Nyamagabe: Barasabwa kuzabyaza umusaruro uruganda rutunganya imitobe rugiye kubakwa iwabo

Yanditswe ku itariki ya: 21-01-2013 - Saa: 11:28'
Ibitekerezo ( )

Abaturage b’umurenge wa Musange by’umwihariko urubyiruko barasabwa kuzabyaza umusaruro uruganda ruzatunganya umutobe w’inanasi n’ibitoki ruzubakwa n’urubyiruko muri uyu murenge wa Musange mu kagari ka Masizi.

Rusizi: Amabanki amaze kwegera abaturage

Yanditswe ku itariki ya: 16-01-2013 - Saa: 16:56'
Ibitekerezo ( )

Abaturage bo mu karere ka Rusizi bemeza ko urwego rw’amabanki rumaze gutera imbere ndetse abaturage benshi basigaye bashobora gukorana nayo bitandukanye na mbere aho wasangaga amabanki aganwa n’abakire gusa.

Uruganda rwa Pembe rurasabwa kugura ingano z’abaturage ba Gicumbi

Yanditswe ku itariki ya: 16-01-2013 - Saa: 09:05'
Ibitekerezo ( )

Guverineri w’intara y’Amajyaruguru, Bosinibamwe Aimé, arasaba uruganda rwa Pembe rutunganya ingano mu karere ka Gicumbi kujya rugurira ingano abahinzi bo muri ako karere kuko batabona aho bagurisha umusaruro wabo.

MINICOM mu rugamba rwo kuzamura umusaruro w’ingano mu Rwanda

Yanditswe ku itariki ya: 10-01-2013 - Saa: 09:27'
Ibitekerezo ( )

Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda (MINICOM) irashishikariza abahinzi b’ingano mu karere ka Burera, ndetse no mu Rwanda muri rusange, guhinga ingano nyinshi kandi nziza kugira ngo amafaranga yaguraga ingano hanze y’u Rwanda, ajye aguma muri abo bahinzi.

Kabarore: Indimi z’amahanga zibangamiye bamwe mu bacuruzi

Yanditswe ku itariki ya: 8-01-2013 - Saa: 18:12'
Ibitekerezo ( )

Abacuruzi bo mu Mirenge ya Kabarore na Kiramuruzi mu karere ka Gatsibo, bavuga ko kutamenya Icyongereza n’Igiswahili zikunze gukoreshwa mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), ari imbogamizi zibakomereye cyane.

Gatsibo: Indwara y’uburenge yagize ingaruka ku itangira ry’amashuri

Yanditswe ku itariki ya: 7-01-2013 - Saa: 15:43'
Ibitekerezo ( )

Ababyeyi bo mu karere ka Gatsibo bavuga ko batorohewe no gusubiza abana mu mashuri kubera uburenge bwagaragaye muri iyi ntara, cyane cyane mu turere twa Gatsibo, Kayonza na Nyagatare bigatuma amasoko y’amatungo ahagarara.

Rutsiro: Yiyemeje gucuruza isambaza ngo atunge umuryango umugabo yamusigiye

Yanditswe ku itariki ya: 5-01-2013 - Saa: 12:49'
Ibitekerezo ( )

Nyuma y’uko umugabo we yinjiye undi mugore akamusigira abana bane babyaranye, Ayinkamiye Clementine utuye mu kagari ka Ruhingo, umurenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro avuga ko yanze gusabiriza no kwandagara ahubwo yiyemeza guhinga no gucuruza isambaza kugira ngo abone ikimutunga.

Kamonyi: Umuco nyarwanda ni kimwe mu bibangamira itangwa rya serivisi

Yanditswe ku itariki ya: 5-01-2013 - Saa: 12:15'
Ibitekerezo ( )

Umuyobozi w’akarere ka Kamonyi, Rutsinga Jacques, aravuga ko kuba mu Rwanda serivisi zidatangwa neza uko byakagombye biterwa n’uko mu muco nyarwanda abantu badatozwa uwo muco kuva cyera.

Mugera: Barifuza kubakirwa isoko rijyanye n’igihe

Yanditswe ku itariki ya: 4-01-2013 - Saa: 10:06'
Ibitekerezo ( )

Abakorera mu isoko riremera mu Kagari ka Mugera, Umurenge wa Gatsibo mu Karere ka Gatsibo, baratangaza ko gukorera mu isoko ritubakiye bibabangamiye bagasaba inzego zibishinzwe kububakira isoko rijyanye n’igihe.

Pages ... | 4 | 5 | 6 | 7 | 8 | 9 | 10 | 11 | 12 | ...
Inkuru zikunzwe cyane
1
2
3
4
5
My District Today
Rwanda Districts
Kigali Today on Facebook
Visit us on
kigali today on youtube kigali today on twitter kigali today on facebook
Kwamamaza
districts rwanda
Newsletter
Kigali Today Mobile