Rusizi: Abagera kuri 51 bafatiwe mu mukwabo

Yanditswe ku itariki ya: 6-05-2013 - Saa: 12:30'
Ibitekerezo ( )

Imburamukoro ziganjemo indaya, abatagira ibyangombwa, abasore bambura abahisi n’abagenzi ndetse rimwe na rimwe akaba aribo bakunze gukoresha ibiyobyabwenge bafatiwe mu mukwabo wabaye mu murenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi mu gitondo cyo kuri uyu wa 06/05/2013.

Gisagara: Umukecuru yishwe n’abagizi ba nabi bataramenyekana

Yanditswe ku itariki ya: 6-05-2013 - Saa: 08:39'
Ibitekerezo ( 5 )

Umukecuru witwa Anne Marie Ndoricyimpa w’imyaka 63, wari utuye umurenge wa Kibirizi mu karere ka Gisagara, mu ijoro rya tariki 03/05/2013, yishwe n’abagizi banabi kugeza ubu bataramenyekana.

Nzahaha: Abantu bataramenyekana bibye ibendera ry’akagari ka Kigenge

Yanditswe ku itariki ya: 5-05-2013 - Saa: 10:06'
Ibitekerezo ( )

Ibendera ryari rimanitse kubiro by’akagari ka Kigenge mu murenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi ryibwe mu ijoro rishyira tariki 04/05/2013; kugeza ubu abaryibye ntibaramenyekana.

Ruhango: Umubyeyi yafatanyije na nyina guta umwana mu musarane

Yanditswe ku itariki ya: 4-05-2013 - Saa: 15:28'
Ibitekerezo ( 3 )

Perouse Nyirabasabose w’imyaka 65 afungiye kuri Polisi ya Kinazi mu karere ka Ruhango, guherakuri uyu wa gatanu tariki 03/05/2013, akekwaho gufasha umukobwa we Catherine Mukanyangezi w’imyaka 35 guta mu musarane uruhinja yari amaze kubyara.

“Ntabwo polisi inezezwa no gutanga ibihano” - Umuyobozi wa polisi Iburasirazuba

Yanditswe ku itariki ya: 4-05-2013 - Saa: 14:22'
Ibitekerezo ( )

Umuyobozi wa polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba arahamagarira abatwara abagenzi ku mapikipiki kujya bubahiriza amabwiriza yose agenga uwo murimo, kuko aribwo bazawukora batekanye batikanga ibihano bya polisi, dore ko ngo polisi nayo itanezezwa no gutanga ibihano.

Nyamasheke: Hatoraguwe umugore, bikekwa ko yishwe n’inzoga bita “Ruyazubwonko”

Yanditswe ku itariki ya: 4-05-2013 - Saa: 14:09'
Ibitekerezo ( )

Zibia Mukamazimpaka wo mo mudugudu wa Kagarama, akagari ka Kibogora mu murenge wa Kanjongo wo mu karere ka Nyamasheke, yapfiriye ku Bitaro bya Kibogora byo mu karere ka Nyamasheke nyuma gato yo gutoragurwa ku muhanda wo muri uyu mudugudu wa Kagarama aho yari yaguye.

Gakenke: Umusore yafatanwe amafaranga mpimbano yishyura terefone

Yanditswe ku itariki ya: 4-05-2013 - Saa: 09:18'
Ibitekerezo ( 1 )

Umusore y’imyaka 22 witwa Ntihabose Ildephonse yatawe muri yombi kuri uyu wa Gatanu tariki 03/05/2013, mu isoko rya Gakenke afatanwe amafaranga mpimbano ibihumbi 21 ubwo yagerageza kuyishyura terefone ngendanwa yakoze.

Kayonza: Abajura bateye ingo ebyiri bashaka amafaranga basiga temesheje imihoro ba nyiri ingo

Yanditswe ku itariki ya: 3-05-2013 - Saa: 18:11'
Ibitekerezo ( )

Abajura bataramenyekana bateye ingo ebyiri zo mu kagari ka Kayonza, umurenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza mu ijoro rya tariki 02/05/2013 bashaka amafaranga, basiga batemesheje imihoro abagore n’abagabo bo muri izo ngo zombi.

Kamonyi: Umusore yishwe n’abantu bataramenyekana akubiswe ifuni mu mutwe

Yanditswe ku itariki ya: 3-05-2013 - Saa: 16:46'
Ibitekerezo ( 2 )

Hakundimana Jean Baptiste w’imyaka 35, wari utuye mu mudugudu wa Nyamirembe, akagari ka Rukambura, umurenge wa Musambira, yicishijwe ifuni bamukubise mu mutwe.

Pages ... | 3 | 4 | 5 | 6 | 7 | 8 | 9 | 10 | 11 | ...
Inkuru zikunzwe cyane
1
2
3
4
5
My District Today
Rwanda Districts
Kigali Today on Facebook
Visit us on
kigali today on youtube kigali today on twitter kigali today on facebook
Kwamamaza
districts rwanda
Newsletter
Kigali Today Mobile