Nyanza: Ibihungabanya umutekano byongeye kuzamuka

Yanditswe ku itariki ya: 30-04-2013 - Saa: 17:37'
Ibitekerezo ( 1 )

Mu nama y’umutekano yaguye y’akarere ka Nyanza yateranye tariki 29/04/2013, hagaragaye ko mu kwezi kwa Mata ibyawuhungabanyije byiyongereye ugereranyije n’uko byari byifashe mu mezi atatu ashize.

Mu myaka 6 abarenga 900 baguye mu mpanuka z’akazi mu Rwanda

Yanditswe ku itariki ya: 30-04-2013 - Saa: 11:45'
Ibitekerezo ( 1 )

Minisitiri w’umurimo n’abakozi ba Leta, Anastase Murekezi, avuga ko abakozi n’abakoresha bakwiye kuganira ku mutekano w’umukozi kugira ngo hirindwe impanuka kuko nyinshi mu ziba bishoboka kuzirinda.

Nyanza: Polisi yahaye telefoni abaturage bayifasha kumenya amakuru

Yanditswe ku itariki ya: 30-04-2013 - Saa: 09:35'
Ibitekerezo ( 4 )

Polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Nyanza ibinyujije ku banyamabanga Nshingwabikorwa b’imirenge igize ako karere uko ari 10 yatanze telefoni zigendanwa ku baturage basanzwe bayifasha mu kumenya amakuru y’ibyabereye iwabo mu midugudu batuyemo.

Nyabihu: Ibiza byangije ibintu bitari bike birimo amazu ndetse n’abantu bahasize ubuzima

Yanditswe ku itariki ya: 29-04-2013 - Saa: 12:18'
Ibitekerezo ( )

Imvura nyinshi yaguye muri uku kwezi kwa mata 2013 mu karere ka Nyabihu yatumye abana babiri bicwa n’umugezi wa Kanama, umugezi wa Nyamukongoro wasenye amazu 8 ndetse andi 17 urayangiza,wangiza hegitari 5 z’ibirayi n’ibigori, ndetse wangiza ikiraro cyo ku muhanda wa kaburimbo Mukamira-Ngororero.

Ruhango: Ngo ntazaheba amafaranga ye yatwawe n’inkangu

Yanditswe ku itariki ya: 29-04-2013 - Saa: 11:46'
Ibitekerezo ( 6 )

Umugabo utuye mu kagari ka Gasare umurenge wa Kinazi mu karere ka Ruhango yatakaje amafaranga ibihumbi 500 yatwawe n’umusozi waridutse tariki ya 19/04/2013 urimuka ugera ku burebure bwa kilometero imwe n’igice.

Ruhango: Yatawe muri yombi atetse kanyanga afatanwa na gerenade

Yanditswe ku itariki ya: 27-04-2013 - Saa: 12:12'
Ibitekerezo ( )

Protegene Siborurema utuye mu murenge wa Mbuye akarere ka Ruhango, afungiye kuri Polisi ya Ruhango guhera tariki 26/04/2013 nyuma yo gufatwa atetse kanyanga ndetse anafite gerenade yo Totase.

Nyanza: Polisi yasabye abamotari kuyifasha mu kurwanya bamwe muribo bitwara nabi

Yanditswe ku itariki ya: 26-04-2013 - Saa: 16:59'
Ibitekerezo ( )

Mu nama umuyobozi wa Polisi mu karere ka Nyanza yagiranye n’abamotari bakorera mu gice cy’umujyi w’ako karere tariki 26/04/2013 yasabye abamotari kuyifasha mu kurwanya bamwe muri bo bitwara nabi muri ako kazi.

Burera: Abajura bibye umuvunjayi akayabo k’amafaranga ku manywa y’ihangu

Yanditswe ku itariki ya: 25-04-2013 - Saa: 17:31'
Ibitekerezo ( 2 )

Abajura binjiye mu biro bivunja byitwa Izere by’uwitwa Semanywa Sylvain biri ku mupaka wa Cyanika, mu karere ka Burera, maze bamwiba Amashilingi y’Amagande miliyoni 13 n’ibihumbi 105 n’Amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 988.

Musanze: Imvura idasanzwe yangije inzu zirenga 50

Yanditswe ku itariki ya: 25-04-2013 - Saa: 15:20'
Ibitekerezo ( 2 )

Imvura idasanzwe ivanze n’umuyaga yaguye ku mugoroba wo kuwa gatatu tariki 24/04/2013 yangije ibikorwa birimo amazu agera kuri 50 mu mirenge itandukanye igize akarere ka Musanze.

Pages ... | 4 | 5 | 6 | 7 | 8 | 9 | 10 | 11 | 12 | ...
Inkuru zikunzwe cyane
1
2
3
4
5
My District Today
Rwanda Districts
Kigali Today on Facebook
Visit us on
kigali today on youtube kigali today on twitter kigali today on facebook
Kwamamaza
districts rwanda
Newsletter
Kigali Today Mobile