Abaturage bo mu Karere ka Nyamasheke mu Murenge wa Macuba ahashyirwe ibikorwaremezo byo gusukira imyaka barasabwa guhinga imbuto n’imboga bibahaza bakanasagurira amasoko mu bihe byimpenshyi.
Abahinzi b’i Nyaruguru baravuga ko batinyutse gutera ibiti bivangwa n’imyaka mu mirima yabo kuko birinda isuri kandi bikagaburirwa amatungo.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Tony Nsanganira, aranenga umusaruro uva ahashyizwe ibikorwa byo kuvomerera imyaka muri Karongi akabasaba kuwuhuza n’ubushobozi bwahawe.
Abagore boroye ihene zitanga umukamo baravuga ko amata yazo agurwa amafaranga menshi, ariko ngo bafite ikibazo ko zidatanga umukamo mwinshi.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru buratangaza ko kuva gahunda ya Girinka yatangira hamaze gutangwa inka zisaga ibihumbi 30 mu Turere 5 tuyigize.
Abarozi n’abashinzwe ubuvuzi bw’amatungo mu Karere ka Nyagatare, Imirenge ihana imbibe n’igihugu cya Uganda bafashe ingamba zo gumira uburenge.
Gahunda yo gukwirakwiza inyongeramusaruro mu bahinzi mu Karere ka Karongi, yeguriwe Inkeragutabara mu rwego rwo kurwanya uburiganya bwayigaragayemo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi buvuga ko kugaragaza mbere urutonde rw’abaziturwa, byafasha mu gucunga no kwita ku buzima bwa buri munsi bw’inka zitanzwe.
Abahinga mu gishanga cya Ndongozi muri Burera bavuga ko bahagaritse guhinga imboga kubera ko ngo umusaruro wazo ubura uwugura zikababoreraho.
Urugaga rw’abikorera (PSF) rurakangurira urubyiruko kwitabira imishinga y’ubuhinzi, kuko ari rwo rufite imbaraga n’ubumenyi mu ikoranabuhanga byafasha kongera umusaruro.
Abahinzi batandukanye bo mu Karere ka Burera batangiye kuvomerera imyaka yabo kugira ngo birinde inzara ishobora guterwa n’izuba ryavuye kare.
Abahinzi b’ibigori mu Murenge wa Kanzenze mu Karere ka Rubavu bavuga ko bahawe imbuto y’ibigori irwaye ikabahombya.
Umuryango AGRA wita ku buhinzi muri Afurika ugiye gushora asaga miliyari 19Frw mu buhinzi mu Rwanda mu rwego rwo kurufasha kwihaza mu biribwa.
Ikibazo cy’ibirayi bikwiye byatunganirizwa mu ruganda rw’ibirayi rwa Nyabihu ngo kirazwi kandi kirimo gushakirwa umuti.
Abahinzi bo mu Murenge wa Buruhukiro muri Nyamagabe bahangayikishijwe n’imbuto y’ibirayi yashaje, ikabateza igihombo ntibabashe kubona umusaruro bari biteze.
Abibumbiye muri koperative y’abahinga umuceri mu gishanga cya Rwabuye, COAIRWA, barifuza ko inzego z’ubuyobozi zabafasha gukemura ibibazo birimo n’icy’ubukungu.
Abaturage bo mu Murenge wa Cyato mu Karere ka Nyamasheke babangamiwe n’inyamaswa ziva muri Pariki ya Nyungwe zibonera zikabasiga iheruheru.
Abagore bo mu Murenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga bahinze inyanya muri Green house bavuga ko kubera kudahugurwa uko ikoreshwa barumbije bikabateza igihombo.
Abahinzi ba kawa bo mu murenge wa Coko mu karere ka Gakenke basanga gahunda ya zoning irimo kubahombya.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda iratangaza ko icyaburaga ngo Uruganda rw’Ibirayi rwa Nyabihu rutangire cyabonetse ku buryo rutazarenza Nyakanga 2016 rutongeye gufungura imiryango.
Bamwe mu banyeshuri bateganya kujya kwiga ubuhinzi mu mahanga bavuga ko babonye urugero rwiza ku buhinzi bwifashisha kuhira imusozi.
Abahinzi bibumbiye muri Koperative COOPRIKI-Cyunuzi bahinga umuceri mu bishanga bya Cyunuzi-Kibaya muri Kirehe na Ngoma barishimira iterambere bagejejweho n’ubuhinzi bw’umuceri aho babona asaga miliyari ku mwaka.
Abatuye Umurenge wa Rukara mu Karere ka Kayonza baravuga ko nta Kirabiranya ikiharangwa nyuma y’uko bahuje imbaraga bakayirwanya.
Inka eshanu mu zahawe abatishoboye bimiwe ahazubakwa Ikibuga cy’Indege cya Bugesera zimaze gupfa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi buvuga ko bwatangiye gahunda yo kwambura abaturage inka bahawe muri gahunda ya "Gira inka Munyarwanda" batazikwiye .
Abahinzi bahagarariye abandi mu makoperative bigishijwe ibijyanye no kuhira imyaka muri IPRC-South, bavuga ko ubumenyi bahakuye batabukoresha ku bw’amikoro make.
Bamwe mu bahinzi bakoresha imashini mukuhira imyaka yabo muri iki gihe cy’impeshyi, baravuga ko byabagabanyirije imvune n’ikiguzi batangaga ku bakozi.
Abaturiye Parike y’Akagera mu Kagari ka Buhabwa mu Murenge wa Murundi i Kayonza baravuga ko ikibazo cy’ibitera bibonera cyabaye agatereranzamba.
Abaturage b’I Rambura mu kagari ka Rugamba basaba ko bakorerwa amaterasi nyuma y’uko aho ayakozwe yatanze umusaruro ufatika.
Abahinzi bo mu Karere ka Nyamagabe baravuga ko gahunda ya “Nkunganire” yakemuye ikibazo cy’isharira ry’ubutaka ryatumaga batabobona umusaruro ukwiriye.