Gakenke: Impanuka y’imodoka yahitanye umwana w’imyaka itanu

Yanditswe ku itariki ya: 13-05-2012 - Saa: 10:38'
Ibitekerezo ( )

Umwana w’imyaka itanu y’amavuko witwa Dieudonne Mugiraneza yagonzwe n’imodoka ahita yitaba Imana tariki 11/05/2012 mu masaha y’igicamunsi mu murenge wa Gashenyi, akarere ka Gakenke.

Kabarondo: Abantu bataramenyekana bateye umuntu gerenade yitaba Imana

Yanditswe ku itariki ya: 13-05-2012 - Saa: 10:07'
Ibitekerezo ( )

Ndungutse Valens wo mu kagari ka Tabajwa mu murenge wa Kabarondo mu karere ka Kayonza yatewe gerenade n’abantu bataramenyekana mu ijoro rya tariki 12/05/2012 yitaba Imana.

Nyanza: Abagabo babiri barwanye bapfa umugore

Yanditswe ku itariki ya: 13-05-2012 - Saa: 09:57'
Ibitekerezo ( 3 )

Twahirwa Alikaab na Gasana Omar barwaniye mu mudugudu wa Akirabo mu kagali ka Kavumu mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza ku mugoroba wa tariki 11/05/2012 bapfa umugore w’umupfakazi binjiye bombi.

Burera: Yitwikiriye ijoro arangura Kanyanga ariko ntibyamuhira

Yanditswe ku itariki ya: 12-05-2012 - Saa: 13:52'
Ibitekerezo ( )

Umugabo witwa Athnase Nangwanuwe ukomoka mu karere ka Musanze, afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gahunga iherereye mu karere ka Burera, kubera gufatanwa ijerekani ya litoro 20 yuzuye Kanyanga.

Muri iki cyumweru Polisi yafashe imisongo 2.300 y’urumogi na litiro 1.280 z’inzoga z’inkorano

Yanditswe ku itariki ya: 12-05-2012 - Saa: 11:57'
Ibitekerezo ( )

Polisi y’igihugu yafashe ibiyobyabwenge bigizwe n’imisongo igera ku 2.300 y’urumogi na litiro 1.280 z’inzoga z’inkorano, mu mukwabo yakoze mu turere dutandukanye muri iki cyumweru dusoza.

Rulindo: Amazi yarituye umuhanda anasenya amazu 6

Yanditswe ku itariki ya: 11-05-2012 - Saa: 15:12'
Ibitekerezo ( 1 )

Amazi y’imvura yinjira mu butaka yangije umuhanda wa kaburimbo, amazu 6 ndetse n’imyaka y’abaturage mu murenge wa Bushoki akarere ka Rulindo, mu gihe kitarenze icyumweru kimwe.

Ibiza byahitanye abantu 4 mu karere ka Nyabihu

Yanditswe ku itariki ya: 10-05-2012 - Saa: 18:34'
Ibitekerezo ( )

Abagore babiri n’abana babiri bahitanywe n’inkangu yatewe n’imvura nyinshi yaguye mu ijoro ryo kuwa 09/05/2012 igeza mu masaha ya mu gitondo cyo kuwa 10/05/2012 mu murenge wa Jomba mu Karere ka Nyabihu.

Rubavu:Babiri baguye mu mpanuka y’imodoka itwara abagenzi

Yanditswe ku itariki ya: 10-05-2012 - Saa: 15:10'
Ibitekerezo ( 1 )

Imodoka itwara abagenzi yo mu bwoko bwa Hiace yabuze feri igonga igipangu cy’Ibitaro bikuru bya Gisenyi, abantu babiri bahita bitaba Imana abandi babiri barakomereka bikomeye mu gitondo cya tariki 10/05/2012.

Afunzwe azira kubura gitansi yishyurijeho amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza

Yanditswe ku itariki ya: 9-05-2012 - Saa: 18:57'
Ibitekerezo ( )

Gatete Fabien w’imyaka 30 afungiye kuri poste ya Polisi ya Nyamugari mu murenge wa Nyamugari, karere ka Kirehe azira kubura gitansi yakiyeho amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza.

Pages ... | 138 | 139 | 140 | 141 | 142 | 143 | 144 | 145 | 146 | ...
Inkuru zikunzwe cyane
1
2
3
4
5
Kwamamaza
rra banner
My District Today
Rwanda Districts
Kigali Today on Facebook
Visit us on
kigali today on youtube kigali today on twitter kigali today on facebook
Kwamamaza
districts rwanda
Newsletter
Kigali Today Mobile