Yaretse kubumba inkono yinjira mu bukorikori none atunze urugo rw’abantu barindwi

Yanditswe ku itariki ya: 3-06-2013 - Saa: 21:29'
Ibitekerezo ( )

Chantal Mukankwanga w’imyaka 36, yaretse akazi yakoraga ko kubumba inkono ahitamo guhindura akajya mu bukorikori bwo kubumba amavaze agezweho, none asigaye atunze urugo rwe akabasha no kwishyurira abana be amashuri.

Gatsibo: Abanyabukorikori batanu bazahagararira abandi bamenyekanye

Yanditswe ku itariki ya: 1-06-2013 - Saa: 15:31'
Ibitekerezo ( )

Abazahagararira akarere ka Gatsibo mu marushanwa y’ubukorikori yateguwe na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) bamenyekanye. Aya marushanwa azitabirwa n’abahagarariye kuva nzego z’ibanze kugeza ku rwego rw’Igihugu.

Burera: Inzu y’ubucuruzi izubakwa ku mupaka wa Cyanika izatwara Miliyari enye

Yanditswe ku itariki ya: 1-06-2013 - Saa: 15:08'
Ibitekerezo ( )

Umuyobozi w’akarere ka Burera atangaza ko inzu y’ubucuruzi igiye kubakwa ku mupaka ugabanya u Rwanda na Uganda, uri mu Cyanika, izuzura itwaye amafaranga y’u Rwanda Miliyari enye.

Burera: Abikorera 57 biyemeje kujya mu Itsinda ry’Indashyikirwa

Yanditswe ku itariki ya: 31-05-2013 - Saa: 10:44'
Ibitekerezo ( 1 )

Abagize urugaga rw’abikorera (PSF), mu karere ka Burera, bagera kuri 57, mu basaga 100 bari bitabiriye, nibo biyemeje kujya mu Itsinda ry’Abikorera b’Indashyikirwa, rigamije guteza imbere ubucuruzi mu Rwanda.

Nyamasheke: Imurikagurisha ryategurwaga kuba kuwa 31/05/2013 ryasubitswe

Yanditswe ku itariki ya: 30-05-2013 - Saa: 17:25'
Ibitekerezo ( )

Imurikagurisha ryari kuba mu karere ka Nyamasheke kuva tariki ya 31/05/2013 kugeza ku ya 06/06/2013 ryasubitswe, nk’uko byemezwa n’ubuyobozi bw’Urugaga rw’Abikorera mu karere ka Nyamasheke ndetse n’ubuyobozi bw’aka karere.

Gutora Indashyikirwa mu rugaga rw’abikorera bizatangirira mu majyaruguru

Yanditswe ku itariki ya: 29-05-2013 - Saa: 11:01'
Ibitekerezo ( 1 )

Itsinda ry’Indashyikirwa mu bacuruzi bagize Urugaga rw’Abikorera (PSF), rigamije gufasha ibiganiro hagati y’inzego za Leta n’abikorera n’abandi bafatanyabikorwa, rizafungurirwa ku mugaragaro mu karere ka Burera, mu ntara y’Amajyaruguru tariki 30/05/2013.

“Guhagarara k’uruganda rw’isukari rwa Kabuye ni ibisanzwe”- Minisitiri Kanimba

Yanditswe ku itariki ya: 28-05-2013 - Saa: 10:08'
Ibitekerezo ( 3 )

Ministiri w’ubucuruzi n’inganda, Francois Kanimba, yavuze ko kuba uruganda rw’isukari rwa Kabuye rwarahagaritse imirimo yarwo kuva itumba ry’uyu mwaka ritangiye, bisanzweho kubera imyuzure no koza amamashini, kandi ngo nta ngaruka z’ibura ry’isukari kuko ubusanzwe urwo ruganda rutanga umusaruro utarengeje 20%.

Ibigo biciriritse bigiye gutoranywamo 100, bizahemberwa kuzamuka mu bucuruzi

Yanditswe ku itariki ya: 23-05-2013 - Saa: 08:56'
Ibitekerezo ( 4 )

Ku nshuro ya kabiri mu Rwanda, ikigo cy’iterambere RDB ku bufatanye na sosiyete y’Abanyakenya ‘Nation Media Group (NMG)’, bagiye gutoranya ibigo biciriritse 100 by’abikorera byagaragaje kuzamuka mu bukungu by’ibyo bikora kurusha ibindi.

Rusizi: Abacuruzi b’ibiribwa babangamiwe n’umwanda uva ku bicuruzwa bya bagenzi babo

Yanditswe ku itariki ya: 20-05-2013 - Saa: 16:10'
Ibitekerezo ( )

Abacuruzi bacuruza ibiribwa bibumbiye muri koperative TWUNGANE mu mujyi wa Rusizi baratangaza ko babangamiwe n’abagenzi babo bacuruza ibirayi byaboze kuko bizamura umwuka mubi bigatuma bakora batisanzuye ndetse n’abaguzi bakaba bake kuko baba bahunga umwuka mubi uva muri ibyo birayi.

Pages 1 | 2 | 3 | 4 | 5 | 6 | 7 | 8 | 9 | ...
Inkuru zikunzwe cyane
1
2
3
4
5
Kwamamaza
rra banner
My District Today
Rwanda Districts
Kigali Today on Facebook
Visit us on
kigali today on youtube kigali today on twitter kigali today on facebook
Kwamamaza
districts rwanda
Newsletter
Kigali Today Mobile