Nyamagabe: Abajyanama b’ubuzima barasaba gufashwa kwiga imishinga ibyara inyungu

Yanditswe ku itariki ya: 30-11-2012 - Saa: 11:08'
Ibitekerezo ( )

Amakoperative y’abajyanama b’ubuzima mu karere ka Nyamagabe arasaba gufashwa kwiga imishinga yabyara inyungu kugira ngo amafaranga bagenerwa abashe kunguka bityo abafashe gutera imbere.

Muhanga: Batashye inyubako y’umurenge Sacco wa Kiyumba yatwaye miliyoni 25

Yanditswe ku itariki ya: 24-11-2012 - Saa: 10:51'
Ibitekerezo ( )

Abatuye umurenge wa Kiyumba biyubakiye inzu y’izajya ikoreramo umurenge Sacco yawo, iyi yarubatswe ku mafaranga yari avuye ahanini mu banyamuryango bayo, aho buri munyamuryango yatangaga amafaranga ibihumbi bine kugira ngo yubakwe.

Ngoma: Umusaza n’umukecuru bashimiwe ko bakorana neza n’umurenge SACCO

Yanditswe ku itariki ya: 19-11-2012 - Saa: 13:12'
Ibitekerezo ( )

Kabananiye Staton na Barukinaho Saidath bakomoka mu murenge wa Kazo, bahawe igihembo n’ubuyobozi bw’akarere ko bakorana neza n’umurenge SACCO wa Kazo mu karere ka Ngoma.

Kenya: Western Union na Ecobank zatangije uburyo bushya bwo guhererekanya amafaranga kuri internet

Yanditswe ku itariki ya: 16-11-2012 - Saa: 08:46'
Ibitekerezo ( )

Western Union, isosiyete kabuhariwe mu guhererekanya amafaranga na Ecobank byatangije uburyo bushya bwo guhererekanya amafaranga kuri internet hakoreshejwe konti zo muri banki Internet Account Based Money Transfer (ABMT).

Rusizi: BCR irahakana ko itigeze ihagarika gutanga inguzanyo

Yanditswe ku itariki ya: 16-11-2012 - Saa: 08:41'
Ibitekerezo ( )

Umuyobozi wa banki y’ubucuruzi y’u Rwanda (BCR) ishami rya Rusizi, Kayiranga Kanimba Evariste, aratangaza ko iyi banki itanga inguzanyo nk’uko bisanzwe, ndetse ko yazanye ubundi buryo bwo kwiteganyiriza wunguka , no guteganyiriza abana amashuri.

Urubyiruko 240 rwahawe impamyabumenyi mu kwihangira imirimo

Yanditswe ku itariki ya: 15-11-2012 - Saa: 09:10'
Ibitekerezo ( )

Abasore n’inkumi 240 bo mu mirenge yose igize akarere ka Musanze, tariki 14/11/2012, basoje amahugurwa bamazemo amezi atatu bahugurwa ku guhindura imyumvire hagamijwe kumenya kwihangira imirimo.

Mu Rwanda habarurwa Banki z’ubucuruzi n’ibigo by’imari biciriritse bigera kuri 500

Yanditswe ku itariki ya: 10-11-2012 - Saa: 08:15'
Ibitekerezo ( )

Banki Nkuru y’Igihugu (BNR), iratangaza ko mu Rwanda amabanki y’ubucuruzi n’ibigo by’imari biciriritse bihakorera bigera kuri 500, kandi bihagaze neza nta kibazo bifite, mu gihe ku isi hakomeje kuvugwa ibibazo by’ubukungu.

Zigama CSS irashaka ko kwizigamira biba umuco

Yanditswe ku itariki ya: 6-11-2012 - Saa: 17:07'
Ibitekerezo ( 3 )

Gukuraho umuco wo kumva ko kwizigamira ari iby’abafite amafaranga menshi, kongera umutungo no kongera amafaranga azigamwa n’abanyamuryango ni zimwe mu ngamba zafatiwe mu nama rusange ya Zigama CSS yateranye kuri uyu wa 06/11/2012.

SACCO iri mu byafashije Abanyarwanda kumenya akamaro ko kwizigamira

Yanditswe ku itariki ya: 29-10-2012 - Saa: 11:48'
Ibitekerezo ( )

Ministeri y’Imari na Banki Nkuru y’Igihugu (BNR), biratangaza ko umubare w’Abanyarwanda bagana inzego z’amabanki n’ibigo by’imari iciriritse umaze kugera kuri 42% ,mu gihe imibare igaragaza ko uyu mubare wanganaga na 21% mu gihe gishize.

Pages 1 | 2 | 3 | 4 | 5 | 6 | 7 | 8 | 9
Inkuru zikunzwe cyane
1
2
3
4
5
Kwamamaza
rra banner
My District Today
Rwanda Districts
Kigali Today on Facebook
Visit us on
kigali today on youtube kigali today on twitter kigali today on facebook
Kwamamaza
districts rwanda
Newsletter
Kigali Today Mobile