frw mu mishinga ahanini iteza imbere ubuhinzi buhangana n’imihindagurikire y’ikirere ishobora kwigaragaza mu mwaka wa 2023-2024.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda (MINAGRI) tariki 15 Kamena 2023 yatangaje amabwiriza mashya ajyanye n’ubucuruzi bwa Kawa yemerera abahinzi bayo kugurisha umusaruro aho bashaka hose.