Imirwano hagati y’Ingabo za Kongo na FDLR yahitanye abantu 9 abandi 6 barakomereka

Yanditswe ku itariki ya: 3-07-2012 - Saa: 08:59'
Ibitekerezo ( )

Abasirikare batandatu ba Kongo n’abarwanyi batatu ba FDLR baguye mu mirwano hagati y’Ingabo za Kongo (FARDC) n’inyeshyamba za FDLR, abandi batandatu barakomereka mu ijoro rishyira tariki 01/07/2012 muri Kivu y’Amajyaruguru.

MONUSCO yongerewe igihe cyo kuguma muri Congo

Yanditswe ku itariki ya: 28-06-2012 - Saa: 10:27'
Ibitekerezo ( )

Nubwo ibikorwa byazo bikomeje gukemangwa, ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zishinzwe kubungabunga amahoro muri Congo (MONUSCO) zongerewe indi manda y’umwaka umwe.

Leta zunze ubumwe za Amerika zatangaje imigambi zifite mu kubyaza umusaruro Afurika

Yanditswe ku itariki ya: 16-06-2012 - Saa: 16:27'
Ibitekerezo ( )

Abayobozi bakuru ba Leta zunze ubumwe za Amerika baravuga ko bagiye guteza imbere ibikorwa byabo ku mugabane wa Afurika, muri iki gihe isi yugarijwe n’ikibazo cy’ubukungu, kuko uyu mugabane ariwo usigaranye amakiriro.

Perezida wa Mali yakomerekejwe n’abigaragambya

Yanditswe ku itariki ya: 22-05-2012 - Saa: 11:45'
Ibitekerezo ( 2 )

Perezida Dioncounda Traoré uyoboye igihugu cya Mali mu nzibacyuho, kuri uyu wa mbere tariki 21/05/2012, yakubiswe n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe batishimiye ko ayobora.

Perezida Joseph Kabila yashyizeho Minisitiri w’Intebe

Yanditswe ku itariki ya: 19-04-2012 - Saa: 15:44'
Ibitekerezo ( )

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC), Joseph Kabila, kuwa gatatu tariki 18/04/2012, yashyizeho Minisitiri w’intebe witwa Augustin Matata Ponyo Mapon wari minisitiri w’imari muri Guverinoma icyuye igihe.

Perezida wa Malawi yitabye Imana

Yanditswe ku itariki ya: 6-04-2012 - Saa: 11:08'
Ibitekerezo ( )

Bingu wa Mutharika wari perezida wa Malawi yitabye Imana tariki 05/04/2012, azize indwara y’umutima; nk’uko byemezwa n’ubuyobozi bw’iki gihugu.

Sénégal : Minisitiri w’Intebe yashyizeho Guverinoma

Yanditswe ku itariki ya: 5-04-2012 - Saa: 15:20'
Ibitekerezo ( )

Nyuma y’umunsi gusa Abdoul Mbaye agizwe Minisitiri w’Intebe wa Sénégal, tariki 04/04/2012 yahise atangaza amazina y’abaminisitiri 25 bagize Guverinoma bazakorana. Guverinoma icyuye igiye yari igizwe n’abaminisitiri bagera kuri 41 n’abanyamabanga ba Leta 14.

UN irashinja Kongo guhohotera abantu mu gihe cy’amatora

Yanditswe ku itariki ya: 21-03-2012 - Saa: 09:30'
Ibitekerezo ( )

Raporo y’umuryango w’abibumbye (UN) yasohotse tariki 20/03/2012 irashinja inzego z’umutekano z’igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo kwica no gufunga abantu bitubahirije amategeko mu gihe cy’amatora ya Perezida yabaye mu mpera z’umwaka wa 2011.

Thomas Lubanga yahamwe n’icyaha cyo kwinjiza abana mu gisirikare

Yanditswe ku itariki ya: 15-03-2012 - Saa: 10:56'
Ibitekerezo ( )

Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga, tariki 14/03/2012, rwahamije Thomas Lubanga icyaha cyo kwinjiza abana bari munsi y’imyaka 15 mu gisirikare hagati y’umwaka wa 2002 na 2003.

Pages ... | 6 | 7 | 8 | 9 | 10 | 11 | 12 | 13 | 14 | 15
Inkuru zikunzwe cyane
1
2
3
4
5
My District Today
Rwanda Districts
Kigali Today on Facebook
Visit us on
kigali today on youtube kigali today on twitter kigali today on facebook
Kwamamaza
districts rwanda
Newsletter
Kigali Today Mobile