Huye: Akekwaho kuniga uruhinja yabyariye ku bitaro bya kaminuza

Yanditswe ku itariki ya: 16-05-2013 - Saa: 15:34'
Ibitekerezo ( )

Umukobwa witwa Dancilla Musabyimana yaje mu bitaro bya Kaminuza aje kwivuza ikibyimba cyo mu muhogo tariki 14/05/2013 bucyeye bwaho ku mugoroba abyarira mu musarane waho.

Rutsiro: Yitabye Imana ahanutse hejuru y’imodoka

Yanditswe ku itariki ya: 16-05-2013 - Saa: 12:20'
Ibitekerezo ( 2 )

Ndagijimana Yohani w’imyaka 50 y’amavuko yitabye Imana ahanutse hejuru y’imodoka yo mu bwoko bwa Daihatsu yari imuvanye mu karere ka Rutsiro agiye kurangura imyenda mu karere ka Rubavu.

Rutsiro: Babiri bacukuraga amabuye y’agaciro mu buryo butemewe bitabye Imana

Yanditswe ku itariki ya: 16-05-2013 - Saa: 09:53'
Ibitekerezo ( 3 )

Abaturage babiri bo mu kagari ka Muyira mu murenge wa Manihira bagwiriwe n’ikirombe bahita bitaba Imana ubwo barimo bacukura amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Wolfram mu buryo butemewe mu kagari ka Remera mu murenge wa Rusebeya kuwa mbere tariki 13/05/2013.

Nyamasheke: Umugore n’umukobwa we barakekwaho kwivugana umugabo nyir’urugo

Yanditswe ku itariki ya: 14-05-2013 - Saa: 17:11'
Ibitekerezo ( )

Kantarama Anne Marie w’imyaka 58 ndetse n’umukobwa we witwa Izerimana Gisele w’imyaka 20 y’amavuko bo mu murenge wa Bushenge mu karere ka Nyamasheke bafungiye kuri Station ya Police ya Ruharambuga muri aka karere bakekwaho urupfu rw’umugabo nyir’urugo.

Kamonyi: Inkongi y’umuriro yibasiye inzu ikorerwamo imisego ariko nta muntu yahitanye

Yanditswe ku itariki ya: 14-05-2013 - Saa: 11:35'
Ibitekerezo ( )

Inzu y’uwitwa Munyabarame Jean Pierre iherereye ahitwa Kamuhanda mu kagari ka Ruyenzi, umurenge wa Runda, yibasiwe n’inkongi y’umuriro mu ijoro ryo kuwa 13/05/2013, ku bw’amahirwe ntihagira umuntu uyigwamo.

Nyamasheke: Umuhungu w’imyaka 12 arakekwaho gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 4

Yanditswe ku itariki ya: 14-05-2013 - Saa: 11:31'
Ibitekerezo ( 1 )

Umwana w’umuhungu w’imyaka 12 y’amavuko wo mu mudugudu wa Rumuna, akagari ka Wimana mu murenge wa Ruharambuga wo mu karere ka Nyamasheke arakekwaho gusambanya undi mwana w’umukobwa ufite imyaka 4 gusa y’amavuko.

Mwili: Batanu batawe muri yombi bakekwaho guhiga muri Parike y’Akagera

Yanditswe ku itariki ya: 14-05-2013 - Saa: 10:48'
Ibitekerezo ( 1 )

Jean Bosco Nduwamungu, Jean de Dieu Kalisa, Jean Claude Nsengimana, Samuel Shyaka na Silvain Mutabaruka bafungiye kuri sitasiyo ya polisi mu murenge wa Rukara bakekwaho icyaha cyo guhiga muri Parike y’Akagera mu buryo bunyuranye n’amategeko.

Kamonyi: Mu gihe cy’iminsi itatu abantu bane bamaze kwicwa ku mpamvu zitandukanye

Yanditswe ku itariki ya: 13-05-2013 - Saa: 15:16'
Ibitekerezo ( 5 )

Kuva tariki 10-13/05/2013, ahantu hatandukanye mu karere ka Kamonyi, hishwe abantu bane. Impamvu z’ubwo bwicanyi ziratandukanye kandi bamwe mu bakekwaho ubwo bwicanyi bamaze gutabwa muri yombi.

Musanze: Bariyemerera kwiba ikigo nderabuzima bakoreraga

Yanditswe ku itariki ya: 13-05-2013 - Saa: 12:49'
Ibitekerezo ( 3 )

Abakozi babiri b’ikigo nderabuzima cya Muhoza mu karere ka Musanze, bafunze bazira kwiba amafaranga agera kuri miliyoni 57 banyereje kandi bari bashinzwe kuyakira no kuyabitsa kuri konti y’ikigo nderabuzima ibarizwa muri Banki ya Kigali (BK).

Pages 1 | 2 | 3 | 4 | 5 | 6 | 7 | 8 | 9 | ...
Inkuru zikunzwe cyane
1
2
3
4
5
My District Today
Rwanda Districts
Kigali Today on Facebook
Visit us on
kigali today on youtube kigali today on twitter kigali today on facebook
Kwamamaza
districts rwanda
Newsletter
Kigali Today Mobile