Hashobora kuzakenerwa ingabo 4000 mu kubahiriza amahoro muri Congo

Yanditswe ku itariki ya: 19-08-2012 - Saa: 20:22'
Ibitekerezo ( 5 )

Inama y’abaminisitiri b’ingabo, abagaba b’ingabo n’impugucye mu bya gisirikare bo mu bihugu bihuriye mu nama mpuzamahanga y’akarere k’ibiyaga bigari (CIRGL) banzuye ko hashobora kuzakenerwa ingabo zigera ku 4000 zo kubungabunga amahoro ku mupaka w’u Rwanda na Kongo.

Kongo: FDLR yashimuse abantu 18 mu karere ka Mwenga

Yanditswe ku itariki ya: 11-08-2012 - Saa: 11:47'
Ibitekerezo ( 1 )

Mu cyumweru gishize FDLR yashimuse abantu 18 barimo abagore bane n’abana batanu bakoraga mu mirima yabo mu nkengero y’ishyamba rya Byonga mu karere ka Mwenga muri Kivu y’Amajyepfo.

Perezida John Evans Atta Mills wa Ghana yitabye Imana

Yanditswe ku itariki ya: 24-07-2012 - Saa: 19:05'
Ibitekerezo ( 1 )

Professor John Evans Atta Mills wari Perezida wa Gahana yitabye Imana, kuri uyu wa Kabiri tariki 24/07/2012, nk’uko itangazo ryashyizwe ahagaragara na Perezidansi y’iki gihugu ryabitangaje.

“Kuzana izindi ngabo muri RDC ni ukongera akajagari”-M23

Yanditswe ku itariki ya: 19-07-2012 - Saa: 09:40'
Ibitekerezo ( 3 )

Umutwe wa M23 urwanya Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo uravuga ko umwanzuro uherutse gufatwa n’abakuru b’ibihugu biri mu muryango w’ubumwe bw’Afurika wo kwohereza ingabo ku mupaka w’u Rwanda na Congo ntacyo uzageraho.

Ababungabunga ibidukikije basabye abarwanyi ba M23 kutabangamira ingagi z’Ibirunga

Yanditswe ku itariki ya: 18-07-2012 - Saa: 11:24'
Ibitekerezo ( )

Abakurikirana intambara ibera muri Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo barasaba abarwanyi n’abayobozi b’umutwe wa M23 urwana na Leta ya Kongo kwitwararika ku buzima n’ubwisanzure bw’inyamaswa ziba mu gace bagenzura by’umwihariko ingagi zo mu Birunga.

FDLR yishe abantu barindwi mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo

Yanditswe ku itariki ya: 16-07-2012 - Saa: 17:35'
Ibitekerezo ( )

Inyeshyamba zo mu mutwe wa FDLR zifatanyije n’umutwe wa Maï-Maï Nyatura zishe abantu barindwi abandi barindwi barakomereka mu mpera z’icyumweru cyarangiye tariki 15/07/2012 mu gace ka Nyaluchangi mu karere ka Ufamandu 1 muri Kivu y’Amajyepfo.

M23 ngo igiye kuva mu duce yafashe uretse Bunagana

Yanditswe ku itariki ya: 9-07-2012 - Saa: 11:38'
Ibitekerezo ( 6 )

Colonel Sultani Makenga, uyobora umutwe wa M23, tariki 08/07/2012, yatangarije abanyamakuru ko ingabo ze zigiye kuva mu duce zigaruriye mu burasirazuba bwa Kongo uretse aka Bunagana, ariko ntiyavuze igihe zizahavira.

Misiri iratangaza ko nta kibazo ifite Afurika iteye imbere hifashishijwe umugezi wa Nil

Yanditswe ku itariki ya: 7-07-2012 - Saa: 15:09'
Ibitekerezo ( )

Minisitiri wa Misiri ushiznwe Amazi, umutungo kamere no kuhira, Dr. Hisham Qandil, aratangaza ko igihugu cye kiteguye gukorana n’ibihugu bikora ku ruzi rwa Nil, muri gahunda yo kugabanya ubukene no kwiteza imbere byifashishije umugezi wa Nil.

Umutwe wa M23 ukomeje kwigarurira uduce tumwe na tumwe muri RDC

Yanditswe ku itariki ya: 6-07-2012 - Saa: 12:21'
Ibitekerezo ( 5 )

Umutwe wa M23 wafashe agace ka Bunagana mu Burasirazuba bwa Repuburika Iharanira Demukarasi ya Congo, gahana imbibi n’igihugu cya Uganda.

Pages 1 | 2 | 3 | 4 | 5 | 6 | 7 | 8 | 9 | 10
Inkuru zikunzwe cyane
1
2
3
4
5
My District Today
Rwanda Districts
Kigali Today on Facebook
Visit us on
kigali today on youtube kigali today on twitter kigali today on facebook
Kwamamaza
districts rwanda
Newsletter
Kigali Today Mobile