Indwara y’uburenge yatumye imirenge itatu yo muri Nyabihu na Rubavu ishyirwa mu kato

Yanditswe ku itariki ya: 8-05-2013 - Saa: 11:42'
Ibitekerezo ( )

Nyuma y’aho mu murenge wa Mulinga mu karere ka Nyabihu, na Cyanzarwe na Busasamana mu karere ka Rubavu hagaragariye indwara y’uburenge ku nka, iyi mirenge yashyizwe mu kato.

Mu Rwanda nta virusi nshya y’ibiguruka irahagera, ariko aborozi barasabwa gukomeza kuyirinda

Yanditswe ku itariki ya: 22-04-2013 - Saa: 11:21'
Ibitekerezo ( )

Nyuma y’uko mu gihugu cy’Ubushinwa hagaragariye indi virusi nshya H7N9 y’ibicurane by’ibiguruka, ikigo gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi (RAB) cyamaze impungenge aborozi b’ibiguruka mu Rwanda bari batangiye gukeka ko iyo virusi yageze muri Uganda, aho bakura ibyangombwa bijyane n’ubworozi bwabo.

Gicumbi: Ibagiro ry’amatungo rizatahwa mu minsi mike

Yanditswe ku itariki ya: 17-04-2013 - Saa: 16:45'
Ibitekerezo ( )

Akarere ka Gicumbi kujuje inzu y’ibagiro ndetse ikazajya ivurirwamo amatungo yose. Iyi nzu yubatswe nyuma yuko iyari isanzweho yanenzwe kuba nto, kugira umwanda ndetse no kutuzuza ibyangombwa bisabwa ibagiro ry’amatungo.

Bugesera: Umurama w’amafi watewe mu biyaga urimo gutanga umusaruro

Yanditswe ku itariki ya: 2-04-2013 - Saa: 15:47'
Ibitekerezo ( )

Umurama w’abana b’amafi wateye mu biyaga by’akarere ka Bugesera urimo gutanga umusaruro kuko watumye uwabonekaga warazamutse cyane. Mu mwaka ushize wa 2012 hasaruwe toni 126.4 kandi hari ikizere ko uyu musaruro uziyongera kubera ingamba zafashwe.

Nyamagabe: Hari gutunganywa ibyuzi by’amafi bizahabwa abaturage mu rwego rwo kwiteza imbere

Yanditswe ku itariki ya: 29-03-2013 - Saa: 13:15'
Ibitekerezo ( )

Ku bufatanye na Koreya y’Epfo, mu karere ka Nyamagabe hari gutunganywa ibyuzi bizororerwamo amafi bikazegurirwa abaturage mu rwego rwo kubafasha gutera imbere no kuzamura imibereho yabo.

Nyagatare : Akato karadohowe ariko ingamba zo kurwanya uburenge zirakomeje

Yanditswe ku itariki ya: 17-03-2013 - Saa: 08:20'
Ibitekerezo ( )

Nyuma yo gukomorerwa ubucuruzi bw’inka, ikigo nyarwanda gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi (RAB) kirasaba abatuye akarere ka Nyagatare gukomeza ingamba zari ziriho zo gukumira indwara y’uburenge.

Gatsibo: Inka zirwaye zaragurishijwe ngo hakemurwe ikibazo cy’ubukene

Yanditswe ku itariki ya: 26-02-2013 - Saa: 13:54'
Ibitekerezo ( )

Akarere ka Gatsibo kafashe icyemezo cyo kugurisha inka 56 ziturutse mu miryango 36 kugira ngo abaturage babone ikibatunga ndetse banabone ubushobozi bwo gusubiza abana mu mashuri.

Kayonza: Abaturage ntibazongera gukenera kujya muri Parike y’Akagera gushaka amazi

Yanditswe ku itariki ya: 20-02-2013 - Saa: 16:45'
Ibitekerezo ( )

Ubuyobozi bwa Parike y’Akagera buratangaza ko ikibazo cy’amazi cyakemutse ku baturage bajyaga muri Parike y’Akagera gushaka amazi yo gukoresha no kuhira inka zabo.

Aborozi bororera muri Gishwati barasabwa kwitabira gukingiza indwara y’ubutaka

Yanditswe ku itariki ya: 15-02-2013 - Saa: 14:16'
Ibitekerezo ( )

Bitewe n’ubukana bw’indwara y’ubutaka ku nka, mu karere ka Nyabihu bihaye gahunda yo gukingira iyi ndwara buri mwaka naho muri Gishwati by’umwihariko bikaba bikorwa 2 mu mwaka nk’uko ushinzwe ubworozi mu karere ka Nyabihu Shingiro Eugene abivuga.

Pages 1 | 2 | 3 | 4
Inkuru zikunzwe cyane
1
2
3
4
5
My District Today
Rwanda Districts
Kigali Today on Facebook
Visit us on
kigali today on youtube kigali today on twitter kigali today on facebook
Kwamamaza
districts rwanda
Newsletter
Kigali Today Mobile