Minisitiri w’Ibidukikije, Dr Mujawamariya Jeanne d’Arc, yasabye urubyiruko n’abakiri bato kuba inshuti z’ibidukikije, no guharanira gushyira mu ngiro inshingano zo kubirengera, kuko bizabagirira akamaro mu bihe biri imbere.
Umuryango mpuzamahanga uteza imbere ubuhinzi witwa One Acre Fund watangaje ko ugiye guha Abanyarwanda ibiti bivangwa n’imyaka bigera kuri miliyoni 25 hamwe n’iby’imbuto ibihumbi 545, bigomba guterwa mu turere twose tw’Igihugu muri uyu mwaka wa 2024.
Mu bice bimwe by’i Kigali hari abaturage binubira kuba ibigo bitwara ibishingwe bibivanye mu ngo byaradohotse, ku buryo hari n’abamara ukwezi kurenga babitse iyo myanda mu rugo.
Amashyirahamwe y’Urubyiruko arengera ibidukikije, avuga ko hari urusobe rw’ibinyabuzima rwongeye kuboneka mu bishanga byatunganyijwe by’i Kigali, ariko ko hari n’ibindi bagiye gufasha kugaruka birimo ibikeri, ibyatsi by’urukangaga n’urufunzo.
Abahoze mu bikorwa by’ubushimusi bw’inyamaswa no kwangiza ibidukikije muri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, nyuma yo gukangurirwa kwitandukanya na byo bakitabira indi mirimo ibateza imbere, n’indi ifite aho ihurira no kubungabunga Pariki, ubu barirata iterambere, ku buryo ntawe ugitekereza kongera kujya muri Pariki ngo yangize (...)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko ku mugezi wa Sebeya hagiye kubakwa inkuta n’ibiraro bizafasha amazi kugenda adasenyeye abaturage.
Minisiteri y’ibidukikije yatangaje ko yatangiye gukoresha utudege duto tutagira abapilote (Drones), mu rwego rwo gukurikirana abangiza ibidukikije mu bice bitandukanye by’Igihugu.
Mu Rwanda hari ibyanya bitandukanye bibonekamo urusobe rw’ibinyabuzima bisigaye hakeya ku isi. Hari ibyanya bimaze kwemerwa ku rwego rw’Isi, nka Pariki y’Ibirunga na Pariki ya Gishwati-Mukura.
Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu (REG) ku bufatanye na Kaminuza yo mu Bwongereza, Coventry University, yatangiye gukora ubushakashatsi bugamije gukusanya amakuru ku bwoko bushya bw’amashyiga akoresha imirasire y’izuba.
U Rwanda rwakiriye inama ya 23 y’Ikigo Mpuzamahanga cy’Ubukerarugendo (WTTC), inama irimo kubera kuri Kigali Convention Center, guhera ku itariki 01 kugeza ku ya 03 Ugushyingo 2023.
Umujyi wa Kigali ku bufatanye na Banki y’Isi, batashye sitasiyo 22 harimo 7 zipima imiterere y’ikirere na 15 zipima aho ingano y’amazi igeze.
Ubwo hatangizwaga igihembwe cyo gutera ibiti n’amashyamba cya 2024, Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko mu biti biteganyijwe guterwa, hazaba harimo ibisaga Miliyoni 30 bivangwa n’imyaka.
Abaturage bo mu Karere ka Bugesera by’umwihariko abo mu Murenge wa Gashora baravuga ko biteze umusaruro ku biti byahatewe kubera ko bizabafasha nguhangana n’amapfa akunze kwibasira ako gace bitewe n’izuba ryinshi rikunda kuhava.
Uturere duturiye Pariki z’Igihugu twagenewe amafaranga yavuye mu bukerarugendo asaga Miliyari 3.272Frw, azakoreshwa mu bikorwa byateganyijwe mu ngengo y’imari ya 2023-2024, bijyanye no guteza imbere abaturage, akaba yariyongereye ugereranyije n’imyaka ishize.
Umuyobozi w’Ikigo cyita ku nzovu muri Kenya, akaba n’inzobere mu kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima by’umwihariko inzovu, Jim Justus Nyamu, avuga ko inzovu zikwiye kurindwa ba rushimusi kuko zigenda zikendera cyane muri Afurika.
