Amakuru aturuka mu buyobozi bw’akarere ka Burera atangaza ko ku mupaka ugabanya u Rwanda na Uganda, uri mu Cyanika, mu karere ka Burera, hagiye kubakwa isoko mpuzamahanga.
Abaturage icyenda bo mu murenge wa Bugarama ku karere ka Rusizi barinubira kuba batishyurwa amafaranga yabo nyuma y’uko babujijwe kugeza ikibazo cyabo kuri Perezida Kagame bizezwa ko bazahembwa vuba.
Abacuruzi b’umucanga bakorera ahitwa kuri Depo mu karere ka Rusizi bavuga ko batishimiye gusoreshwa badakora nyuma yo gufungirwa bagasabwa kujya gukorera ku cyambu cya Busekanka.