Umunyamabanaga w’umuryango w’abibumbye Ban Ki-moon n’umuyobozi wa banki y’isi bitegura gusura akarere k’ibiyaga bigari, batangaza ko igisubizo cy’umutekano mucye uri mu karere no kuzamura ubukungu bifitwe n’abayobozi.
Sosiyete y’itumanaho ya MTN ivuga ko mu rwego rwo kurinda abakiriya bayo kuzava ku murongo w’itumanaho mu kwezi kwa karindwi, yatangije kampanyi mu gihugu hose yo kugenda yandika amasimu kadi(SIM cards), umuryango ku wundi aho abakiriya bayo bakorera.
Abantu bane kuri batandatu basize ubuzima mu mpanuka y’inzu y’igorofa yaguye mu mujyi wa Nyagtare tariki 13/05/2013 bashyinguwe n’akarere ku bufatanye n’abaturage n’ibitaro by’akarere.