Kaminuza y’u Rwanda yeretse inzego za Leta abashakashatsi bayigamo bazafasha muri gahunda zo guhangana n’imihindagurikire y’ikirere, zirimo iyo kongera ibiti no guteza imbere ubukungu bwisubira (Circular Economy).
Ikigo gishinzwe Amashyamba (Rwanda Forestry Authority/RFA) kirahamagarira abaturarwanda bose, gutera no kwita ku ngemwe z’ibiti zigera hafi kuri Miliyoni 63 muri iki gihe cy’umuhindo (kuva mu kwezi k’Ukwakira kugera mu k’Ukuboza 2023).
U Rwanda ruri mu bihugu bishishikajwe no kurinda akayunguruzo k’imirasire y’izuba (Ozone), aho rwafashe ingamba zijyanye no kugabanya ibikoresho bikonjesha n’ibitanga amafu, bifite ibinyabutabire byangiza ako kayunguruzo.
Ikigo cy’Igihugu Gitsura Ubuziranenge (RSB) cyatashye za Laboratwari zizafasha ibigo bitandukanye birimo Ikigo cy’Igihugu cy’Ibidukikije (REMA), Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iteganyagihe (Meteo-Rwanda), Ikigo cy’Igihugu gishinzwe amazi n’umutungo kamere (RWB), kubona ibipimo bakenera byizewe, harimo ibyari bisanzwe bikorerwa (...)
Ikigo gishinzwe Kubungabunga Ibidukikije (REMA), kivuga ko umwuka mu Rwanda urimo guhumana, biturutse ahanini ku bwikorezi bukoresha ibikomoka kuri peteroli hamwe no gucana inkwi n’amakara, mu gihe abantu bategura amafunguro.
Perezida Kagame avuga ko Umugabane wa Afurika ukomeje kwikorera umutwaro uturuka ku ngaruka z’imihindagurikire y’ibihe, nyamara ari wo mugabane ugira uruhare ruto mu guhumanya ikirere.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 5 Nzeri 2023, yageze i Nairobi muri Kenya, aho yitabiriye inama yiga ku mihindagurikire y’ibihe muri Afurika.
Madamu Jeannette Kagame witabiriye umuhango wo Kwita Izina abana 23 b’ingagi, wabaye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 1 Nzeri 2023 mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze, igikorwa cyabaye ku nshuro ya 19, yahaye ubutumwa abakiri bato bwo gukomeza kubungabunga ibidukikije, anabashimira uruhare rwabo.
Binyuze mu mushinga wa EnRHED Project, IPRC Musanze ku bufatanye na Parma University yo mu Butaliyani, n’Ikigo gishinzwe Umutungo Kamere w’Amazi mu Rwanda (RWB), harigwa uko hakoreshwa ikoranabuhanga rigezweho mu guhangana n’inkangu n’imyuzure.
Abatuye mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Nyaruguru, batashye ibikorwa bikomoka ku musaruro wa za Pariki, kuri uyu wa 24 Kanama 2023.
Umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Rutsiro, Murindwa Prosper, yijeje abaturiye Pariki ya Gishwati gukurikirana ikibazo cy’inyamaswa ziva muri pariki zikaza kubangiriza ibyo bakora harimo kubicira amatungo hamwe no kubangiriza imyaka.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB), rwatangaje ko ku wa Gatanu tariki ya 1 Nzeri 2023, hateganyijwe Umuhango wo Kwita Izina abana b’ingagi 23 bavutse mu mezi 12 ashize.
Mu Rwanda ndetse no ku Isi muri rusange, hashize igihe kinini abantu basobanurirwa ububi bw’ibikoresho bya pulasitiki ahanini bikoreshwa rimwe bikajugunywa, aho usanga binyanyagiye hirya no hino bikabangamira ibidukikije, ariyo mpamvu ubukangurambaga bukomeje ndetse abaturage bakaba bagenda basobanukirwa.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwaburiye abatuye Akarere ka Rutsiro bishora mu byaha byo kwangiza ibidukikije, ko hari amategeko abihanira, basabwa kwirinda kugwa muri ayo makosa, cyane ko bazi ko ibidukikije bibafitiye akamaro.
Mu buryo bw’ikoranabuhanga, Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente, yahagarariye Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, mu nama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bihuriye muri Komisiyo ishinzwe guhangana n’ihindagurika ry’ikirere mu bihugu bituriye ikibaya cya Congo, abisaba ubufatanye mu gukomeza kukibungabunga.