Abayobozi b’ibihugu bigize CEPGL bazahura muri Nzeri

Yanditswe ku itariki ya: 12-05-2013 - Saa: 09:27'
Ibitekerezo ( )

Inama y’abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga b’ibihugu bigize umuryango w’ubukungu w’ibiyaga bigari (CEPGL) yabereye i Bujumbura taliki 10/5/2013 yemeje ko abayobozi b’ibihugu bigize uwo muryango bazahura taliki 15/9/2013 kugira ngo bemeze imikorere y’uyu muryango umaze imaze imyaka 5 wongeye gukora.

Abaturage biyandikishijeho ubutaka bwo kubiyaga n’ibishanga bagiye kubwamburwa

Yanditswe ku itariki ya: 11-05-2013 - Saa: 14:33'
Ibitekerezo ( 1 )

Icyigo cy’igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA) kiratangaza ko abahawe ibyangombwa by’ubutaka, ku butaka rusange bwa Leta bwo ku nkengero z’ibiyagaga, inzuzi n’ibishanga itegeko rigiye gukurikizwa bakabusubiza Leta.

Huye: abafatanyabikorwa barasabwa kugira uruhare mu bikorwa by’itorero

Yanditswe ku itariki ya: 11-05-2013 - Saa: 12:50'
Ibitekerezo ( )

Mu nama abagize komisiyo y’imiyoborere myiza n’ubutabera y’ihuriro ry’abafatanyabikorwa bo mu Karere ka Huye bagize kuwa Kane tariki 09/05/2013, bagaragarijwe ko bashobora gufasha mu gikorwa cy’itorero maze kikarushaho kugenda neza.

Burera: Hatangizwa ukwezi kwaruhariwe, urubyiruko rwahaye mugenzi wabo ibikoresho by’ubwubatsi

Yanditswe ku itariki ya: 11-05-2013 - Saa: 10:24'
Ibitekerezo ( )

Urubyiruko rwo mu karere ka Burera rwaremeye umusore witwa Jean Claude Ishimwe, utuye mu murenge wa Kagogo, akarere ka Burera, rumuha ibikoresho byo kubaza kuko yize ububaji ariko kubera ubukene akaba yari yarabuze uko ashyira mu bikorwa ibyo yize.

Abagore bo muri Muhanga baje gusengera abo muri Gisagara

Yanditswe ku itariki ya: 10-05-2013 - Saa: 17:37'
Ibitekerezo ( )

Kubera ubwicanyi bwaranze akarere ka Gisgara mu minsi ishize bukozwe n’abagore, abategarugori bo mu itsinda ryitwa IJWI RY’IBYIRINGIRO ryo mu karere ka Muhanga baherekejwe n’umuyobozi w’akarere kabo basuye akarere ka Gisagara basengera imiryango ibanye nabi n’akarere muri rusange.

Bugesera: DJAF igiye kuzajya imurikira ibikorwa byayo mu mirenge

Yanditswe ku itariki ya: 10-05-2013 - Saa: 15:33'
Ibitekerezo ( )

Abagize ihuriro ry’Abafatanyabikorwa b’akarere (DJAF) ka Bugesera baratangaza ko bagiye kuzajya bamurika ibikorwa byabo mu mirenge bakoreramo mu rwego rwo gushyira mu bikorwa gahunda ya Leta yo kwegereza abaturage ibikorwa bibakorerwa.

Ngororero: Umuhanda uva kuri kaburimbo ugana ku karere watangiye kubakwa

Yanditswe ku itariki ya: 10-05-2013 - Saa: 14:53'
Ibitekerezo ( )

Nyuma y’uko umuhanda uva kuri kaburimbo ahitwa ku rukiko ugana ku cyicaro cy’akarere ka Ngororero ari kimwe mu byatumye imihigo y’akarere mu mwaka ushize itagerwaho 100%, ubu gahunda yo kuwubaka yaratangiye.

Abanyarwanda barahamagarirwa gukoresha ibyavuye mu ibarurishamibare ry’igihugu

Yanditswe ku itariki ya: 10-05-2013 - Saa: 14:49'
Ibitekerezo ( 2 )

Nyuma y’uko Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) gitangije uburyo bwifashisha ikoranabuhanga mu gusakaza ibarurishamibare ku barikeneye, kirasaba Abaturarwanda kugira umuco wo gukoresha imibare iba yaratanzwe mu ibarurishamire ryakozwe mu gihugu..

Kamonyi : Abanyakoreya barubaka ibyumba by’amashuri ku ishuri ribanza rya Kinyambi

Yanditswe ku itariki ya: 10-05-2013 - Saa: 11:06'
Ibitekerezo ( )

Abakorerabushake bo muri Koreya y’Epfo bakorera umuryango KOICA, bakaba batuye mu mudugudu wa Kigarama, Akagari ka Sheli, umurenge wa Rugarika; batangiye kubaka ibyumba bitatu by’amashuri ku Kigo cya Kinyambi, mu rwego rwo gufatanya n’abaturage kwiteza imbere.

Pages ... | 3 | 4 | 5 | 6 | 7 | 8 | 9 | 10 | 11 | ...
Inkuru zikunzwe cyane
1
2
3
4
5
My District Today
Rwanda Districts
Kigali Today on Facebook
Visit us on
kigali today on youtube kigali today on twitter kigali today on facebook
Kwamamaza
districts rwanda
Newsletter
Kigali Today Mobile